Umunyarwanda ‘Karadiyo’ yabaye uwa 3 mu gace ka 5 ka Tour du Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwanda Manizabayo Eric bita ‘Karadiyo’ yabaye uwa gatatu mu gace ka gatanu ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Kane.

Abasiganwa bavaga mu mujyi wa Muhanga berekeza i Musanze, mu rugendo rw’Ibirometero 129.9.

Umufaransa Geniez Alexandre usanzwe akinira Ikipe ya Total Energie y’iwabo ni we wegukanye aka gace, akoresheje amasaha atatu, iminota 12 n’amasegonda 14.

Yarushaga amasegonda 19 Umunyarwanda Manizabayo Eric wa Benediction Ignite wageze i Musanze ari uwa gatatu, arushwa amasegonda 16 na Rolland Pierre wa B&B Hotels wabaye uwa kabiri.

Abandi Banyarwanda baje hafi ni Muhoza Eric wabaye uwa 13 na Mugisha Moise wamukurikiye barushijwe amasegonda 20 na Geniez.

Aka gace kasize Umunya-Espagne Madrazo Luiz Angel ari we ufashe umwambaro w’umuhondo, gusa akaba anganya ibihe n’umunya-Eritrea Tesfazinon Natanael umukurikiye.

Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ni Muhoza Eric wa Team Rwanda uri ku mwanya wa munani, akaba arushwa n’uwa mbere umunota umwe n’amasegonda 36.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *