Umuryango wa Rusesabagina uvuga ko atazitabira ubujurire mu cyumweru gitaha

Sangiza iyi nkuru

Umuryango wa Paul Rusesabagina n’abanyamategeko bawunganiye mu rubanza rwa Paul Rusesabagina wakatiwe gufungwa imyaka 25, bavuze ko Rusasabigina atazaba ari mu rubunza rw’ubujurire na bagenzi be ruteganijwe ku wa Mbere w’icyumweru gitaha.

Ariko mu itangazo rihamagaza ikiganiro n’itangazamakuru bifashishije ikorangabunga rya zoom bateganya gukorera i Chicago, muri Amerika, bavuze ko Rusesabagina atajuriye kubera ko yarenganyijwe guhera mu ikubitiro ngo kuko yafashwe mu buryo butemewe n’amategeko.

Umukobwa wa Rusesabagina, Carine Kanimba, yavuganye na BBC ku mpamvu y’iki cyemezo. Yagize ati ” Ibizakomeza mu cyumweru gitaha nta importance (agaciro) tubiha, ni ikinamico. Twebwe tuzakomeza muri advocacy [ubukangurambaga] yo kuvugira papa kugira ngo bamurekure.”

Akomeza avuga ko Rusesabagina atabonye ku gihe imyanzuro y’urukiko. Ati ” Babimuhaye iminsi mikeya cyane mbere y’uko date yo kujurira igera.”

Uyu mukobwa yemeza ko Se afunzwe binyuranye n’amategeko ndetse ngo yarashimuswe, yakorewe iyicarubozo. Ibi birego byose u Rwanda rwarabihakanye, ruvuga ko uyu mugabo atashimuswe, nta yicarubozo yakorewe, ko ahabwa uburenganzira bwose bwemererwa imfungwa.

Ku ruhande rw’ u Rwanda, Umuvugizi wungirije wa Leta, Alain Mukuralinda, avuga ko nta gutinda kwabayeho ko guha imyanzuro y’urukiko ku buryo Rusesabagina yaba atarabonye umwanya wo gutegura ubujurire.

Uyu mugabo ati ” Kuvuga ngo barubahaye rutinze, bakabaye bavuga igihe barubahereye ku buryo batabonye uko bitegura. Buri gihe abantu ntibakavuge ngo babahaye ibintu batinze…”

Rusesabagina wageze aho akikura mu rubanza kuko ” Nta butabera nteze.” muri Nzeri 2021, yakatiwe gufungwa imyaka 25.

Yatawe muri yombi muri Kanama 2020, yatangiye kuburana ku itariki ya 20 Mutarama 2021, aburanishwa ari kumwe na bagenzi be 20 kuko ibyaha bakoze byari bifitanye isano.

Rusesabagina yaregwaga ibyaha icyenda birimo kurema umutwe w’ingabo utemewe, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba, kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba ndetse no gutwikira undi ku bushake, inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba. We yarabihakanye.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umuryango wa Rusesabagina uvuga ko atazitabira ubujurire mu cyumweru gitaha
    Nibyo kbs ntampamvu nimwe yatuma mwigora kuko ntacyahinduka.

  2. Umuryango wa Rusesabagina uvuga ko atazitabira ubujurire mu cyumweru gitaha
    Nibyo kbs ntampamvu nimwe yatuma mwigora kuko ntacyahinduka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *