Kuwa gatatu tariki ya 03 Kamena mu mujyi wa Minneapolis muri Leta ya Minnesota ni bwo hemejwe ko hari abandi bapolisi bafatanyije mu kwica umwirabura George Folyd.
Abo bapolisi bashijwa iki cyaha nyuma yuko ubwo Derek Chauvin yapfukamaga ku ijosi rya George Floyd na bo bari bahari aho mu mujyi wa Minneapolis.
Kuba aba bapolisi bararebereye Derek ni byo bigaragaza ko bari bashyigikiye ko uyu mwirabura ahohoterwa kugeza ubwo apfa.
Iki cyaha cy’ubwicanyi Chauvin ashinjwa kugeza ubu cyongerewe uburemere kivanwa ku rwego gatatu gishyirwa ku rwa kabiri hakurikijwe amategeko ya leta ya Minnesota.
Kugeza ubu aba bapolisi bose uko ari bane bamaze kwirukanwa mu kazi kabo nkuko ikinyamakuru “The Star Tribune” cyabitangaje, bikaba biteganyijwe ko Derek Chauvin ari we uzahanwa kurusha abandi.
Keith Ellison, umucamanza mukuru wa Leta ya Minnesota ku munsi w’ejo ni we watangaje ibi birego by’aba bapalisi bandi batatu.
Benjamin Crump uburanira George Floyd yishimiye iyi ntambwe yatewe yo kuba hagaragajwe abandi bafatanyacyaha avuga ko ari inzira y’ubutabera.
Benjamin yabwiye umuryango wa George Floyd ko n’umushinjacyaha yiteguye gukomeza gukurikirana urubanza rw’iyicwa rya Floyd kugeza ubwo ubutabera bugezweho.


