Umunyarwanda yapfiriye i Kabale urutavugwaho rumwe

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwanda witwa Paul Bangirana w’imyaka 47 yasanzwe mu gace ka Bugarama Parish muri Buhara mu Karere ka Kabale yapfuye, bikavugwa ko yazize Kanyanga yanyoye ikamuhitana.

Hari amakuru ataremezwa n’urwego bireba avuga ko Bangirana yatwawe n’abantu bataramenyekana, bamujyana ahatazwi, agenda avuza induru. Nyuma y’amasaha, haboneka umurambo we.

Ikinyamakuru Watchdoguganda kivuga ko ” Bangirana yinjiye muri Uganda, anywa Kanyanga (Waragi) iramuhitana.” Iby’aya makuru nabyo si ibitangazwa na raporo ya muganga wemewe.

BWIZA yitegereje ibivugwa mu binyamakuru byo muri Uganda n’ikindi cyitwa Virunga Post, isanga hari inkuru zivuga bihabanye ku rupfu rwa Barangirana. Ibi byumvikanisha ko rutavugwaho rumwe.

Gusa nanone ibi ntibikuraho ko Bangirana yapfuye, akaba Umunyarwanda wa kane uguye ku butaka bwa Uganda mu gihe kitarenze amezi abiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *