Umusore wo mu gihugu cya Nigeria yibye inkoko amaze kuzifatanwa bamwambika ubusa bamuzengurutsa umujyi wose bazimuhambiyeho ari nako ashungerewe n’abaturage.
Aka gashya gafatwa nk’ihohoterwa ry’ikiremwamuntu kabereye gihugu cya Nigeria, ho muri leta ya Benue aho uyu musore ukiri muto yahaboneye insanganya.

Mbere y’uko yambikwa ubusa akanahambirwaho izi nkoko hari bamwe mu baturage babanje gusaba ko azirya ari mbisi ariko umubare munini w’abari aho ntiwabyemera biba ngombwa ko hemezwa ko yambikwa ubusa ubundi agahambirwaho izi nkoko.

Iki gikorwa yagikoze, bimwe mubyo yibye babimuhambiye mu ijosi, ibindi mu maboko kandi ibi byose abikora yambaye uko yavutse.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / bwiza.com


