00congo-4-kvmt-articleLarge

Uvira: Babiri biciwe mu mirwano hagati y’imitwe 2 ya wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi babiri ba Wazalendo bapfuye ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu, itariki ya 22 Ugushyingo, nyuma y’imirwano yabaye hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo i Sange.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iyi mirwano yarimo imitwe ya Wazalendo ya Ngoma Nzito na Kamama, yarwaniye rwagati muri Sange.

Martin Fikiri, umuhuzabikorwa wa Sosiyete Sivile Nshya (NSCC) muri Uvira yagize ati: “Iyi mirwano ibabaje yatumye hapfa abarwanyi babiri ba Wazalendo kandi bibiba ubwoba mu baturage, bamaze kuzahazwa n’ihungabana  ry’umutekano rya hato na hato.”

Sosiyete sivile irahamagarira inzego z’intara, iz’ingabo, n’umutekano gufata ingamba zihutirwa, zihamye, zo kurengera abaturage no guharanira umutekano.

Iyi miryango irasaba ko hakorwa iperereza ryihuse kandi ryigenga kugira ngo hasobanuke neza impamvu nyazo zitera ayo makimbirane, kugaragaza ababiri inyuma, no gukumira ko byongera.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *