USA: Visi Perezida Kamala Harris ashobora gusimbura umukambwe Biden

Sangiza iyi nkuru

Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kamala Harris, ari we mahitamo ya mbere Perezida Joe Biden ashobora guhitamo ngo amusimbure mu kwiyamamaza igihe yahitamo kudakomeza guhatana mu matora yo mu Gushyingo nk’uko byatangajwe na Reuters kuri uyu wa Gatatu.

Reuters ivuga ko ibi ibikesha abantu bo hejuru mu gikorwa cyo kwiyamamaza kwa Biden, muri White House no muri komite y’igihugu y’abademokarate, yavuze ko bidashoboka rwose kureka guhitamo Harris nk’umusimbura wa Biden.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza byatangaje ko aramutse atoranyijwe kugira ngo asimbure Biden, Harris yahabwa amafaranga yose yo gukoresha mu kwiyamamaza yari yarakusanyijwe ku bwa Biden ndetse n’ibikorwa remezo byayo.

Aya makuru aje nyuma y’uko Biden yitwaye nabi mu cyumweru gishize mu kiganiro mpaka cyari gitegerejwe na benshi yahuriyemo na Donald Trump, umukandida w’Abarepubulikani benda kongera guhangana mu matora, aho benshi babonye ko yatsinzwe na Trump.

Uyu mukambwe w’imyaka 81, wakomeje gushidikanywaho ku bijyanye n’ubushobozi bwe bwo gukora manda ya kabiri ku butegetsi, yasaga nkaho ananiwe muri icyo kiganirompaka, bituma havuka impaka nyinshi hibazwa niba atazahitamo kuva mu ihiganwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *