Umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa ISIS yiciwe ku rugamba n’Ingabo za Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko kuri uyu wa Kane ingabo z’igihugu cye ziciye ku rugamba Umuyobozi w’umutwe witerabwoba wa Islamic State.

Perezida Biden kuri Twitter ye yavuze ko kiriya cyihebe gikuru muri IS cyiciwe muri Syria.

Ati: “Mu ijoro ryakeye ingabo za Amerika ziri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Syria zakoze neza Operasiyo yo kurwanya iterabwoba, mu kurinda abaturage ba Amerika n’inshuti zabo ndetse no kugira Isi ahantu hatekanye.”

Perezida Biden yakomeje agira ati: “Ku bw’ubumenyi n’umurava by’ingabo zacu, twiciye ku rugamba Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi, umuyobozi wa ISIS.”

Perezida Biden yavuze ko Ingabo za Amerika zose zari zagiye muri iriya Operasiyo zahindukiye amahoro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *