Umwunganizi wa Vincent Murekezi yahaye urukiko igihe ntarengwa cyo kumurekura

Sangiza iyi nkuru

Umunyamategeko wunganira umunyarwanda Vincent Murekezi muri Malawi yasabye urukiko rukurikirana ikirego cy’uyu mugabo kugaragaza ibimenyetso bishinja umukiriya we bitaba ibyo akarekurwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi uyu munyamategeko yabisabye nyuma y’uko urukiko rwari rwihaye iminsi 21yo kukagaragaza ibimenyetso bishinja Murekezi iyo minsiyarangiye ku wa 02 Mutarama 2017 urubanza rusubukura ubushinjacyaha butarabona ibyo bimenyetso.
Ibimenyetso bishakishwa ni ibishinja Murekezi Vincent uregwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urubanza aburanira muri Malawi aho yafatiwe rushingiye ku kuba yakoherezwa mu Rwanda kugirango inkiko z’u Rwanda zimuburanishe kuri ibyo byaha akurikiranweho.
Urukiko rwa Lilongwe rwari rwihaye iminsi 21 mu rubanza ruheruka kugirango rube rumaze gukusanya ibimenyetso simusiga bituma Murekezi yoherezwa mu Rwanda ariko urubanza rwubuye ibi bimenyetso n’ubundi ntibyagaragajwe.
Wapona Kita, umunyamategeko uburanira Murekezi muri uru rubanza mu magambo akakaye yabwiye urukiko ko atangajwe no kuba rutarana ibimenyetso bishinja umukiriya we, uyu munyamategeko yanasabye uru rukiko ko bitarenze ku wa gatanu ku wa 06 Mutarama 2017 umukiriya we agomba kuzarekurwa mu gihe ibi bimenyetso byazaba bitaragaragazwa.
Wapona yagize ati “Dutangajwe no kuba ntacyo urukiko rwakoze ku kirego cyacu, ni ukugirango umukiriya wacu yoherezwe vuba, nibikomeza gutya bitarenze ku wa gatanu tuzasaba urukiko guhanagura ibyaha ku mukiriya wacu ruhite rumurekura”
Gusa Steven Kayuni uhagarariye leta ya Malawi muri uru rubanza yatangaje ko ibimenyetso bitangazwa kuri uyu wa gatatu, 04 Mutarama 2017.
Steven Kayuni yavuze ko ibimenyetso bikikomeye bakesha leta y’u Rwanda kuko ari nayo yasabye ko uyu mugabo yatabwa muri yombi akoherezwa
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Guverinoma y’u Rwanda yahereye mu mwaka wa 2009, u Rwanda rwagaragaje ibimenyetso ko Murekezi yakatiwe n’inkiko Gacaca mu Karere ka Huye gufungwa ubuzima bwe bwose.
Muri Malawi, Murekezi yabagaho yidegembya akora ubucuruzi ndetse yari yaranahawe ubwenegihugu bw’iki gihugu nabwo mu buryo butemewe n’amategeko.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *