Umunyamategeko wunganira Paul Rusesabagina, Me Rudakemwa Jean Felix yasabye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi ko urubanza rwasubikwa, rugasubukurwa nyuma y’amezi atandatu.
Yabivuze kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 ubwo uru rubanza byitezwe ko ruburanishwa mu mizi rwasubukurwaga.
Uyu munyamategeko avuga ko dosiye ya Rusesabagina n’abo bareganwa uko ari 20 ari nini cyane ku buryo yose bakeneye kuyigaho no kuyisesengura.
Avuga ko kandi Urukiko rwasuye Gereza ya Nyarugenge Rusesabagina afungiwemo, rusanga hari inyandiko ze ahererekanya n’abamwunganira mu mategeko zifatirwa. Rwategetse yo gereza yajya izimuha ndetse ikamuha n’ibikoresho bimufashe gutegura urubanza, birimo mudasomwa n’ibijyanye nabyo.
Me Rudakemwa yavuze ko iki gihe cy’amezi atandatu gihagije kugira ngo azagaruke imbere y’urukiko, asobanura neza dosiye.
Ubushinjacyaha bwo buvuga ko butangajwe no kuba bugiye kuburana ku byaburanweho mu gihe gishize, bugasaba urukiko na Rusesabagina kurekera aho icyo bwita “gutinza urubanza”.
Me Rudakemwa avuga ko dosiye ya Rusesabagina ijya kureshya n’impapuro (pages) 300.
Urukiko rwitezweho gutanga umwanzuro ku busabe bwa Rusesabagina n’umwunganira mu mategeko.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


