Kigali na Rusizi habonetse abantu 93 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Kanama 2020 yatangaje ko abantu 93 bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 4610 byafashwe. Ababonetse muri Kigali ni 80, ababinetse muri Rusizi ni 13 barimo abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi n’ababonetse mu midugudu iri mu kato. Abamaze gukira Covid-19 bageze ku 1604 barimo 46 b’uyu munsi. Muri […]
UEFA CL: Bayern Munich inyagiye FC Barcelona ibitego 8 igera muri 1/2 cy’irangiza
Ikipe ya Bayern Munich ibaye ikipe ya gatatu ikatishije itike ya 1/2 cy’Irangiza muri UEFA Champions league y’uyu mwaka, nyuma yo kunyagira FC Barcelona ibitego 8-2 mu mukino wa 1/4 cy’irangiza. Ni umukino byari byitezwe ko uza gukomera kubera izina amakipe yombi afite, gusa uza korohera cyane ikipe ya Bayern Munich. Imvura y’ibitego FC Barcelona […]
Mu bihugu 15, bifite abakobwa bafite uburanga buke Afurika ifitemo 3
Urutonde rwakozwe n’ikinyamakuru The Insiders cyandikirwa mu Bwongereza ruragaragaza ibihugu bifite abakobwa bafite uburanga buke. Muri ibi bihugu Afurika ifitemo ibihugu 3. Ni urutonde rwakozwe hifashihijwe amajwi y’abasoma iki kinyamakuru mu matora akorewe kuri Internet. 15. Hari ibihugu bitatu bya Afurika: Nigeria, Zimbabwe, Ethiopia Abantu benshi bavuga ko abagore bo muri Afurika ubusanzwe bafite umwihariko […]
Umuti wongera agatege mu kabariro watumye yiyicira umugore
Umugabo w’imyaka 34 y’amavuko witwa Eric Katinala ukomoka mu gace ka Kasama muri Zambia yaguze umuti wongera agatege mu gikorwa cyo gutera akabariro bituma yiyicira umugore. Uyu mugabo yabitangarije mu Rukiko Rukuru rwa Kasama nk’uko Zambia Daily Mail yabitangaje, avuga ko yari avuye muri Mansa yakoreraga umurimo w’ubukanishi bw’imodoka tariki ya 18 Ukwakira 2018, ari […]
Perezida Paul Kagame asanga nta terambere rishoboka ridashingiye ku ireme ry’uburezi
Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga nta terambere Afurika yageraho itarishingiye ku ireme ry’uburezi ritangwa mu mashuri yisumbuye. Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo umuryango Mastercard Foundation wamurikaga ibyavuye mu bushakashatsi wakoze ku burezi bwo mu mashuri yisumbuye yo ku mugabane wa Afurika. Raporo yashyizwe ahagaragara yerekana ibyavuye mu bushakashatsi bw’ibanze ku […]
Kaminuza y’u Rwanda yirukanye Karasira Aimable ushinjwa amakosa ane
Kaminuza y’u Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Kanama, yandikiye Karasira Aimable wari umwarimu wayo imubwira ko imwirukanye mu bakozi bayo kubera amakosa yagiye akora mu bihe bitandukanye. Mu ibaruwa yandikiwe na Kaminuza y’u Rwanda yashyizweho umukono n’Umuyobozi wa UR, Prof. Philipp Cotton, Karasira yabwiwe ko yirukanwe nyuma yo “guhuriza hamwe amakosa [ye] […]
Uko umunyeshuri wa kaminuza yaguze indege ebyiri n’imodoka z’akataraboneka

Umunyeshuri warangije Kaminuza muri Kenya witwa Jeffrey Ndungi Sila yaguze indege ebyiri zo mu bwoko bwa Cessna (5Y-CCN na 5Y-CCO) ndetse n’imodoka zigezweho nka Ranger Rover, Mercedes-Benz na Cadillac akesha ibikorwa by’ubujura mu by’ikoranabunga. The Daily Nation yatangaje ko Ndungi yabanje kwiga mu ishuri ribanza rya Unoa riherereye mu gace ka Wote, arirangiza mu 1999. […]
EAC yasabwe kuba yagaragaje ibihano yafatiye u Burundi na Sudani y’Epfo bitarenze uku kwezi
Akanama k’Abaminisitiri k’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kasabye ko bitarenze tariki 31 Kanama 2020, uyu muryango ugomba kuba wagaragaje ibihano bigomba gufatirwa u Burundi na Sudani y’Epfo ku bwo kunanirwa kwishyura imisanzu yabyo. Ku itariki ya 30 Kamena uyu mwaka ni bwo Abadepite mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EALA basabiye u Burundi na Sudani y’Epfo […]
Indirimbo Saa Moya igonganishije Bruce Melodie na RITCO
Ubuyobozi bw’ikigo cya RITCO gitwara abagenzi mu Rwanda bushinja umuhanzi Bruce Melodie kubuharabikira imodoka abicishije mu ndirimbo ‘Saa Moya’ aherutse gushyira hanze. Muri iyi ndirimbo Bruce Melodie yashyize ku rubuga rwa YouTube tariki ya 23 Nyakanga 2020, yageze aho aririmba ati : “Sinkubipa ndagukerereza, meze nka Ritco izamuka Shyorongi. Aya magambo ni yo yazamuye umwuka mubi […]
Gasogi United yasinyishije rutahizamu w’Umurundi yise ‘Intare y’akanwa Rwabwiga’
Ikipe ya Gasogi United kuri uyu wa gatanu, yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Iddy Museremu ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yagereranyije nk’Intare y’akanwa Rwabwiga. Inkuru y’uko uyu musore yasinyiye iyi kipe yabanje gutangazwa n’ibitangazamakuru by’iwabo i Burundi, mbere yo kwemezwa na Gasogi United ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Ubutumwa ikipe ya Gasogi yatambukije buragira […]
Ukuri ku myemerere ya Buddhism abantu benshi bitiranya n’ubupagani
Buddhism ni imyemerere yashinzwe n’umugabo w’umuhinde witwaga Siddhartha Gautama (“the Buddha”) mu myaka isaga 2500 ishize. Kugeza uyu munsi abayoboke b’iyi myemerere ku isi yose baragera kuri miliyoni 470. Abahanga bafata Buddhism nka bumwe mu buryo bw’imyemerere bwayobotswe na benshi by’umwihariko mu karere ka Asiya y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo. Mu burengerazuba bw’Isi naho bamwe mu bahanga bavukumbuye […]
Umuriro uraka hagati ya FC Barcelona na FC Bayern Münichn
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu, haramenyekana ikipe imwe hagati ya FC Barcelona yo muri Espagne na Bayern Münichn yo mu Budage, yiyongera kuri abiri yamaze gukatisha itike ya 1/2 cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions league ikomeje kubera i Lisbon mu gihugu cya Portugal. Mu ijoro ryakeye ikipe ya Leipzig yo mu Budage […]
Nigeria ihangayikishijwe n’imfu z’urubyiruko rwiyahura kubera imikino y’amahirwe
Guverinoma ya Nigeria ihangayikishijwe n’imfu z’urubyiruko zituruka ku mikino y’amahirwe izwi nka “Betting”. Aha muri Nigeria imikino y’amahirwe ihombye leta miliyari zisaga 2 z’amadolari ya Amerika buri mwaka. Raporo ku bushakashatsi bwakozwe na Polisi ya Nigeria yiswe Nigerian pollster Noi Polls igaragaza ko mu baturage miliyoni 190 batuye iki gihugu hafi 1/3 ni ukuvuga miliyoni […]