Urugendo rwa Netanyahu kugeza yongeye kuba utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa gatatu

Sangiza iyi nkuru

Benjamin Netanyahu kuri ubu yongeye kuba umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’umuyobozi w’ishyaka Likud, National Liberal Movement nyuma yo gukurwa ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe yabayeho imyaka 15 yose hamwe (Kuva mu 1993-1996 no kuva 2005-2021), aba minisitiri w’intebe wa Israel wamaze igihe kinini mu mateka. Niwe kandi wa mbere wavukiye muri Israel nyuma y’ishingwa ry’iki gihugu.

Netanyahu yavukiye mu 1949 i Tel Aviv, muri Israel, avukira mu muryango w’Abayahudi. Nyina, Tzila Segal (1912-2000), yavukiye i Petah Tikva mu gace ka Mutasarrifate muri Yeruzalemu, igihe hayoborwaga n’ubwami bugari bwa Ottoman, naho se, Benzion Netanyahu yavukiye i Warsaw (muri Pologne) yitwa Mileikowsky, abaho kuva mu 1910 kugeza mu 2012, ubwo yapfaga ku myaka 102. Yari umuhanga mu by’amateka y’Abayahudi, ndetse yabaye umwarimu w’amateka muri Kaminuza ya Cornell muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari naho Benjamin Netanyahu yize amashuri yisumbuye muri Cheltenham High School muri Philadelphia.

Benjamin Netanyahu yasubiye muri Israel mu 1967 yinjira mu ngabo za Isiraheli. Yabaye umuyobozi w’itsinda muri Special forces ya Israel izwi nka Sayeret Matkal kandi yitabira ubutumwa butandukanye, agera ku ipeti rya Captain mbere yo gusezererwa mu cyubahiro asubira muri Amerika gukomeza amashuri ye.

Nyuma yo guhabwa impamyabumenyi mu Ishuri Rikuru ry’ikoranabuhanga rya Massachusetts, Netanyahu yabaye umujyanama mu by’ubukungu mu itsinda ry’ubujyanama rya Boston. Yasubiye muri Israel mu 1978 ashinga ikigo cya Yonatan Netanyahu gishinzwe kurwanya iterabwoba. Iki kigo kikaba cyaritiriwe mukuru, Yonatan Netanyahu waguye mu gikorwa cyo kubohoza imbohe z’Abanya-Israel zari zafatiwe muri Uganda mu 1976, mu gikorwa cyiswe “Operation Entebbe”.

Kuva mu 1984–1988, Netanyahu yari ahagarariye Israel mu Muryango w’abibumbye. Mu 1993 yatorewe kuba Perezida wa Likud, aba umuyobozi wa Opozisiyo. Yakomeje politiki atsinda Minisitiri w’Intebe wari uriho, Shimon Peres, mu matora yo mu 1996, aba Minisitiri w’intebe muto wari ubayeho muri Israel.

Nyuma yo gukora manda imwe, Netanyahu na Likud batsinzwe mu matora yo mu 1999 n’ishyaka rya Israel imwe (One Israel)rya Ehud Barak; Netanyahu yahisemo kuva muri politiki burundu, yinjira mu bikorera. Icyakora nyuma y’imyaka itari mike, nyuma y’uko uwari wamusimbuye ku buyobozi bwa Likud, Ariel Sharon, abaye Minisitiri w’Intebe, Netanyahu yemeye gusubira muri politiki, anaba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga na Minisitiri w’imari.

Nka Minisitiri w’imari, Netanyahu yatangije ivugurura rikomeye ry’ubukungu bwa Israel ryashimangiwe n’abasobanuzi ko ryateje imbere imikorere y’ubukungu bwa Israel . Nyuma Netanyahu yagonganye na Sharon, amaherezo yegura kubera kutumvikana ku bijyanye na gahunda yo guca ukubiri na Gaza.

Netanyahu yagarutse ku buyobozi bwa Likud mu Ukuboza 2005 nyuma y’uko Sharon yeguye muri Likud akajya gushinga ishyaka rishya ryitwa Kadima. Yabaye Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuva mu 2006 kugeza 2009. Nubwo Likud yarangije ku mwanya wa kabiri mu matora yo mu 2009 inyuma ya Kadima, Netanyahu yashoboye gushyiraho ihuriro n’andi mashyaka maze arahirira kuba Minisitiri w’intebe ku nshuro ya kabiri. Yakomeje kuyobora Likud ku ntsinzi mu matora ya 2013 na 2015.

Nyuma y’amatora yo muri Mata 2019 yatumye nta shyaka rishobora gushinga guverinoma, habaye amatora ya kabiri muri 2019. Mu matora yo muri Nzeri 2019, ihuriro ryiswe ‘ubururu n’umweru’ ryayobowe na Benny Gantz, ryaje imbere ya Likud ya Netanyahu; ariko, Netanyahu cyangwa Gantz ntibashoboye gushyiraho guverinoma. Nyuma y’impagarara muri politiki, ibi byakemuwe igihe Likud na ‘Blue and White’, cyangwa ‘Ubururu n’Umweru’, bagiranaga amasezerano yo gusangira ubutegetsi nyuma y’amatora yo mu 2020. Amasezerano yateganyaga gusangira intebe ya minisitiri w’intebe, igasimburanwaho hagati ya Netanyahu na Benny Gantz, aho Gantz yari ateganyijwe gusimbura Netanyahu mu Ugushyingo 2021.

Mu Ukuboza 2020, iri huriro naryo ryarasenyutse maze haba andi matora mashya muri Werurwe 2021. Muri guverinoma ye ya nyuma, Netanyahu yayoboye igisubizo cya Israel ku cyorezo cya COVID-19 ndetse n’ikibazo cya Israel na Palesitine.

Muri Kamena 2021, nyuma y’uko Naftali Bennett amaze gushyiraho guverinoma hamwe na Yair Lapid, Netanyahu yakuwe ku mwanya wa minisitiri w’intebe, none ubu yabaye umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku nshuro ya gatatu.

kira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *