Umuryango utekanye, ni ufite imibereho myiza muri rusange- Madamu Jeannette Kagame

Sangiza iyi nkuru

Madamu Jeannette Kagame avuga ko umuryango utekanye ari ufite imibereho myiza muri rusange kandi abawugize bakaba bazi neza ko u Rwanda ruhera muri bo.

Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’umurenge wa Kagano, mu Karere ka Nyamasheke, Intara y’Iburengerazuba, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Werurwe 2019, mu biroro byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, Madamu Jeannette Kagame yabibukije ko Umuryango ariwo shingiro ry’igihugu.

Agendeye ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Dufatane Urunana, Twubake Umuryango Utekanye”, Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Iyo tuvuga umuryango utekanye, si ukuvuga gusa umuryango utuye ahatari intambara cyangwa amakimbirane. Umuryango utekanye, ni ufite imibereho myiza muri rusange. Ni umuryango wateguwe, kandi nawo ukaba wariteguye kubana neza. Ni umuryango, abawugize basobanukiwe ko u Rwanda ruhera mbere na mbere muri bo.

Yakomeje avuga ko ari umuryango usobanukiwe ko ‘Umwana ari ishema ry’Umuryango’. Bityo ugafata icyemezo cyo kubyara abo ushoboye kurera n’igihugu gishoboye kwitaho. Bakarindwa kugwingira, bakaba abana batekanye, bakura neza maze bakarangwa n’ubumenyi, kuko twabubahaye nk’umuryango! Nk’uko mubizi “Ntawe usarura aho atabibye”.

Umufasha wa Perezida wa Repubulika kandi yavuze ko umuryango utekanye ari usobanukiwe akamaro ko guha abana b’abahungu n’abakobwa amahirwe angana; ugaha agaciro ibiganiro hagati y’abawugize, haba mu bijyanye n’ubukungu, imibereho myiza ndetse n’ibindi byemezo. Ndizera ko ntawe utifuza umuryango nk’uyu.

Yabibukije ko gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda  y’imyaka irindwi, ifite intego yo “Kugira Umunyarwanda ushoboye, ufite ubumenyi, ubuzima bwiza, kandi  ubayeho neza mu muryango utekanye”. Akabibutsa ko nabo bafite uruhare rukomeye mu kubaka uyu Munyarwanda.

Nk’uko kandi yagiye abigarukaho cyane ko Umuryango ariwo shingiro ry’igihugu. Yabwiye abatuye aka karere ka Nyamasheke ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange ko bafite inshingano zo kuwuherekeza,  mu cyerekezo u Rwanda rwihaye cyo kubaka Umunyarwanda ushoboye, ubayeho neza kandi utekanye.

Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore watangiye kwizihizwa mu Rwanda mu mwaka wa 2004. Wizihizwa buri mwaka ku itariki ya 8 Werurwe. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Dufatane Urunana, Twubake Umuryango Utekanye”.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *