ruses-2.jpg

Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House

Sangiza iyi nkuru

Umuryango wa Paul Rusesabagina ufungiwe mu Rwanda kubera ibyaha by’iterabwoba yahamijwe, watangaje ko wakiriwe ku ngoro ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), The White House.

Carine Kanimba uri mu bakobwa ba Rusesabagina kuri uyu wa 3 Gicurasi 2022 yashyize kuri Twitter amafoto atatu amugaragaza ari kumwe na Anaïse Rusesabagina hamwe n’umubyeyi wabo, Tatiana Rusesabagina hamwe n’umunyamategeko Ryan Fayhee bose baba muri USA, bari imbere ya White House.

Carine kuri yashyizeho ubutumwa, bugira buti: “Mwakoze kutwakira kuri White House uyu munsi kugira ngo dukorere ubuvugizi Papa, Paul Rusesabagina, akurwe mu gifungo kidakwiye mu Rwanda.”

Gusa ntabwo Carine, uwo mu muryango we cyangwa uwo ari we wese wifatanyije na bo mu bukangurambaga busabira Rusesabagina gufungurwa, batangaje cyangwa ngo bagaragaze uwabakiriye kuri ibi biro.

Bageze kuri White House nyuma y’aho batangarije ko bagiye kurega kugeza mu rukiko rwo muri USA bamwe mu bayobozi bakomeye mu Rwanda bashinja kugira uruhare mu cyo bita ishimutwa rya Rusesabagina, Leta yo ivuga ko ritabayeho. Iki kirego gifite agaciro ka miliyoni 400 z’amadolari.

Inkuru y’iki kirego https://bwiza.com/?Kwa-Rusesabagina-bareze-abarimo-Perezida-Kagame-muri-USA-ngo-barifuza-indishyi

Tariki ya 4 Mata 2022, urukiko rw’ubujurire mu Rwanda rwemeje ko igifungo cy’imyaka 25 Rusesabagina yakatiwe n’urukiko rukuru muri Nzeri 2021 kigomba kugumaho. Ubu afungiwe muri gereza ya Nyarugenge.

ruses-2.jpg

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House
    Muracengera mwa bana mwe.
    Mukomeze mutangaze ubutetahamwe bwa Rusesa

  2. Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House
    Muracengera mwa bana mwe.
    Mukomeze mutangaze ubutetahamwe bwa Rusesa

  3. Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House
    Ababana ko batoroshye wariteganyirije kbs

  4. Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House
    Ababana ko batoroshye wariteganyirije kbs

  5. Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House
    Bareke bishimishe icyo nzi nuko ise yahamijwe nibyaha byiterabwoba kandi ko azamara 25yrs naho ibya white house birayireba nabo

  6. Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House
    Bareke bishimishe icyo nzi nuko ise yahamijwe nibyaha byiterabwoba kandi ko azamara 25yrs naho ibya white house birayireba nabo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *