Urupfu Col Karegeya yapfuye, akicwa nk’intama cyangwa se ingurube baniga, biriya ni amahano- Twagiramungu

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo ku wa 31 Ukuboza rishyira iryo ku wa 1 Mutarama 2014, nibwo Col Patrick Karegeya yanigiwe muri Hotel yo muri Afurika y’Epfo arapfa.
Mu gihe habura iminsi 3 ngo imyaka ibe yihiritse ari 3 iby’urupfu rwe biracyari amayobera, umunyapolitiki Twagiramungu Faustin we avuga ko ibyakorewe uyu musirikare ari amahano.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Video igaragara ku rubuga rwa Youtube, Twagiramungu aganira n’imwe muri Televiziyo zikorera ku mugabane w’I Burayi, Twagiramungu yabajijwe icyo atekereza ku rupfu rwa Col Patrick Karegeya wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda.
karegeya
Mu gusubiza, Twagiramungu yagize ati: “Nk’uko bisanzwe mu Kinyarwanda habaho ibyago nka biriya, akenshi babyita amahano”.
Yakomeje avuga ko ibyerekeranye n’urupfu rwe (Patrick Karegeya), ari urupfu rubi, kwicwa kubi guteye isoni,
Ati: “ibya Karegeya rero njyewe navuze ko iyo umuntu apfuye ruriya rupfu, ubabara bwa mbere ni umuryango we, abakunda Karegeya mu byukuri cyangwa abamuzi bababaye bagomba kubabazwa n’umuryango yasize, umubyeyi yasize n’abana agomba kurera muri iki gihe”.

kare
Abana Karegeya yasize

Uyu munyapolitiki w’imyaka 71 y’amavuko, akomeza avuga uburyo Karegeya yanizwe bunyamaswa, akongeraho ijambo ati: “ni amahano”.
Ati: “Karegeya urupfu yapfuye akicwa nk’intama cyangwa se ingurube baniga bamushyize ku munigo, yabuze ukuntu amwicisha isasu ngo ridasakuza, biriya bintu ni amahano”.
Twagiramungu yagereranyije urupfu rwa col Patrick Karegeya n’iraswa rya Gen Kayumba Nyamwasa umaze kurusimbuka inshuro ebyiri, ariko akongeraho ijambo ati: “wasanga nanjye ndi ku rutonde rw’abazicwa”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko byatangajwe haruguru, iminsi ibura ni 3 imyaka 3 ikaba irihiritse iperereza Afurika y’Epfo yavuze ko igiye gukora, icyarivuyemo kitaratangazwa ngo hamenyekane uwaba yarivuganye Karegeya.
patrick-karegeya
Karegeya yari mu ba mbere bashinze ishyaka ritavuga rumwe na Leta rya Rwanda National Congress (RNC) ndetse akaba yaranahoze mu gisirikare cy’u Rwanda mbere yo guhunga, iyicwa rye ryakorewe mu cyumba cya hoteli mu mujyi wa Johannesburg, Hoteli yari irinzwe ndetse inafite za camera.
Muri Nzeli 2014, umuvuguzi w’ishami rya polisi rishinzwe ubugenzacyaha bakunda kwita “Hawks” Kapiteni Paul Ramaloko yavuze ko ibyavuye mu iperereza byamaze gushyigikirizwa ibiro bishinzwe ubushinjacyaha, n’ubu urupfu rwe rukaba rukiri urujijo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *