Umwana w’umuhungu w’imyaka 10 mu Karere ka Bududa muri Uganda, arashakishwa na polisi ku bwo gutera icyuma mugenzi we w’imyaka 16, aramwica, amushinja kuryamana n’inshuti ye y’umukobwa w’imyaka 11.
Ukekwa yari asanzwe ari umunyeshuri ku ishuri ribanza rya Buwali mu Burasirazuba bwa Uganda, Daily Monitor ivuga ko yateye icyuma mugenzi we Sam Watsosi wigaga mu mwaka wa kabiri ku Ishuri Ryisumbuye rya Balucheke, ku Cyumweru amushinja gukundana n’umukobwa bakundanye igihe kitari gito. Ibi byabaye mu gasoko ka Bunamubi, Watsosi ajyanwa ku bitaro ariko ku bwo kuva amaraso menshi, yaje gushiramo umwuka ku wa kabiri tariki ya 14 Mutarama. Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Bududa, Jaffar Magyezi, yavuze ko ukekwa na Se bahise batoroka, bakaba bagishakishwa. Jaffar Magyezi ati: “Turimo turahiga umunyeshuri kuri ubu uri kwihishahisha aho ari kumwe na Se.” Iyi nkuru ikomeza ivuga ko hari ubwoba bwinshi muri ako gace kuko ngo umuryango wiciwe umwana ushobora kugaba ibitero ku muryango w’ukekwa. DPC Magyezi yasabye uyu muryango kwihangana, ntiwihorere kuko ngo ukekwa azatabwa muri yombi kandi akazagezwa imbere y’ubutabera. Ni ubusabe bwashimangiwe n’Umuyobozi w’agasoko ka Bunamubi kabereyemo iki gikorwa,Charles Mutabali Kibeti, yavuze ko ibyabaye bibabaje. Mutabali yatangaje ko ku rundi ruhande yumiwe kumva ko umwana w’imyaka 10 afite inshuti ye y’umukobwa ndetse yiteguye gukora ibara iryo ari ryo ryose ngo amurinde.



2 Responses
Umwana w’imyaka 10 yishe mugenzi we bapfa umukobwa
birababaje cane kumva iyo nkuru turumiwe pe!!!
Umwana w’imyaka 10 yishe mugenzi we bapfa umukobwa
birababaje cane kumva iyo nkuru turumiwe pe!!!