Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, Julien Mette yafashe rutemikirere asubira iwabo mu Bufaransa nyuma y’uko shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ihagaze.
Muri aka karuhuko k’imikino mpuzamahanga y’ibihugu gatangwa na FIFA, umutoza wa Rayon Sports yaboneyeho guhita asubira iwabo mu Bufaransa kubera impamvu z’umuryango we.
Uyu mutoza wahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 20 Werurwe 2024 yagiye mu Bufaransa gusura umuryango we no gukemura bimwe mu bibazo.
Amakuru ava mu ikipe ya Rayon Sports avuga ko uyu mutoza yasubiye iwabo kubera utubazo duto tw’umuryango yagiye gukemura aho azagaruka vuba aha.
Biteganyijwe ko uyu mutoza aragaruka mu Rwanda ku wa Gatandu tariki ya 23 Werurwe 2024, gukomeza akazi ke ko gutoza Gikundiro.
Julien Mette w’imyaka 42 yatangiriye umwuga w’ubutoza muri Congo Brazzaville mu ikipe ya Tongo FC Jambon muri 2016, yatoje Ikipe y’igihugu ya Djibouti na AS Otohô yavuyemo ajya muri Rayon Sports.
Nk’umutoza, yatwaye lgikombe cya MTN Ligue 1 cya Championnat ya Congo mu 2019 na 2023.



One Response
Umutoza wa Rayon Sports yasubiye mu Bufaransa
Bwana
Nyakubahwa
Umutoza
Wacu
Juriye mete
Turagukunda
Nkabafana
Bareyo
Uzagire
Urugendo
Rwiza.