Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu, bwatangaje ko ibihano bitegereje abazitwaza intsinzi y’Amavubi bakica gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Ku cyumweru ni bwo Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ izakina na Guinée, mu mukino wa 1/4 cy’irangiza cya CHAN uzabera kuri Stade ya Limbé.
Amavubi yaherukaga gutsinda Togo mu mukino wayahesheje tike, unatuma abenshi mu Banya-Kigali basohoka mu ngo bishimira intsinzi.
Umujyi wa Kigali kuri Twitter wavuze ko abaturage bagomba gushyigikira Amavubi bari mu ngo zabo, ushimangira ko abazarenga kuri Guma mu Rugo bitwaje intsinzi bazahanwa.
Ubuyobozi bw’Umujyi bwavuze ko: “Ibikorwa by’imyidagaduro n’ibihuza abantu bibujijwe muri iki gihe cya Guma Murugo iKigali. Ubwo imikino ya CHAN 2020 igikomeje, reka dushyigikire ikipe y’Igihugu Amavubi tuguma mu rugo kuko icyorezo cya COVID-19 kirahari kandi kirandura.”
Bwunzemo buti: “Gufana no gushyigikira ikipe, ntibikuraho ko twugarijwe n’icyorezo cya koronavirusi, niyo mpamvu dusabwa gukomeza ingamba zo kwirinda kandi tuguma mu rugo. Uzarenga ku mabwiriza azahanwa. Ntabe Arinjye cyangwa wowe wandura COVID-19.”
Ubutumwa bw’Umujyi wa Kigali buje bushimangira ubuheruka gutangwa na Polisi y’u Rwanda yihanangirije abaturage ibasaba kudasubiramo ibyakozwe ku wa 26 Ukuboza.



8 Responses
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
Muhumure ntituzava murugo mukwishimira insinzi ,muyiteye umwaku nyine ubwo nogutsinda ntigitsinze
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
Muhumure ntituzava murugo mukwishimira insinzi ,muyiteye umwaku nyine ubwo nogutsinda ntigitsinze
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
Muhumure ntituzava murugo mukwishimira insinzi ,muyiteye umwaku nyine ubwo nogutsinda ntigitsinze
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
Muhumure ntituzava murugo mukwishimira insinzi ,muyiteye umwaku nyine ubwo nogutsinda ntigitsinze
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
Hhhh! Dancer avant la musique.
Muhumure biriya bintu byatubayeho bitunguranye kwihangana biranga.
Yego ejo ntituzi niba hari intsinzi ariko intsinzi twabasha kuyakira ibonetse kuko twariyakiriye.
Mu izina ry’abafana Bose barenze Ku mabwiriza nsabye imbabazi kandi muhumure mutekane ntabwo bizongera pe!
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
Hhhh! Dancer avant la musique.
Muhumure biriya bintu byatubayeho bitunguranye kwihangana biranga.
Yego ejo ntituzi niba hari intsinzi ariko intsinzi twabasha kuyakira ibonetse kuko twariyakiriye.
Mu izina ry’abafana Bose barenze Ku mabwiriza nsabye imbabazi kandi muhumure mutekane ntabwo bizongera pe!
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
NTIBIRI BWOROHE , DUTSINDE GUSA IBINDI UBUNDI, NTITUJYE MU MUHANDA ARIKO DUTSINDE NICYO TWIFUZA
Uzava mu Rugo yishimira intsinzi y’Amavubi kuri Guinée azahanwa_Umujyi wa Kigali
NTIBIRI BWOROHE , DUTSINDE GUSA IBINDI UBUNDI, NTITUJYE MU MUHANDA ARIKO DUTSINDE NICYO TWIFUZA