09int-Nepal-Protests-Leadall-03-tzgk-articleLarge

Urubyiruko rwo muri Nepal rwahiritse ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Nepal, K.P Sharma Oli, yeguye ku butegetsi nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’urubyiruko rwo muri iki gihugu.

Ni imyigaragambyo yakuruwe n’icyemezo cya Guverinoma y’iki gihugu cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga zirimo Facebook, YouTube na X.

Ni icyemezo cyahuriranye no kuba abaturage bo muri iki gihugu cyo mu majyepfo ya Aziya bamaze igihe binubira ruswa ikirangwamo; ibyatije umurindi imyigaragambyo.

Muri iyi myigaragambyo urubyiruko rwari rwariye karungu rwiraye ahakorera inzego zitandukanye nk’ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko baratwika; ndetse n’ahatuye abayobozi batandukanye mu gihugu.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana bamwe mu bayobozi bahunga bakoresheje za kajugujugu.

Leta nyuma yo kubona imyigaragambyo yafashe indi ntera yahise ishyiraho imikwabu ya gisirikare ndetse imbuga nkoranyambaga zongera gufungurwa mu gihugu; gusa ibi byemezo byombi ntacyo byigeze bitanga.

Usibye gukuraho ubutegetsi bwari buyobowe na Minisitiri w’Intebe, Oli, amakuru avuga ko iriya myigaragambyo yo muri Nepal yaguyemo abantu 19 biganjemo abo mu murwa mukuru, Kathmandu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *