Ibi ni ibyatangajwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi ( HCR ), ko ubuzima bw’impunzi z’Abarundi ziri mu bihugu bituranye nabwo burimo kugenda burushaho kuba bubi, uyu muryango ukaba uvuga ko hakenewe ahandi izi mpunzi zakwakirwa.
Radiyo Ijwi ry’Amerika itangaza ko u Rwanda, Congo na Tanzania byakiriye impunzi z’Abarundi zigera ku bihumbi 386, HCR ikaba itangaza kandi ko uyu mubare uzava kuri ibi bihumbi ukazamuka kugera ku bihumbi 500, uyu mwaka (2017).
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nta kindi kizatuma izi mpunzi ziyongera ngo ni amakimbirane akomeje kugaragara mu Burundi n’ihohoterwa iryo ariyo ryose rikomeje gukorerwa ikiremwamuntu.
Leo Dobbs, umuvugizi wa HCR yatangarije Ijwi ry’ Amerika ko hari raporo zakozwe zigaragaza abantu bagenda bashimutwa abandi bakicwa na Leta, ndetse n’abantu babarirwa mu majana bahunga mu cyumweru.
Ku ruhande rw’u Burundi nabwo bugatangaza ko bumaze kwakira impunzi zabwo zirenga ibihumbi 100 zihunguka ziva muri ibihugu byatangajwe haruguru, bugatangaza kandi ko nabwo bucumbikiye izirenga ibihumbi 50 ziganjemo izo muri RD Congo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangiishatse Theoneste/Bwiza.com


