Abanduye Covid-19 mu Rwanda biyongereyeho 16

fb_img_16033077483392679.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020 yatangaje ko habonetse abandi bantu 16 banduye icyorezo cya Covid-19 mu bipimo 1306 byafashwe. Barimo 2 babonetse i Kigali, uwabonetse i Nyagatare na 13 babonetse mu nkambi y’impunzi mu Karere ka Kirehe. Abamaze gukira iki cyorezo ni 4798 barimo 1 w’uyu munsi, abakirwaye bo ni […]

Ibiciro by’ingendo biherutse gushyirwaho byahagaritswe

Hashingiwe ku byemezo by’inama Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yagiranye n’inzego zitandukanye, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwahagaritse ibiciro bishya rwari rwarashyizeho tariki ya 14 Ukwakira 2020. Ni nyuma y’aho ibi biciro byakuruye impaka ndende, aho RURA yashinjwaga kubizamura mu buryo budafite impamvu. Itangazo rya RURA rigira riti: “Hashingiwe ku byemezo by’inama Minisitiri w’Intebe yagiranye n’inzego zitandukanye, […]

Gicurasi-Kanama 2020: Ubushomeri bwagabanutseho 6.1%

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020 cyatangaje ko mu bushakashatsi cyakoze muri Kanama 2020, byagaragaye ko ubushomeri bwagabanutseho 6.1% ugereranyije n’uko bwari buhagaze muri Gicurasi. Iki kigo kivuga ko muri Gicurasi 2020, ubushomeri bwari ku kigero cya 22.1%, uyu mubare ukaba warazamuwe ahanini n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, aho bamwe mu bakozi bahagarikiwe […]

Kumara imyaka 7 adatera akabariro byatumye umugore we yaka gatanya

Urukiko rwa Mapo muri Leta ya Ibadan muri Nigeria rwatandukanyije umuryango wari umaranye imyaka 18 , aho umugore yareze umugabo ko amaze imyaka 7adatera akabariro. Igitangazamakuru MHL Interanationl kivuga ko kuwa 17 Ukwakira 2020 ari bwo umucamanza Ademola Odunade yatanyije ku mugaragaro Joel Olutunji na Blessing bari bamaze imyaka 18 babana nk’umugore n’umugabo. Blessing mu […]

Pierre Buyoya wayoboye u Burundi ntiyemera igifungo cya burundu yahawe

Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi na bagenzi be baherutse guhamywa icyaha cyo kwica Melchior Ndadaye na we wayoboye u Burundi, baramagana urubanza baciriwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi, bakavuga ko runyuranyije n’amategeko. Ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira, Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwakatiye Buyoya wategetse u Burundi hagati ya 1987-1993 na 1996-2003 igifungo […]

Kabuga Félicien ntabwo akiburaniye i Arusha

Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, IRMCT, kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020 rwatangaje ko Kabuga FĂ©licien atakiburanishirijwe i Arusha muri Tanzania. Byemejwe n’umucamanza wa IRMCT washinzwe urubanza rwa Kabuga, Iain Bonomy. Icyemezo cya IRMCT kije kivuguruza icy’urukiko rusesa imanza mu Bufaransa, rwemeje tariki ya 30 Nzeri 2020 ko uyu musaza yoherezwa […]

I Burundi bibutse imyaka 27 Ndadaye amaze yishwe (Amafoto)

img_20201021_153509.jpg

Kuri uyu wa Gatatu Abarundi barangajwe imbere na Perezida wabo, Gen. Evariste Ndayishimiye, bibutse ku ncuro ya 27 Melchior Ndadaye wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu wishwe nyuma y’iminsi mike atorewe kukiyobora n’abaturage. Umuhango wo kwibuka iyicwa rya Ndadaye wabimburiwe na Misa yo kumusabira yabereye muri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Mikayire (Michel), hakurikiraho igikorwa cyo gushyira […]

APR FC yakemuye ikibazo Tuyisenge Jacques yari afitanye n’umubyeyi wamushinjaga kumukubitira umwana

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu, yamaze gukemura ikibazo umubyeyi witwa Niyibishaka Abraham yari afitanye na rutahizamu, Jacques Tuyisenge, yashinjaga kumukubitira umwana. Muri Kanama uyu mwaka Niyibishaka yari yandikiye FERWAFA ayisaba kumurenganura umwana we Ananias Munyemana akabona ubutabera, nyuma yo gukubitwa na Jacques Tuyisenge. Uyu mubyeyi yasobanuye ko byabaye tariki 20 Mutarama 2014 […]

Menya uko watahura itangazo ryitiriwe urwego rwa leta

ek1y-o_x0agiyfa.jpg

Mu gihe ikoranabuhanga ryateye imbere n’abakoresha imbuga nkoranyambanga biyongereye, hakwirakwira amakuru atandukanye; arimo ay’impamo n’ay’ibihuha ku buryo bishobora kugorana cyane kuyatandukanya mu gihe hadakozwe ubusesenguzi bwimbitse, cyangwa se urwego bireba rutagize icyo ruyavugaho. Nko muri iki gihe cya Covid-19, Abaturarwanda bahora banyotewe no kumenya amakuru aturuka mu nzego za leta, avuga ku ngamba n’amabwiriza byabashyiriweho. […]

Petr Cech wari warasezeye umupira ari mu bakinnyi Chelsea izifashisha muri shampiyona

Umuzamu Petr Cech wari umaze umwaka urenga yarasezeye umupira w’amaguru, yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi ikipe ya Chelsea izifashisha muri shampiyona y’Abongereza. Cech w’imyaka 38, yari asanzwe ari umujyanama mu bya tekiniki n’uko abakinnyi ba Chelsea bitwara, akaba yashyizwe kuri ruriya rutonde nk’umukinnyi wo kuza gutabara mu gihe bagenzi be bashobora kuba bafite ibibazo. Umutoza Frank […]

Nigeria: Abigaragambya batwitse banki eshatu

Abaturage ba Nigeria bari mu myigaragambyo, mu ijoro ry’uyu wa 20 Ukwakira 2020 batwitse banki eshatu nk’uburyo bwo kwihimura kuri Polisi ikomeje kwica bagenzi babo. Banki batwitse ziherereye mu Mujyi wa Lekki uherereye muri Leta ya Lagos, zirimo: Polaris, GTB na Access Bank. Aba baturage batwitse izi banki nyuma y’aho abapolisi bari bamaze kurasa muri […]

Padiri Ubald Rugirangoga arwaye Covid-19

Padiri Ubald Rugirangoga ukunzwe cyane n’abiganjemo abayoboke ba Kiliziya Gatolika mu Rwanda bitewe n’ibitangaza avugwaho yagiye akorera mu bice bitandukanye by’igihugu, kuri uyu wa 21 Ukwakira 2020 byamenyekanye ko arwaye icyorezo cya Covid-19. Iby’uko Padiri Ubald arwaye iki cyorezo byatangarijwe ku rukuta rwa Facebook rwe, akunze gukoreraho isengesho ry’Ishapure (Holy Rosary) rikiza indwara, mu buryo […]