fb95e7e9342049aaa684260368b8688c-481701979-1470717304275338-2585421740987485

Uwatwaye Tour du Rwanda yahanwe

Sangiza iyi nkuru

Umufaransa Fabien Doubey wegukanye Tour du Rwanda 2025 yaciwe amande n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) nyuma yo kugira uruhare mu guhagarika agace ka nyuma k’irushanwa.

Ku Cyumweru, aka gace kari katangiriye kuri Kigali Convention Center ariko kaje guhagarikwa nyuma y’uko Fabien Doubey, wari uyoboye urutonde rusange, asabye abakinnyi guhagarara avuga ko umuhanda unyerera kubera imvura n’umuyaga mwinshi.

Ibi ntibyashimishije abakinnyi bamwe, barimo Henok Mulubrhan wo muri Eritrea wari ku mwanya wa kabiri, wemeza ko isiganwa ryari gukomeza iyo biba mu Burayi.

Yagize ati “Byamushimishije cyane kuba agace k’uyu munsi katakinwe. Ntabwo twari guhagarika isiganwa ry’ibi bitonyanga by’imvura iyo biba mu Burayi.

UCI yaciye Fabien Doubey amande ya 300,000 Frw imushinja imyitwarire idakwiye. Azanitaba akanama k’imyitwarire kugira ngo atange ibisobanuro ku cyemezo yafashe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *