APR FC kuri uyu wa Mbere yatangaje ko yamaze gusinyisha myugariro Salomon Charles Bienvenue Banga Bindjeme.
Uyu munya-Caméroun yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira ikipe y’Ingabo z’Igihugu.
Salomon Bindjeme w’imyaka 27 y’amavuko, yari asanzwe akinira Al-Hilal Omdurman yo muri Sudani.
Uyu myugariro kandi yanyuze mu makipe arimo Difà¢a El Jadida yo muri Maroc, cyo kimwe na Colombe Starts na Cotton Sport de Garoua y’iwabo.
Bindjeme kandi asanzwe akinira ikipe y’Igihugu ya Caméroun dore ko muri CHAN ya 2020 yari Kapiteni wayo.
Uyu myugariro yaje gusinyira APR FC nk’umusimbura wa myugariro Denis Ngweni Ndasi na we w’umunya-Caméroun wananiwe kumvikana n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu; bikaba ngombwa ko yerekeza muri imwe mu makipe yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Bindjeme yabaye umunyamahanga wa karindwi APR FC itangaje nk’umukinnyi wayo.
Ni nyuma y’Umurundi Nshimirimana Ismail ‘Pitchou’, Umugande Taddeo Lwanga, umunya-Caméroun, Joseph Apam Assongue, umunya-Nigeria Victor Mbaoma, umunye-Congo Pahvel Nzilha cyo kimwe n’umunya-Sudani Sharafeldin Shiboub Ali Abdelrahman.
APR FC kandi yasinyishije Ndikumana Danny uheruka guhamagarwa mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’.



One Response
Uwabaye Captain wa Caméroun yabaye umunyamahanga wa 7 APR FC isinyishije
Murakoze kugezaho ayo makiuru mutubwir nib hari nabandi Apr iteganya kongeramo