Musanze-Nyarugenge: Gucungana n’abayobozi, isuku nke n’izamurwa ry’ibiciro mu gihe cya Coronavirus
Muri iki gihe leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhagarika ibikorwa hafi ya byose mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Coronavirus, mu turere turimo Musanze na Nyarugenge haranzwe n’imyitwarire itandukanye y’abaturage, bigaragara ko batarasobanukirwa cyangwa birengagiza nkana amabwiriza yashyizweho. Mu murenge wa Remera/Musanze Umunyamakuru wa bwiza.com yageze mu murenge wa Remera mu karere ka Musanze […]
MINISANTE yemeje abandi bantu bashya banduye COVID_19

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki cyumweru tariki ya 22 Werurwe hagaragaye abandi barwayi b’icyorezo cya Coronavirus babiri biyongera kuri 17 bari basanzweho. Minisante ivuga ko abarwanyi bashya ba Coronavirus barimo Umunyarwanda w’imyaka 32 wageze mu Rwanda ku wa 19 avuye i Dubai, n’undi na we w’imyaka 32 wageze mu Rwanda bukeye bwaho avuye i […]
Umuyobozi wa HRW ntacyemerewe gukurikira Perezida Kagame kuri Twitter

Umuyobozi Mukuru w’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Right Watch, Kenneth Roth ntacyemerewe gukurikira Perezida Kagame ku rubuga rwa Twitter. Ibi byagaragaye ubwo uyu Munyamerika wayoboye HRW kuva mu 1993 yabitangarizaga kuri uru rubuga kuri uyu wa 22 Werurwe 2020. Kwamburwa uburenganzira bwo gukurikira umuntu kuri Twitter Nyiri konte y’uru rubuga ni we ufite ububasha […]
Kenya: Abajura bibye urugi rwo ku biro bya polisi
Polisi mu gace ka Bungoma muri Kenya irahiga bukware abantu bataramenyekana bibye urugi rwo ku marembo manini kuri Sitasiyo ya Polisi ya Bungoma. Ibinyamakuru byo muri Kenya bitangaza ko ubu bujura bwabaye mu cyumweru gishize gusa polisi ishaka kubihisha. Ibi ariko ntibyahsobotse kuko amakuru yasakaye kuko byabaye ngombwa ko polisi itangira kubaza abantu benshi baba […]
Hagati ya Zambia na RDC ku mupaka haravugwa imirwano ikaze
Imirwano hagati ya Zambia na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo imaze icyumweru aho ibihugu byombi birwanira ubutaka buri hafi n’umupaka uhuza ibi bihugu mu gace kitwa Kibanwa. Uru rugamba rwasembuwe no kuba ingabo za Zambia zarinjiye ku butaka bwa Kongo muri aka gace kitwa Kibanwa hafi n’ikiyaga cya Tanganyika. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP byatangaje ko […]
Gambia: Leta irahiga bukware 14 batorotse akato
Leta ya Gambia kuwa Gatanu yashakishaga uruhindu abantu 14 bari barashyizwe mu kato muri hoteli nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima z’iki gihugu. Minisitiri w’Ubuzima, Ahmadou Lamin Samateh yavuze ko abatorotse ari bamwe mu itsinda ry’abagenzi bari baturutse mu Bwongereza bakaba bari mu kato muri hoteli mu murwa mukuru Banjul.Yagize ati”Bamwe mu bagenzi bari mu kato bishe […]
Uganda yangiye abarimo Abanyarwanda kwinjira ku butaka bwayo
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ku wa 22 Werurwe, amagana y’abagenzi bari baturutse mu Rwanda barimo n’Abanyarwanda bangiwe na Uganda kwinjira ku butaka bwayo ubwo bageraga ku mupaka wa Gatuna. Ni nyuma y’uko leta ya Uganda ishyizeho ingamba zikomeye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Virusi ya Corona. Muri izi ngamba zaraye zishyizweho na […]
Kisoro: Padiri n’ababikira bari mu mazi abira nyuma yo kurenga ku mabwiriza ya Museveni
Umuyobozi wa Paruwasi ya Mutolere Fr. John Bazimenyera kuri iki Cyumweru yatawe muri yombi n’Igisirikare cya Uganda nyuma yo kurenga ku mabwiriza ya Perezida Museveni yo gufunga insengero n’andi mahuriro y’abantu nk’imwe mu ngamba zo kwirinda Coronavirus. Uyu mupadiri yafatanwe n’ababikira babiri kuri Paruwasi ya St Peter’s Catholic Church ya Kisoro aho yari yakoresheje Misa […]
U Burundi bufitanye n’Imana amasezerano yihariye: Umuvugizi wa Perezida
Umuvugizi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, Jean Claude Ndenzako yatangaje ko impamvu igihugu cye kitarageramo icyorezo cya Coronavirus ari uko gifite umwihariko wo gushyira Imana imbere. Ni mu kiganiro yagiranye na BBC, avuga ingamba u Burundi bwafashe mu gukumira iki cyorezo cyugarije akarere n’Isi muri rusange. Ndenzako yavuze ko iki gihugu gikurikiza amabwiriza atangwa n’inzego […]
Leta yemeye gufasha abababaye kurusha abandi kutazicwa n’inzara mu gihe cyo kwirinda COVD-19
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anasthase, yavuze ko Leta y’u Rwanda iri kwishakamo ibisubizo kugira ngo Abanyarwanda bababaye kurusha abandi batazicwa n’inzara muri iki gihe igihugu cyafashe ingamba zikomeye mu rwego rwo kwirinda Coronavirus. Mu ijoro ryakeye ni bwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo ririmo amabwiriza mashya Abanyarwanda bagomba gukurikiza mu rwego rwo guhangana […]
Hon. Sebaba n’Imana bari mu kato
Kuba njyewe Hon. Sebaba nihereyeho si uko nza mbere y’Imana ahubwo ni uko ari njye ugowe kuyirusha, ibibazo bikaba byandenze yo yibereye aho kuko ari inkire ikaba ifite byose, ubushobozi, ubukire no gukiza ibyorezo n’indwara mu bantu. Ibintu byahumiye ku mirari kuko yo nari nyisanganywe ariko ngapfa kunyenyeza nkagenda none ubuhumyi bwo bwanteye guhama hamwe […]
Abarwayi 17 ba Coronavirus bahuye n’abasaga 600: Min. Dr. Ngamije
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu hasuzumwe abantu 130 Coronavirus hakaba nta bwandu bushya bwigeze bugaragara bigatuma umubare w’abanduye uguma kuri 17. Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yavuze ko muri rusange abantu banduye Coronavirus uko ari 17 bahuye n’abasaga 600 muribo abamaze gusuzumwa bakaba ari 467 barimo n’abasuzumwe kuri uyu wa Gatandatu 130 […]