Abasivile barenga 200 bari barashimuswe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’umutwe witwaje intwaro wa ADF ufite aho uhuriye n’umutwe wa Leta ya Kisilamu (IS), batabawe mu gikorwa cya gisirikare, nkuko byatangajwe n’Igisirikare cya Uganda (UPDF).
Abasirikare ba Uganda, ku bufatanye na bagenzi babo ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, binjiye mu nkambi igenzurwa n’umutwe w’intagondwa wa ADF, ufite inkomoko muri Uganda.
Itangazo ry’Ingabo za Uganda rivuga ko abana bari mu babohojwe, umuto cyane muri bo akaba ari umukobwa w’imyaka 14.
ADF yashingiwe muri Uganda mu myaka ya za 90 n’abantu bari bababajwe n’uburyo leta ifatamo abayisilamu. Ariko nyuma yo kwirukanwa n’ingabo muri Uganda, abasigaye bo muri uwo mutwe bahungiye hakurya y’umupaka muri DRC.
Mu mwaka wa 2021, Uganda na DRC byatangije igikorwa cya gisirikare bihuriyeho kigamije kwirukana ADF mu bice yagize indiri zayo muri DRC, ariko kugeza ubu icyo gikorwa cyananiwe guhagarika ibitero by’uwo mutwe.
Ntihasobanuwe igihe abo basivile batabawe bari barashimutiwe n’aho bari barashimuswe bavanwa, ariko itangazo ry’Ingabo za Uganda ryavuze ko abo bari barashimuswe basobanuye “uburyo bubi bari babayemo, burimo ibiribwa bicye, imirimo y’agahato n’igihano ku kutumvira”.


