Umuyoboke w’ishyara rya Perezida Yoweri Museveni (NRM), Baker Kasumba yatewe imisumari ya sentimetero 15 mu biganza nk’uko byegendekeye Yezu w’i Nazareti.
Uyu musore w’imyaka 21 wari wambaye ingofero y’umuhondo iranga abo muri NRM, yagabweho igitero n’abantu babiri bataramenyekana baramufata bamutera imisumari mu biganza byombi barabifatanya.
Kasumba yabwiye abapolisi ko yafashwe kuwa Gatatu ubwo yari agiye gusura nyina utuye mu gace ka Kawempe.
Ati “ Igihe nari ngeze ahitwa Kaherwe, abantu babiri baraje bankubita ku mutwe. Nahise ntakaza ubwenge, abagabo babiri bahise bamfata, banteramo imisumari mu kiganza.”
Yavuze ko yakijijwe n’abagore bari barimo gushaka umwana wabo wari wabuze, batumye abari bamufashe biruka bitewe no gutabaza kw’aba bagore.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yemeje aya makuru avuga ko Kasumba yahise atabarwa ajyanwa mu Bitaro bya Mulago kugira ngo akurwemo iyi misumari.
Enanga avuga ko bigaragara neza ko Kasumba yari yakurikiwe kuva aho akorera gusa “ akavuga ko irihohoterwa rishingiye kuri politiki nta mwanya rifite muri Uganda kandi ko ubiri inyuma wese bizamugwa nabi.”

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Kasumba kuri ubu ukiri mu bitaro avuga ko mbere yo gukorerwa ibi, yigeze kwihanangirizwa n’umuntu utazwi amusaba kureka gushyigikira Museveni n’ishyaka rye.
Kuri ubu polisi iri gukora iperereza kugira ngo hamenyekane abihishe inyuma y’iki gikorwa.
The New Vision


