IMG-20250221-WA0022-640x375

Zimbabwe: Inama y’abaminisitiri ya EAC na SADC yasubitswe

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu badipolomate batandukanye agera kuri RFI aravuga ko inama y’abaminisitiri ba EAC na SADC yari iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 28 Gashyantare 2025, itakibaye.

Intumwa z’u Rwanda zivuga ko zitabonye ubutumire bwa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Zimbabwe, igihugu cyari kwakira iyi nama. Izindi ntumwa zari zitegerejwe i Harare nazo ntizigeze zijyayo.

I Kinshasa, aya mpakuru ngo ntiyitaweho cyane, icyakora, abategetsi ba Congo bemeje isubikwa ry’iyo nama yari yateganijwe. 

Gusa, ikizwi ni uko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DRC yahuye na Perezida Félix Tshisekedi kuri uyu wa Kane ushize kugira ngo baganire kuri iki kibazo, ariko nta makuru arambuye yashyizwe hanze.

Iyi nama isubitswe mu gihe Luxembourg yitambitse ibihano by’i Burayi ku Rwanda, mu gihe hagitegerejwe ibizava mu nama nk’izi. Impamvu nyazo zo gusubika iyi nama ntiziramenyekana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *