Umwana w’imyaka ine yirashe arapfa mu gihe nyina bari kumwe yari ahugiye mu kunywa urumogi

Sangiza iyi nkuru

Umwana w’imyaka ine, Jarion Walker, yirashe arapfa, ubwo yakinishaga imbunda ya Se yari mu modoka mu mwanya w’inyuma, mu gihe nyina yari yicaye imbere, ari gutumura urumogi.

Ibi byabereye mu Mujyi wa Wetswego muri New Orleans, ubwo uyu mwana yari yicaye mu mwanya w’inyuma w’imodoka, ari kumwe na murumuna we w’umwaka umwe, n’undi w’amezi 22.

Iperereza ryagaragaje ko uyu mugore yari ari kumwe n’undi muntu mukuru imbere binywera ako ku mugongo w’ingona, abana nabo bari mu byabo, kuwa 29 Mutarama 2022, nka saa y’ine za mugitondo.

Uyu Jarion ku bw’impanuka, yirashe mu mutwe, ajyanwa kwa muganga, ahita apfa nk’uko Ibinyamakuru birimo The Washington Post, The People na The independent bibitangaza.

Polisi yatangaje ko nta muntu yataye muri yombi gusa ngo ntibyayibuza gukora iperereza nk’uko Lopinto, Lopinto Joseph, Sherifu w’agace ka Jefferson abitangaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *