Umuryango wemeye kurera abana bavutse bafatanye nyuma yo gutabwa n’ababyeyi babo, urishimira intambwe umaze kugezaho abo bana ugashimira n’abawubaye hafi.

Uyu muryango nyuma yo kwemera kurera abana batatu babiri bakaba baravutse bafatanye ariko nyuma bakaza kubatandukanya ku buryo buri umwe yasigaranye ukuguru kumwe , bagaragaje ibyishimo by’uko abo bana bamaze kwigira ejuru kandi ntakibazo bafite.
Ababye b’abo bana ngo bakimara kubabyara babataye mu bitaro baratoroka gusa biza kumenyekana ko bagizwe imbata n’ibiyobyabwenge, ku bw’amahirwe Imana ikorera muri Jeff na Darla Garrison bemera kurera abo bana uko ari batatu.

Aba bagiraneza ngo bahaye uburere bwiza abo bana kugeza ubwo n’ubu bazi ko ari ababyeyi babo bitewe n’uko uyu muryango ubitaho kandi ukabafata nk’abandi bana badafite ubumuga.
Ubusanzwe umuryango wa Garrison wibarutse abana batatu b’abahungu hakiyongeraho abo bandi b’abakobwa bemeye kurera,ubu bakaba barabashakiye insimburangingo zizajya zibafasha kugenda.


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


