Umusirikare w’u Burundi yakorewe iyicarubozo kugera naho anogorwamo inyama-AMAFOTO

Sangiza iyi nkuru

Ifoto ikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ni iy’umusirikare witwa ldephonse Nimubona watawe muri yombi n’inzego z’umutekano agakorerwa iyicarubozo rikomeye kugeza aho ubuzima bwe ubu buri mu kaga bitewe n’ibikomere.
Uyu musirikare yatawe muri yombi mu nkubiri yabaye nyuma y’igitero cyagabwe ku nkambi ya gisirikare ya Mukoni iri mu ntara ya Muyinga ku wa 24 Mutarama 2017.
Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Pacific Nininahazwe, umuyobozi wa Focode, umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi, yakomeje gutabariza uyu musirikare ufungiye muri gereza ya Ngozi.

s2
ldephonse Nimubona, wakorewe iyicarubozo

Uyu musirikare nyuma yo gufatwa ngo yakorewe iyica rubozo, arakomeretswa ndetse inyuma ku kibubo ke hapfumuzwa ferabeto (fers à  béto) nk’uko byatangajwe n’uwitwa Lambert ku rukuta rwe rwa Twitter. Yanakomerekejwe ku bindi bice by’umubiri, umubiri we ugiye ufite ibisebe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Pacific avuga ko ivuriro ryo muri gereza ya Ngozi nta bushobozi rifite bwo kwita kuri uyu musirikare bigaragara ko ubuzima bwe ashobora kububura.
s1
Aha ni inyuma ku kibuno aho yakomerekejwe

“Ikigo nderabuzima cya Ngozi nta bushobozi gifite bwo kuvura Adj-chef Ildephonse Nimubona, ikindi abujijwe gusohokamo”. Ibi ni ibyatangajwe na Bwana Pacific Nininahazwe.
Uyu muyobozi yakomeje yibaza cyane ku ijambo Ubumwe Perezida Nkurunziza yagarutseho cyane ku cyumweru tariki ya 5 Gashyantare 2017, ubwo hizihizwaga imyaka 26 ishize Abarundi basinye amasezerano y’ubumwe, hagahagarikwa amakimbirane ashingiye ku moko.
Uyu muyobozi akaba avuga ko nubwo Perezida aririmba ubumwe, yakabanje kureba abana b’igihugu barimo kwicwa urubozo hirya ni hino mu gihugu.
Ibikorwa by’iyicarubozo kuri bamwe bisa nibyatangiye mu mwaka wa 2015, ubwo Perezida Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamaza kuri manda ya 3.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abagaragaje ko batabishigikiye bakaba baragiye bahunga abandi barafungwa n’ubu ingaruka zikaba zikomeje dore ko n’imiryango mpuzamahanga ikomeje gushinja Leta ya Nkurunziza guhutaza uburenganzira bw’abayirwanya.
s3
s4 s7
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *