Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye

Sangiza iyi nkuru

Uruzinduko murumuna wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Gen. (Rtd) Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh yagombaga kugirira mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2022 ni bwo umunyamakuru Canary Mugume ukora inkuru zicukumbuye, yatangaje ko amakuru yizeye yakuye mu biro bya Perezida Museveni avuga ko Gen. Saleh agirira uruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda.

Mugume uri mu bubashywe muri Uganda yagize ati: “Inkuru ishyushye: Gen. Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida yitezwe i Kigali ejo kugira ngo ahure na Perezida Paul Kagame, abantu bizewe mu biro by’Umukuru w’Igihugu babivuze. Saleh azamara i Kigali icyumweru.”

Mu masaa yine y’ijoro, uyu munyamakuru yatangaje andi makuru mashya y’uko uruzinduko rwa Gen. Saleh rwasubitswe, rwimurirwa ikindi gihe. Ati: “Amakuru mashya: Uru ruzinduko rwimuriwe ku yindi tariki.”

Ntabwo impamvu y’isubikwa ry’uru ruzinduko yamenyekanye ariko ikizwi ni uko Perezida Kagame atari mu Rwanda. Yagiye kwitabira inama ihuza umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) n’uwa Afurika yunze ubumwe (AU) irabera mu Bubiligi guhera kuri uyu wa 17 Gashyantare 2022. Umukuru w’Igihugu yabanje kunyura mu Budage.

Uruzinduko rwa Gen. Saleh rwari rugiye gukurikira urw’umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yagiriye mu Rwanda tariki ya 22 Mutarama 2022, icyo gihe ahura na Perezida Kagame baganira ku buryo ibihugu byombi bitagicana uwaka byakwiyunga.

Kuza kwa Gen. Kainerugaba kwatumye Leta y’u Rwanda ifungura umupaka wa Gatuna yari imaze imyaka itatu iwufunze, gusa itangaza ko izakomeza gukurikirana, irebe niba Uganda yubahiriza ibyo yasabwe kugira ngo uyu mubano wongere ube mwiza nk’uko wahoze.

Gen. Saleh nk’umwe mu bafite ijambo rikomeye ku butegetsi bwa Museveni kuva mu bihe bya mbere, yitezweho kwihutisha intambwe ziganisha ku kunagura uyu mubano, mu gihe yagera mu Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye
    Amakuru yanyu turayakunda cyane kuko aba yizewe mukomereze aho.

  2. Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye
    Amakuru yanyu turayakunda cyane kuko aba yizewe mukomereze aho.

  3. Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye
    Amakuru yanyu turayakunda cyane kuko aba yizewe mukomereze aho.

  4. Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye
    Amakuru yanyu turayakunda cyane kuko aba yizewe mukomereze aho.

  5. Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye
    Amakuru yanyu turayakunda cyane kuko aba yizewe mukomereze aho.

  6. Uruzinduko rwa Gen. Saleh mu Rwanda rwasubitswe bitunguranye
    Amakuru yanyu turayakunda cyane kuko aba yizewe mukomereze aho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *