gzhibilxyaa8zeb-c49d1

Umunyamakuru Paul Rutikanga yarongoye

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru wa Televiziyo y’u Rwanda, Paul Rutikanga, yashyingiranywe n’umukunzi we Uwera Caroline mu birori byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama 2025.

Mbere y’ibyo birori, bombi bari bamaze gusezerana imbere y’amategeko ku wa 26 Kanama 2025. Ni nyuma y’uko muri Gicurasi uyu mwaka, Rutikanga yari yambitse impeta Uwera amusaba kumubera umugore, akabimwemerera.

Ubukwe bwabo bwitabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’abanyamakuru bakorana na Rutikanga muri RBA.

Rutikanga azwi cyane kuri Televiziyo y’Igihugu mu gusoma amakuru mu Kinyarwanda, cyane cyane aya nimugoroba. Mbere y’uko ajya muri RBA mu 2017, yakoze kuri Cloud TV ndetse na TV10. Ku wa 5 Ugushyingo 2024, yagizwe Umuyobozi ushinzwe Imikoranire n’Abafatanyabikorwa muri RBA.

Mu bashyigikiye aba bombi mu birori byabo harimo Ingabire Egidie Bibio, Fils, Gloria Mukamabano na Ruziha Ema Masatura, n’abandi banyamakuru b’inshuti zabo.

whatsapp image 2025 08 29 at 16 53 59 a0efa089 f5db5 whatsapp image 2025 08 29 at 16.53 59 b0f92ff1 9896c whatsapp image 2025 08 29 at 16.54 00 f4f4d597 abbc8 whatsapp image 2025 08 29 at 16.53 59 a0efa089 47dc9 whatsapp image 2025 08 29 at 16.54 00 7edb2e72 223efgzhibiixuaay 6w 46f9a gzhibh xcaeeyx2 8ac28 gzhibilxyaa8zeb c49d1 gzhibh xcaeeyx2 5b6e4

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *