Umugore ukekwaho koherereza Perezida Trump ibaruwa irimo uburozi yafashwe

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bwo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwatangaje ko kuri uyu wa 20 Nzeri 2020 bwataye muri yombi umugore wajyaniye Perezida Trump ibaruwa irimo uburozi.

Uyu mugore utangarijwe amazina yafatanwe imbunda i New York muri USA, avuye muri Canada.

Umuyobozi ushinzwe uburinzi bw’umupaka na gasutamo, Aaron Bowker yabwiye ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ati: “Ndahamya ko yafatiwe kuri Peace Bridge, Buffalo muri New York.”

Mu cyumweru gishize ni bwo uyu mugore yajyaniye Perezida Trump iyi baruwa yarimo uburozi bwa ‘ricin’ buhagarika imikorere ya zimwe mu ngingo z’umubiri.

Iyi baruwa byaketswe ko yoherejwe iturutse muri Canada, yatahuwemo ubu burozi itaragera kuri Trump, inkuru iza kugera mu bitangazamakuru ku wa 19 Nzeri 2020.

Biteganyijwe ko uyu mugore agezwa imbere y’urukiko uyu munsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *