Urupfu rwa Col. Elias Byinshi wo muri FARDC rukomeje guteza urujijo

Sangiza iyi nkuru

Amakuru agera kuri Bwiza.com aturuka mu Mujyi wa Bukavu avuga ko Colonel Elias Byinshi yishwe arashwe mu ijoro ryo ku italiki ya 20 Kanama 2016, yishwe na bagenzi be bakoranye mu ngabo za Congo-Kinshasa (FARDC).
byishi
Aya makuru akomeza avuga ko uyu musirikare mukuru yaba yarazize ibyaha by’ ubwicanyi byabereye i Mutarure muri 2014. Agace ka Mutarure kari ku bilometero 120 n’ Umujyi wa Uvira ku mupaka w’i Burundi bivugwa ko ingabo zari ziyobowe na Col.Byinshi zahiciye abantu 37 bamwe bararashwe abandi baratwikwa.
Mu rwego rwo kumeya icyihishe inyuma y’ urupfu rw’uyu mu colonel wa FARDC, abantu 3 batifuje ko amazina yabo atangazwa ku bw’ umutekano wabo batangarije itangazamakuru ko yaba yazize ubwoko bwe.
Umwe yagize ati: “Uyu musirikare azize ubwoko bwe kuko ibyo bamurega nta kimenyetso bifite dore ko ibyaha bibera mu ntambara bikurikiranwa n’ inkiko zabigenewe”.
Undi ati:” Dusanga ibi rero ari umuco mubi kanoneke ko nibyo ashinjwa ari ukuri nta muntu uri hejuru y’ amategeko cyangwa se ufite uburenganzira bwo kwihanira”.
Perezida wa sosiyete sivile muri Kivu y’ Amajyepfo, Descartes Mponge nawe yahise atangaza ko uyu musirikare mukuru yazize ubwicanyi bwakorewe abaturage 37 i Mutarule.
Gusa amayobera ari muri iyi nkuru ni uko, Col. Byinshi bivugwa ko yari amaze imyaka 2 mu kiruhuko, yishwe arashwe amasasu menshi mu gihe yari avuye mu nama yahuje komite y’ Abanyamulenge ariko na mbere y’ aho yigeze guhamagarwa n’ ubutabera n’ ubwo atigeza yitaba.
Abo baturage bamaze kwicwa, Umuryango Human Right Watch wagerageje gutabaza n’ ubwo Monusco ntacyo yakoze kugira ngo ukuri kumenyekane.
Col.Byinshi arashwe mu gihe kuwa Gatanu taliki 12 Kanama 2016, yari amaze kuregwa mu rukiko ku byaha byibasira inyokomuntu yashinjwaga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Zamubandi Saido/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *