Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko atasengera abarwaye Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Icyamamare mu bahanuzi muri Nigeria, Temitope Balogun Joshua uzwi ku izina ry’impine nka TB Joshua yasobanuye impamvu adasengera abantu banduye indwara y’icyorezo ya Coronavirus (Covid-19) Isi.

Ni kimwe mu bisubizo uyu muhanuzi yasubije mu kiganiro yagiriye kuri Emmanuel TV tariki ya 5 Mata cyagiye ahagaragara ejo tariki ya 20 Mata 2020.

TB Joshua yasabwe kugira icyo avuga kuri iki cyorezo n’impamvu abakozi b’Imana [na we arimo] badasengera abarwayi ba Covid-19. Yasubije ati: “Coronavirus ni ikibazo kireba za guverinoma. Ibya Kayisari tugomba kubimurekera, ni rwo ruhande abakozi b’Imana bakwiriye guhagararamo.”

Akomeza avuga ko iki cyorezo cyaje bitewe n’amakosa yabaye mu ikoranabuhanga rihambaye mu bushakashatsi, rikaba ryarateye impfu nyinshi z’inzirakarengane; ibintu avuga ko yahanuye mbere.

Ikibazo gikomeye TB Joshua avuga ko kirusha ubukana Covid-19 ari uguhangayika kw’abantu, kwatumye abantu bifungirana mu nzu zabo, aho kugira ngo bakomeze ibikorwa bizamura ubukungu.

Avuga ko hari icyo abakuru b’ibihugu bakwiriye gukora muri iki gihe, mu butumwa yageneye Isi. Ati: “Abaperezida b’ibihugu bakwiriye kuzahura ubukungu bwabo. Uko tuzakomeza gukererwa gukomeza ibikorwa nzahurabukungu, ibintu bizarushaho kuba bibi.”

Uko iki cyorezo cyaje ni ko kizasubirayo

Aya ni amagambo TB Joshua amaze igihe kinini asubiramo. Ubwa mbere yavugaga ko iki cyorezo nta muti ushobora kukivura uzaboneka ariko bitavuze ko kizaguma ku Isi, ahubwo kizasubirayo ntawe ubigizemo uruhare.

Yigeze gutanga icyizere ko ubwo iki cyorezo cyakenderaga mu Bushinwa (aho cyaturutse) ari ikimenyetso kigaragaza ko kiri kuva ku Isi, ahandi cyagaragaraga nko mu Butaliyani, ari nk’udusigisigi twasigaye. Icyo gihe yavuze ko kitazarenza tariki ya 27 Werurwe kitaragenda ariko nyuma yisobanura avuga ko yabivuze mu buryo bw’umwuka.

Kuva iki cyorezo cyagaragara mu Bushinwa mu mpera za 2019, kimaze kwica abarenga 171,000 ku Isi yose. Ibihugu bitandukanye byafashe ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo, ari nako abahanga bakomeje gukora ubushakashatsi ngo barebe niba babona umuti cyangwa se urukingo ariko kugeza ubu ntabwo biraboneka.

Bitewe n’imyemerere itandukanye irimo n’iy’amadini, hari abafata iki cyorezo nk’igihano ku batuye Isi ku buryo abasenga barimo abahanuzi ntacyo bagikoraho, cyane ko bose basabwe kuguma mu ngo nk’abandi baturage. Igitekerejwe ni umuti, urukingo cyangwa se ubushake bw’Imana yagishyiraho iherezo nk’uko bivugwa.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko atasengera abarwaye Covid-19
    Nyine tuge tumenya ko izi ngirwa “bakozi b’Imana” baba babeshya,bagamije kurya amafaranga y’abantu gusa.Niba se koko asengera abantu bagakira indwara,kuki atakiza abarwaye Covid 19? YESU n’Abigishwa be,barazaga bagakiza abarwayi bose kandi benshi.
    Urugero,intumwa Philipo ageze mu mujyi wa Samariya,yakijije “abamugaye benshi”,umujyi wose urishima.Bisome muli Ibyakozwe 8:7,8.Imana idusaba “gushishoza”,aho gupfa kwemera abiyita abakozi b’Imana bose.Ndetse idusaba gusohoka mu madini yabo,kugirango tutazarimbukana nabo ku munsi wa nyuma.

  2. Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko atasengera abarwaye Covid-19
    Nyine tuge tumenya ko izi ngirwa “bakozi b’Imana” baba babeshya,bagamije kurya amafaranga y’abantu gusa.Niba se koko asengera abantu bagakira indwara,kuki atakiza abarwaye Covid 19? YESU n’Abigishwa be,barazaga bagakiza abarwayi bose kandi benshi.
    Urugero,intumwa Philipo ageze mu mujyi wa Samariya,yakijije “abamugaye benshi”,umujyi wose urishima.Bisome muli Ibyakozwe 8:7,8.Imana idusaba “gushishoza”,aho gupfa kwemera abiyita abakozi b’Imana bose.Ndetse idusaba gusohoka mu madini yabo,kugirango tutazarimbukana nabo ku munsi wa nyuma.

  3. Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko atasengera abarwaye Covid-19
    Mbega ikimwaro ngontabwo yasengera abarwaye covid19. nuko ari umutekamutwe nubwoba yagize niyibeshese avemurugo arebeko ita muraba ivu akaba nkawawundi wo usa yihandagaje ngo imana ye ifite inguvu kurusha covid19 irangije iramuhitana maze ikimwaro gitaha mwirimbi

  4. Umuhanuzi TB Joshua yavuze ko atasengera abarwaye Covid-19
    Mbega ikimwaro ngontabwo yasengera abarwaye covid19. nuko ari umutekamutwe nubwoba yagize niyibeshese avemurugo arebeko ita muraba ivu akaba nkawawundi wo usa yihandagaje ngo imana ye ifite inguvu kurusha covid19 irangije iramuhitana maze ikimwaro gitaha mwirimbi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *