Perezida Volodymyr Zelenskiy wa Ukraine, yatangaje ko abasirikare b’igihugu cye barenga 3,000 ari bo bamaze kugwa mu ntambara n’Ingabo z’u Burusiya.
Ni nyuma y’intambara ingabo z’ibihugu byombi zimazemo iminsi irenga 50.
Perezida Zelensky aganira n’umunyamakuru Jake Tapper wa Televiziyo ya CNN, yavuze ko uretse abasirikare ba Ukraine bushwe, hari n’abandi bagenzi babo babarirwa muri 10,000 bamaze gukomerekera muri iriya ntambara.
Yavuze ko cyakora cyo Ingabo z’igihugu cye zimaze kwica abasirikare b’u Burusiya babarirwa mu 20,000; gusa ni imibare bikigoranye kugenzura no kwemeza ukuri kwayo.
Mu kwezi gushize u Burusiya bwatangaje ko abasirikare babwo 1,351 ari bo bari bamaze kugwa muri Ukraine, mu gihe 3,825 ari bo bwemerega ko bakomerekeyeyo.
Kuri ubu Ingabo z’u Burusiya n’iza Ukraine ziri guhanganira mu mujyi wa Mariupol wo mu majyepfo ya Ukraine.
Perezida Zelensky yavuze ko “muri uyu mujyi ibintu biracyakomeye”, gusa ashimagiza ingabo z’igihugu cye avuga ko ziri gukora akazi gakomeye.
Ati: “Intsinzi y’Ingabo zacu ziri ku rugamba rwose iragaragara, iragaragara by’amateka. Gusa ntabwo bagihagije cyane byo guhanagura abaduteye ku butaka bwacu.”
Perezida wa Ukraine yongeye gusaba amahanga inkunga y’intwaro ziremereye no gufatira ibihano igitoro gituruka mu Burusiya, nk’uburyo bwo kubuca intege.


