Umupolisi yasabye ko atera akabariro umugore wari ugize impanuka

Sangiza iyi nkuru

Umupolisi ukora mu ishami rishinzwe umutekano mu muhanda mu gace ka Kilimandjaro, Peter Albert Moshi aravugwaho gusaba kuryamana na nyina w’umwana wari umaze kugongwa na moto kugira ngo asoze iperereza.

Uyu mupolisi yatse umugore ruswa y’igitsina nyuma y’uko umwana we agonzwe, akavunika ukuboko.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe umutekano mu muhanda mu gace ka Kilimandjaro, Frida Wikesi avuga ko uyu mupolisi ubu yafashwe kuwa 6 Mutarama 2021 ubwo yari asanzwe mu nzu zicumbikira abagenzi ahitwa Soweto mu Mujyi wa Moshi.

Uyu mupolisi yabikoze atinza raporo ku kibazo cy’uyu mugore, kugezwa ubwo yitabaje abandi bapolisi ari nabo bagushije mu mutego mugenzi wabo, ahita afatwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *