Ikipe ya Young Africans ikinamo Kapiteni w’Ikipe y’igihugu Amavubi, Haruna Niyonzima, yakiriye Umurundi Kaze Cédric uheruka gusinya amasezerano yo kuyitoza.
Uyu mugabo w’imyaka 40 y’amavuko yageze i Dar es Salaam ku wa Kane w’iki cyumweru aje gusimbura Umunya-Seribia Zlatko Krmpotic iyi kipe uheruka kwirukana, nyuma y’iminsi 37 yari amaze ayitoza.
Kaze Cédric akigera ku kibuga cy’indege cyitiriwe Mwalimu Julius Nyerere yakiriwe n’umuyobozi wa Young Africans, agisohoka asamirwa hejuru n’abafana n’abanyamakuru benshi bari bamutegereje.
Uyu mutoza wanyuze muri Mukura VS ya hano mu Rwanda hagati ya 2013 na 2014, yatozaga mu ishuri ry’umupira w’amaguru ry’ikipe ya FC Barcelona (Bescola Soccer School) ry’i Edmonton muri Canada.
Mu minsi yashize mbere y’uko Young Africans yemeza Zlatko nk’umutoza wayo mukuru, yari yabanje kumvikana n’umutoza Kaze, gusa birangira atayerekejemo ku munota wa nyuma kubera impamvu z’umuryango we.
Kaze afite akazi kenshi kamutegereje
Kaze Cédric ugiye gutoza Yanga afite impamyabumenyi yo ku rwego rwa A mu by’ubutoza yahawe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).
Ikipe ya Young Africans aje gutoza, imwitezeho kongera kuyigira igihangange no kuyifasha gutwara ibikombe, dore ko imaze imyaka itatu itazi uko igikombe cya Shampiyona ya Tanzania gisa.
Gusubiza Yanga ku gasongero ka ruhago ya Tanzania bizasaba umutoza Kaze guhigika amakipe ya Simba SC imaze igihe yarigaruriye ruhago ya Tanzania ndetse na Azam FC idasiba guha akazi gakomeye ariya makipe abiri akunze kurusha andi muri Tanzania.
Ikizamini cya mbere kuri Kaze Cédric giteganyijwe tariki ya 07 Ugushyingo, ubwo azaba yahuye na Simba Sports Club mu mukino wa Shampiyona uzabera kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar es Salaam.
Magingo aya Young Africans iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ya Tanzania igeze ku munsi wa gatandatu, ikaba ifite amanota 13 mu mikino itanu imaze gukina.
Irarushwa amanota atanu na Azam FC yaraye igize amanota 18/18, nyuma yo kunyagira ikipe ya Mwadui FC ibitego 3-0 byatsinzwe n’Abanya-Zambia: Obrey Chirwa (2) na Prince Dube.




