000_33AK98P

Uvira: FDNB yiteguye kubuza M23 kwegera imipaka y’u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Mu burasirazuba bwa DRC, Ingabo z’u Burundi zikomeje koherezwa, nubwo hari ibihuha bivuga ko zavuyeyo. Zoherejwe gushyigikira FARDC kugirango bahagarike AFC / M23, nkuko bitangazwa n’abatangabuhamya benshi.

Abatangabuhamya bavuga ko Ingabo z’u Burundi ziri ku Muhanda w’igihugu No 5, cyane cyane kuri axe ya Luvungi-Uvira, ku birometero 10 gusa uvuye ku birindiro bya AFC / M23 nkuko bitangazwa na RFI.

Imitwe imwe bivugwa ko yaturutse i Bukavu, nyuma yo gufatwa n’umutwe witwaje intwaro ku itariki ya 14 Gashyantare, mu gihe izindi zoherejwe ziva mu Burundi. Umubare wabo nturamenyekana kugeza ubu, ariko intego irasobanutse: kurinda Uvira, umujyi uherereye ku nkombe z’ikiyaga cya Tanganyika, ngo utagwa mu maboko y’abarwanyi ba AFC / M23, nk’uko byatangajwe n’abasirikare.

Carte RDC AFC M23 6

I Bujumbura, iterambere rya M23 yabakuye muri Kivu y’Amajyaruguru ibirukansa ubu bakaba bari guhatirizwa kureba ko nibura barinda imbibi zabo, rirakurikiranirwa hafi. U Burundi butinya kubona AFC / M23 ku marembo y’umurwa mukuru w’ubukungu.

Ni mu gihe umubano hagati y’u Burundi n’u Rwanda wifashe nabi cyane muri iki gihe, kandi Perezida w’u Burundi ashinja ku mugaragaro u Rwanda gushaka gutera igihugu cye, nubwo aherutse gutangaza ko hari abamubwiye ko bitakibaye..

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *