download

Uwahoze ari Perezida wa Bolivia yatawe muri yombi nyuma y’amezi 2 avuye ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, Luis Arce wahoze ari Perezida wa Bolivia yatawe muri yombi mu rwego rwo gukora iperereza kuri ruswa yaba yarafashe igihe yari minisitiri w’ubukungu.

Ifungwa rya Arce rije nyuma y’ukwezi kumwe gusa avuye ku butegetsi kandi hashize amezi atarenze abiri umukandida bari bahanganye, Rodrigo Paz, atsinze amatora yo mu Kwakira.

Igikorwa cy’amatora muri uyu mwaka cyabaye mu gihe hari impungenge z’ubukungu kuko abaturage ba Bolivia bagaragaje ko bifuza impinduka, aho benshi bamaze kugaragaza kutishimira ishyaka Movement Toward Socialism, rizwi ku izina rya MAS ryari ku butegetsi.

Abanya Boliviya bahisemo gutora Paz muri uyu mwaka, kandi hamwe n’ibyo, byazanye iherezo ry’imyaka 20 y’ubutegetsi bw’abasosiyalisiti mu gihugu cyo muri Amerika y’Epfo.

Uwahoze ari Perezida Luis Arce yafatiwe i La Paz, Visi Perezida, Edmand Lara, avuga ko itabwa muri yombi rye rifitanye isano no kunyereza umutungo wa Leta.

Ni ibyaha Arce avugwaho gukora igihe yari minisitiri w’ubukungu ku butegetsi bwa Evo Morales wategetse hagati ya 2006 kugeza 2019. Iperereza ryerekeye kohereza amafaranga ya leta ku banyapolitiki.

Ally Maria Nela Prada wari minisitiri muri guverinoma ye, ashimangira ko Arce ari umwere

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *