Umujura w’inyama yaciriye umupolisi mu maso arangije yiyamira avuga ko afite Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Umujura witwa Oliver Cook washakaga kwiba inyama mu gace ka Whitstable muri Kent ho mu Bwongereza ku cyumweru yaciriye umupolisi w’umwofisiye amubwira ko yanduye Coronavirus mu buryo bwo kumutera ubwoba.

Byabaye ubwo uyu mupolisi yagerageza guta muri yombi Cook hanze y’iguriro (Super Market) muri aka gace ka Whitstable, aho yageragezaga kwiba izi nyama.

Umwofisiye yafashe Cook, amuryamisha hasi kubera ko yashakaga kumucika, umujura atangira kumucira mu maso agira ati : « Mvaho, mfite Corona. » Aya magambo yayasubiyemo kenshi agerageza uburyo yakwigobotora uyu mupolisi, camera z’aho nazo zifata amashusho.

Cook yatawe muri yombi, kuri uyu wa 31 Werurwe 2020 ajyanwa imbere y’urukiko rwa Catham, aho yahanishijwe igifungo cy’iminsi 120 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri : Guhohotera umukozi ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi ndetse n’ubujura.

Muri iki gihe u Bwongereza n’Isi muri rusange bihangayikishijwe na Coronavirus, hari abaturage bahohotera ab’inzego z’umutekano cyane cyane abapolisi, bajya kubafata bakitwaza ko barwaye iki cyorezo kugira babatinye.

Ikibazo cya Oliver Cook gikurikiranye n’undi utuye muri Dorset na none mu cyumweru gishize wanze ko polisi imuta muri yombi, akangisha kwitsamura kugira ngo agire ngo ni umurwayi wa Coronavirus.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *