Kwamamara bigiye kwica abahanzi ba Uganda-Eddy Kenzo

Eddy Kenzo uri mu byamamare bikomeye mu gihugu cya Uganda, aravuga ko ubwamamare mu bahanzi bo muri iki gihugu bigiye kubamara . Kenzo avuga ko ubundi umuhanzi yakabaye yicisha bugufi haba mu itangazamakuru no ku muturage ariko ngo kubahanzi bo muri Uganda si uko bimeze kuko usanga bazamura intugu iyo bagize amahirwe yo kumenyekana. Ati: […]

M23 yavuze ku makuru y’uko yaba yaritabaje abacancuro b’abazungu

Umutwe wa M23 wanyomoje amakuru amaze igihe avuga ko waba waritabaje abacancuro b’abazungu, kugira ngo bawufashe guhangana n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru ku rubuga nkoranyambaga rwa X hakwirakwijwe amafoto n’amashusho agaragaza abasirikare b’abazungu. Umunyamakuru Daniel Michombero uri mu bakwirakwije ayo mafoto yavuze ko ari ay’abacancuro b’abazungu M23 […]

Abafite ubumuga barasaba ko amategeko y’umuhanda avugururwa

Mu Rwanda haracyumvikana imbogamizi ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ku kuba bahabwa ‘Permis’ zo gutwara ibinyabiziga ku buryo usanga ngo nta mahirwe bahabwa nk’abandi kandi biyumvamo ubushobozi. Ibi byagarutsweho n’aba bafite ubwo bumuga , bavuga ko batumva impamvu batemerewe gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda, kandi ahandi zitangwa, dore ko hari n’abakoresha […]

Ronaldinho ategerejwe mu Rwanda

Rurangiranwa Ronaldo de Assis Moreira wamenyekanye mu makipe arimo FC Barcelona n’Ikipe y’Igihugu ya Brésil nka Ronaldinho Gaucho, ategerejwe mu Rwanda. Uyu munyabigwi azaza mu Rwanda muri Nzeri 2024, aho azaba yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago. Dinho yemeje ko azaza i Kigali binyuze mu mashusho yamamaza ririya rushanwa yashyize hanze yifashishije imbuga nkoranyambaga ze. […]

M23 yongeye gutanga impuruza ‘ku bwicanyi bwa FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi’

Umutwe wa M23 wongeye gutanga impuruza ku bwicanyi uvuga ko Ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera muri Masisi, unenga amahanga ku kuba akomeje kuruca akarumira. Ni mwitangazo uyu mutwe wasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ugushyingo 2023. Umuvugizi w’Ishami ryawo rya Politiki, Lawrence Kanyuka muri iryo tangazo, […]

SADC:Namibia ifite ikibazo gituma itazohereza ingabo muri RDC

Mu gihe ingabo za SADC (SAMIDRC) zitegerejwe cyane mu burasirazuba bwa DRC kugira ngo zunganire ingabo za Kongo mu guhagarika ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro yo mu karere ndetse n’amahanga, Namibiya, yatangaje ko itazohereza ingabo zayo muri iki gihugu. Perezida wa Namibiya, Hage Geingob, yashimangiye iki cyemezo avuga ko igihugu cye kidafite(Ubushobozi).Ibi yabitangaje ku wa mbere […]

U Rwanda rwazamutseho imyanya irindwi ruza imbere ku rutonde rwa FIFA

Igihugu cy’u Rwanda cyaje cyazamutseho imyanya irindwi ruza imbere ku rutonde ngarukakwezi rwa Fifa nk’uko byagaragajwe bikubiye kuri Liste yasohotse kuri uyu wa kane ibigaragaza. U Rwanda rwaje ku mwanya w’ 133 ku rutonde rw’ukwezi k’Ugushyingo 2023, ruvuye ku mwanya w’ 140 rwariho mu kwezi gushize k’Ukwakira 2023. Amanota y’u Rwanda kandi yiyongereyeho 20,01 kuko […]

Ibi biribwa ukwiye kubyitaho niba urangiza vuba mu gihe cyo gutera akabariro

Nkuko bizwi abahanga mu mirire bagaragaza ko , buri gice cy’umubiri gikenera amafunguro kugirango kirusheho kumererwa neza.|Ni nayo mpamvu usanga abantu bagirwa inama gufata amafunguro runaka ngo bagire ubuzima bwiza. Uretse no kugira ubuzima buzira umuze, hari ibiribwa abagabo barangiza vuba bagirwa inama yo gufata kugirango barusheho kwitwara neza muri icyo gikorwa. Muri ibyo biribwa […]

Champions League: Manchester United yaguye ikuzimu, Arsenal iha Lens umubatizo

Amahirwe ya Manchester United yo gukina â…› cya UEFA Champions league yongeye gusa n’ayoyoka burundu, nyuma yo kugwa miswi na Galatasaray ibitego 3-3. Iyi kipe y’umutoza Erik ten Hag yari yasuye Galatasaray ku kibuga cya Stade ya Rams Park, mu mukino ubanziriza uwa nyuma wo mu tsinda A. Ni ikibuga abafana ba Galatasaray basanzwe bagereranya […]

Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Amerika yapfiriye mu rugo iwe

Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri mu gahinda ko kubura umwe mu nabaye inkingi za mwamba mu buyobozi bwayo witabye Imana ageze mu za bukuru. Uyu mukambwe w’imyaka 100 Henry Kissinger, yahoze ari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika, yapfuye ubwo yari mu rugo iwe muri leta ya Connecticut. Itangazo ryasohowe n’ikigo cye Kissinger Associates cy’ubugishwanama muri […]

Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga yahawe imirimo mishya

Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turkiya. Ni inshingano yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 29 Ugushyingo 2023 iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente. Lt Gen (Rtd) Kayonga yazisimbuyeho Fidelis Mironko wari Ambasaderi w’u Rwanda i Ankara kuva muri […]

Libya: Abimukira 248 basubijwe iwabo nyuma yo gushaka gutorokera i Burayi

Ishami rishinzwe kugenzura abinjira mu gihugu mu buryo butemewe mu gihugu cya Libia ryasubije mu mahanga abimukira 248 batemewe bingiye muri iki gihugu bashaka uburyo berekeza ku mugabane w’i Burayi. Muri bo, 120 boherejwe muri Nijeriya, mu gihe 128 basigaye birukanwa ku butaka basubira muri Tchad. Badraddin Ben-Hamed, umuyobozi w’ikigo gishinzwe kohereza abantu muri iryo […]

Mbaoma yafashije APR FC gutsinda Sunrise, ikura Musanze FC ku mwanya wa mbere

Ikipe ya APR FC yafashe by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda Sunrise FC igitego 1-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa Kabiri wa shampiyona utarakiniwe ku gihe, bijyanye no kuba APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CAF Champions league. Igitego cyo ku munota wa […]

The Ben yavuguruje Meddy anakomoza kuri Bruce Melodie

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yamaze kugaruka i Kigali nyuma yo kuba akubutse muri Canada mu gitaramo yahakoreye, yatangaje byinshi ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ku kibuga cy’indenge mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe. The Ben yageze i Kanombe kuri uyu wa Gatatu asanganirwa n’itangazamakuru.Bimwe mu bibazo yabajijwe byagarutse ku nshuti ye Meddy uherutse gutangaza ko […]

Hijejwe ubufatanye hagati y’u Rwanda na Senegal mu rwego rwa Gisirikare

U Rwanda na Senegal bemeranyije gushimangira ubufatanye mu mikoranire y’urwego rwa gisirikare.Minisiteri y’Ingabo z’u yatanga je ko ibi biganiro byabaye ku wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023. Ibi byashimangiwe na Major General Vincent Nyakarundi Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, ndetse na mugenzi we ukuriye Ingabo za Senegal, (SAF) Gen Mbaye Cissé, baganira ku […]

Bruce Melodie yabaye indi nkuru

Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie akomeje kuba inkuru mu myidagaduro yo mu Rwanda nyuma yo guhura n’umunyabigwi Shaggy bakagirana ibihe byiza bishingiye ku muziki. Nk’uko bikomeje kugenda bigaragara ku mbuga nkoranyambaga, Melodie yagiye agaragara kenshi arikumwe n’uyu muhanzi ndetse n’irindi tsinda ry’abakorana bya hafi na Shaggy bose babarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za […]

Madagascar:Aba Colonel babiri bafunzwe bazira ibifitanye isano n’amatora

Aba colonel babiri muri Madagascar batawe muri yombi bakurikiranyweho guteza imvururu muri rubanda, zakurikiye amatora aherutse kuba muri iki gihugu. Ibyo birego byatangajwe nyuma y’iminsi itatu gusa Andry Rajoelina atorewe kuyobora manda nshya yo kuba perezida w’ikirwa cya Afurika(Madagascar) mu matora yamaganwe n’abayobozi benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi. Umushinjacyaha wa Antananarivo, Narindra Rakotoniaina, yatangaje ko abo […]

Ntibyifashe neza ku buzima bwa Papa Francis

Ubuzima bwa Papa Francis ntibwifashe neza nyuma yo kurwara ibicurane no kubabuka ibihaha byatumye abaganga bamwangira kujya mu ruzinduko rw’iminsi itatu i Dubai. BBC itangaza ko Papa yari yitezwe gutangira urwo ruzinduko rw’iminsi itatu ku wa gatanu.Mbere yaho ku wa kabiri, Vatican yari yavuze ko ateganya gukomeza iyo gahunda y’uruzinduko rwe nubwo yari arwaye mu […]

Impamvu umugore utwite akwiye kurya ipapayi

Kurya imbuto ni ingenzi mu buzima bwa buri munsi ariko by’umwihariko ku bagore batwite biba nk’itegeko bitewe n’uko uwo batwite acyeneye kubaho neza. Ipapayi ifite akamaro kanini cyane karimo ko ikungahaye ku ntungamubiri umubiri we ukenera ,aha twavuga nka A,B na C ukongeraho umunyungugu wa potasiyumu na Beta Carotene ,ibi byose bikaba ari ingenzi ku […]

Kigali: Hashyizweho ingamba zigamije kugabanya igihe abagenzi bamara bategereje imodoka

20231128_182339.jpg

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ugushyingo, yashyizeho amabwiriza n’ingamba bivuguruye bijyanye no gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali. Ni ingamba iyi Minisiteri yatangarije mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere, zikazatangira gukurikizwa guhera ku itariki ya 15 Ukuboza 2023. Ingamba zashyizweho zahuriranye no kuba hari […]

Rayon Sports yatsinze Police FC, yegera amakipe ayiri imbere

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC ibitego 2-1, bituma isatira amakipe ayiri imbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona utarakinnwe ku gihe bijyanye no kuba Rayon Sports yari mu mikino ya CAF Confederation Cup. Iyi kipe y’umutoza Mohamed Wade yafunguye amazamu ku munota wa […]

Tshisekedi yifata nk’umwana w’igitambambuga: Major Willy Ngoma

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma, yagaragaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi nta bushobozi afite bwo kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko yitwara nk’umwana w’igitambambuga. Major Ngoma yanenze Tshisekedi asa n’ukomoza ku mvugo akomeje gukoresha mu bikorwa bye byo kwiyamamariza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni Tshisekedi mu bice byose yagiye kwiyamamarizamo […]

Afurika y’Epfo:Abagera kuri 11 bapfiriye mu kirombe cya metero 200 mu bujyakuzimu

Muri Afurika y’Epfo haravugwa impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro yabaye kuri uyu wa Kabiri ihitana abantu bagera kuri 11 .Ni impanuka yabereye muri metero 200 z’ubujyakuzimu. Ubuyobozi bwa Sosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Impala Platinum [Implants], buvuga ko byatewe Lift itwara abakozi yaguye mu buryo butunguranye, ubwo yabazamuraga basoje akazi kabo k’umunsi. Ibitangazamakuru byo muri iki […]

Laika Umuhoza yahishuye uko Harmonize yamushotoye anakomoza ku ndirimbo bakoranye

Laika Umuhoza yatangaje ko agiye gushyira hanze ibihangano by’indirimbo yakoranye na Harmonize mu minsi ishize. Mu mezi atatu ashize, itangazamakuru ryagiye ritangaza amakuru avuga ko umuririmbyi Laika n’umucuranzi wo muri Tanzaniya Harmonize bakundana. Bombi bagiye babihakanira kure ariko uko bwije n’uko bucye ibimenyetso by’umubano wabo udasanzwe bikagenda bigaragara. Icyakora, ukwezi gushize, ubwo Harmonize yazaga muri […]

DR Congo:FDLR yatwitse urusengero rwasengerwagamo n’abiganjemo Abatutsi

Umutwe wa FDLR n’indi mitwe nka Nyatura, Mai Mai, yigabije ingo z’Abatutsi bo muri Teritwari ya Masisi baranasahura ,izindi barazitwika ariko ngo icyo bari bagambiye nyirizina ni ugutwika urusengero rwasengerwagwamo n’abiganjemo aba nyekongo b’Abatutsi. MAISHA RDC ducyesha aya makuru ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter (X), itangaza ko kuri uyu wa Mbere taliki 27 Ugushyingo […]

Ghana:Kardinali ukomeye muri Kiliziya Gatolika yimirije imbere ubutinganyi

Kardinali ukomeye wo muri Kiliziya Gatolika muri Ghana yabwiye BBC ko ubutinganyi budakwiye kuba icyaha gihanwa n’amategeko kandi ko abantu bakwiye gufashwa gusobanukirwa iki kibazo neza kurushaho. Kardinali Peter Turkson avuze ayo magambo mu gihe inteko ishingamategeko irimo kujya impaka ku mushinga w’itegeko rishyiraho ibihano bikaze ku batinganyi, cyangwa abakora imibonano mpuzabitsina b’igitsina kimwe, banazwi […]

EU yaburiye RDC ko gukomeza kurwana na M23 ntacyo bizamara

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi waburiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ingufu za gisirikare iri gukoresha kuri M23 ntacyo zizageraho, uyisaba gushyira imbere inzira ya dipolomasi mu gukemura amakimbirane ari hagati y’impande zombi. EU yaburiye RDC binyuze mu kiganiro cyo kuri telefoni intumwa yayo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Josep Borrell aheruka kugirana na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga […]

Cristiano Ronaldo yanyomoje umusifuzi wari wemeje ko yakoreweho penaliti y’igihuha

Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yakoze ibitari bimenyerewe, ubwo yabuzaga umusifuzi kumuha penaliti nyamara yari yemeje ko yakoreweho ikosa mu rubuga rw’amahina. Hari mu mukino wa Champions league yo muri Aziya ikipe ye ya Al Nassr yahuriragamo na Persepolis yo muri Iran. Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa kabiri w’umukino Cristiano Ronaldo yaguye mu rubuga rw’amahina […]

Rubavu: Ubukerarugendo bukorerwa ku mucanga w’Ikivu bugiye kuza mu isura nshya

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko buteganya kuvugurura no kunoza serivisi abatemberera ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu bakenera, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kuryoherwa. Ubuyobozi bw’aka karere bwabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 24 Ugushyingo, ubwo bwagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru. Ni ikiganiro cyabereye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, kamwe mu duce tugendererwa n’abantu b’ingeri zitandukanye mu […]

Uganda:Padiri wari umwe mu bakunzwe yishwe n’impanuka

Kiliziya Gatolika muri Uganda, iri mu marira nyuma y’urupfu rutunguranye rwa nyiricyubahiro Fr. Dr. Lawrence Yawe Mudduse wabaye umupadiri muri paruwasi ya Kiyinda Mityana ndetse akaba n’umwarimu wa tewologiya muri Seminari Nkuru ya Mutagatifu Pawulo Kinyamatsika i Port Port. Iyi mpanuka yabaye mu gihe uyu mupadiri yari avuye mu birori byo kwibuka byabereye i Mityana, […]

Mu bujurire bwa Yongwe hongeye kugarukwa kuri video yafashwe yaka amaturo

Harelimana Joseph uzwi nka Apotre Yongwe yongeye kujya imbere y’Urukiko aho yaburanye ku bujurire ku ifungurwa ry’iminsi 30 y’agateganyo aho mu by’ibyifashishijwe muri urwo rubanza harimo n’amashusho yafashwe yaka amaturo. Ni urubanza rwabereye mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo,aho uyu mugabo yageze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 27 Ugushyingo 2023. Yongwe ubwo yatangaga […]

Rutsiro:Bamaze imyaka 6 batarahabwa ibyangombwa by’ingurane z’amazu bahawe

Mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro hari abaturage batabaza inzego zibishinzwe nyuma y’uko ngo bahawe ingurane z’amazu ntibahabwa ibyangombwa byazo none imyaka itandatu ikaba yirihiritse. Bavuga ko ngo bakuwe mu mazu babagamo bakaguranirwa izindi nzu mu mudugudu w’icyitegererezo wa Karungu imyaka ikaba ibaye itandatu batarahabwa ibyangombwa byayo mazu baguraniwe. Ibi ngo byabaye ubwo […]

Salva Kiir yataramwe ku bwo kwita Samia Suluhu Perezida w’u Rwanda, Tshisekedi uwa Uganda

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo akomeje kuba igitaramo ku bakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kumvikana avuga ko Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania ari Perezida w’u Rwanda, na ho Félix Antoine Tshisekedi wa RDC akaba uwa Uganda. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Perezida Kiir yaramukijwe kuyobora umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), asimbuye […]

RDC:Kiliziya Gatolika yiteze imvururu nyuma y’amatora bitewe n’ubushobozi bucye bwa CENI

Kiliziya Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiyemera ko Komisiyo y’Amatora muri iki gihugu (CENI) ifite ubushobozi bwo kuyobora amatora ku rwego rwiza rukurikije amategeko. Ibi byagarutsweho na Karidinali Fridolin Ambongo wabaye Archbishop wa Kinshasa kuva 2018, aho ngo asanga iyi komisiyo idafite ubushobozi bwuzuye bwo kugenzura amatora bityo ko hakabaye hari urundi rwego […]

OMS yashyizeho ingamba nshya mu kurwanya kwigunga n’agahinda gakabije

Mu gihe ikibazo cyo kwiheba, kwigunga n’agahinda gakabije bizengereje benshi mu batuye isi, OMS iratangaza ko irimo kuvugutira umuti abafite ibi bibazo aho yatangiye gushyiraho itsinda rishinzwe kugabanya ubwiyongere bw’iki kibazo. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS/WHO, rivuga ko iki kibazo gikomeje gukaza umurego bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo amakimbirane yo mu muryango, amikoro macye […]

Biden na Qatar baraswe ibyubahiro ku bw’umwana muto wari warashimuswe na Hamas warekuwe

Ababyeyi b’umwana uri mu bari barashimuswe na ‘umutwe wa Hamas barashimira Perezida wa Amerika Joe Biden n’ubuyobozi bwa Qatar bwagize uruhare mu gutuma umwana wabo wari warashimuswe na Hamas arekurwa ubu akaba ameze neza. Umwana w’umukobwa w’imyaka ine ufite ubwenegihugu bwa Israel n’Amerika washimuswe na Hamas mu gitero cyayo mu majyepfo ya Israel cyo ku […]

I Goma humvikanye amasasu menshi

Urusaku rw’amasasu menshi rwaraye rwumvikanye mu mujyi wa Goma, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 26 Ugushyingo 2023. Ni urusaku rwumvikanye mu bice bitandukanye byo muri uyu mujyi. Bikiba amakuru yavugaga ko harimo haba imirwano hagati y’inyeshyamba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yise Wazalendo n’itsinda ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. […]

APR FC na Rayon Sports zatsikiye

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zabuze amanota y’umunsi wa 11 wa shampiyona, nyuma yo gutsikira imbere ya AS Kigali na Etincelles FC. APR FC yari yakiriye AS Kigali kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona. Umunota wa gatandatu w’umukino wari uhagije ngo umunya-Nigeria Victor Mbaoma afungurire amazamu iyi kipe […]

Umugabo ufite ubwanwa budasanzwe yatitije imbuga nkoranyambaga

Abakurikira urubuga twa Tiktok batangajwe n’umugabo ufite ubwanwa budasanzwe aho yakiriye ubutumwa butagira ingano bushimagiza gahunda yafashe yo kubutereka. uyu mugabo yavuze ko ubwanwa yateretse ari ubwa nyabwo kandi ko atari ubuhimbano, nk’uko umwe mu bamukurikira yabivuze. Yasubizaga abamubajije ibibibazo byinshi agaragaza ko ko ari ubwe yateretse. Uyu mugabo utatangaje amamuko ye , muri videwo […]

Perezida Nyusi yateguje FADM kuzirwanaho RDF nigenda

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yateguje Ingabo z’Igihugu ko zigomba gutekereza uko zigomba kwirwanaho, ubwo Ingabo z’u Rwanda (RDF) zizaba zashoje ubutumwa zimazemo igihe muri Cabo Delgado. Perezida Nyusi yazihaye ubu butumwa muri iki cyumweru, ubwo yitabiraga inama mpuzamahanga y’igisirikare cya Mozambique iheruka kubera mu mujyi wa Maputo. Kuva muri Nyakanga 2021 u Rwanda rwohereje […]

Derek Chauvin wishe George Floyd yaterewe icyuma muri gereza

Derek Chauvin wahoze ari umupolisi muri Minneapolis mbere yo guhamywa icyaha cyo kwica umwirabura George Floyd, yaterewe icyuma muri gereza ya Arizona afungiwemo. Ibiro Ntaramakuru The Associated Press byatangaje ko Chauvin w’imyaka 47 y’amavuko yakomerekejwe cyane n’indi mfungwa bari bafunganwe. Amakuru y’uko uyu mugabo yatewe icyuma yanemejwe n’ikinyamakuru The New York Times. Chauvin yahawe ibifungo […]

M23 na FARDC mu mirwano i Kilorirwe

M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye mu yindi mirwano kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Ugushyingo 2023. Imirwano hagati y’impande zombi yaramukiye i Kilorirwe ho muri Teritwari ya Masisi. Umuvugizi w’Ishami rya Politiki rya M23, Lawrence Kanyuka, yanditse kuri Twitter ye ko Ingabo za Congo zaramutse zirasa amabombe ku birindiro by’uriya […]

Umupolisi yishwe n’uwo bicyekwa ko yari umugore we aratoroka

Umurambo w’umupolisi witwa Eliya Lekishon wabarizwaga mu kigo cya cya Kilelengwani muri Kenya, wasanzwe mu kidendezi cy’amaraso mu nzu maze umugore ucyekwaho kumwica aburirwa irengero. Amakuru avuga ko uyu mupolisi yabanje kurwana kutumvikana n’umugore bitavugwaho rumwe niba ari yari uwe , maze nyuma aza kumwica ariruka nk’uko bitangazwa n’abaturanyi babo. Ku rundi ruhande ngo biracyekwa […]

Bidasubirwaho ingabo za EAC ziri muri RDC ntizizongezwa indi manda

Ingabo z’Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ntizizongerwa indi manda yo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi byagarutsweho mu nama y’abakuru b’ibigu bigize uyu muryango yateraniye I Arusha muri Tanzanzania kuri uyu wa Gatanu taliki 24 Ugushyingo 2023. Mu ba bakuru b’ibihugu bitabiriye iyo nama harimo perezida Samia Suluhu wa Tanzania, […]

Bwa mbere Gen. Tiani yagiriye uruzinduko mu mahanga kuva akoze Coup d’à‰tat

Perezida w’inzibacyuho wa Niger, Général Abdourahamane Tiani, ku wa Kane yahuye na mugenzi we Capitaine Ibrahim Traoré wa Burkina Faso ubwo yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri icyo gihugu. Ni rwo ruzinduko rw’akazi rwa mbere Gen. Tiani yari agiriye mu mahanga kuva ahiritse ubutegetsi bw’uwari Perezida, Mohamed Bazoum. Uruzinduko rwa Bazoum muri Burkina Faso rwari mu […]

FARDC yitiriye RDF drone M23 yigambye guhanura

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyitiriye RDF drone M23 yatangaje ko yahanuye kuri uyu wa Gatanu. FARDC biciye muri Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko uyivugira mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yavuze ko drone yahanuwe ari iya RDF. Ati: “Drone y’igisirikare cy’u Rwanda yasenyewe muri Teritwari ya Masisi.” Uyu musirikare cyakora ntiyigeze atangaza uwaba […]

Somalia yemejwe nk’Umunyamuryango wa 8 wa EAC

Igihugu cya Somalia kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ugushyingo 2023, cyemejwe nk’umunyamuryango wa munani w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Somalia yemerejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yabereye i Arusha muri Tanzania. U Rwanda muri iyi nama rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Intebe, Dr à‰douard Ngirente wayitabiriye mu cyimbo cya Perezida Paul Kagame. Somalia […]

Urukiko rwategetse ko X-Dealer ushinjwa kwiba telefoni ya The Ben arekurwa by’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rutegetse ko Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer ukurikiranyweho kwiba Telephone ya TheBen250 ko afungurwa by’agateganyo akazajya yitaba buri wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi. Iyi Telefoni Eric ashinjwa byavuzwe ko yibiwe mu Burundi ubwo The Ben yakoraga igitaramo taliki 1 Ukwakira 2023.Icyo gihe amakuru yavuze ko uyu musore yayibye akayambukana mu Rwanda […]

Cyera kabaye imodoka z’amashanyarazi zari zarizejwe Abanyarwanda zahageze

Imodoka zikoresha amashanyarazi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ziherutse gutangazwa ko zigiye kuza, cyera kabaye zamaze kuhagera.Bikaba byitezwe ko zigomba kunganira izisanzwe mu gihe gito. Ikigo cya BasiGo cyatsindiye isoko ryo gutwara abagenzi, cyemeza ko izi modoka zamaze kugera mu Rwanda ndetse zikaba zamaze kwambikwa ibirango by’ibinyabiziga byo mu Rwanda kugira ngo zitangire gutwara […]

Urunturuntu hagati ya Cindy na Eddy Kenzo bapfa amafaranga ya Guverinoma

Umuhanzikazi Cindy Sanyu arashinjya Eddy Kenzo kwigwizaho umutungo wa Federasiyo y’abahanzi abereye umuyobozi akirengagiza bamwe mu bahanzi. Hashize igihe, federasiyo ya Eddy Kenzo ikorana n’abayobozi ba leta, ibasaba gushyiraho amategeko agenga uburenganzira bwa muntu no gutanga inkunga k abahanzi. Icyakora, nk’uko Cindy abitangaza ngo federasiyo ya Eddy Kenzo yakiriye miliyari 18 UGSH, ariko ibyo bikaba […]

Niba ugona urasabwa gukora ibi bintu kugirango ubicikeho

Hari abantu benshi usanga bagona ariko ntibabe babimenya ahubwo ugasanga barabibwirwa n’ababumvise cyangwa abo bararanye.Hari uburyo bwinshi rero umuntu yakoresha yirinda kugona n’ubwo utavuga ko ku bantu bose babigerageje bikunda 100%. Kugona ni ikibazo gikomeye gikunze kwibasira cyane abakuze, bivugwa ko abagera kuri 45% bakunze kugira iki kibazo. Bibangamira cyane abo muryamanye, bikaba bishobora no […]

Undi mugore arashinja Puff Daddy kumufata ku ngufu

Undi mugore arashinja Mogul Sean uzwi nka Puff Diddy ko yamuhaye ibiyobyabwenge akanamufata ku ngufu mu mwaka wa 1991.Uyu mugore avuga ko ibi byose byabaye ubwo bari mu rukundo. Uyu mugore witwa Joi Dickerson-Neal, yatanze ikirego cye ku wa kane mu rukiko rw’ikirenga rwa Manhattan, avuga ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.Igaragaza ko ibyo byabaye […]

M23 yahanuye Drone y’intasi ya FARDC

LUmutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu watangaje ko Ingabo zayo zahanuye indege nto y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Iyi drone yafashaga FARDC mu butasi yahanuriwe muri Masisi, aho M23 na FARDC baramukiye barwana. Imirwano hagati y’impande zombi kuva mu masaha y’igitondo yarimo ijya mbere mu duce twa Karenga na Kilorirwe no […]

Goma: Katumbi yijeje FARDC indege z’intambara zigezweho

Moà¯se Katumbi uri mu bakandida biyamamariza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko natorerwa kuyobora iki gihugu azagurira Igisirikare cyacyo indege kabuhariwe z’intambara. Katumbi yabitangarije mu mujyi wa Goma aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Ugushyingo 2023. Hafi y’uyu mujyi wa Goma hamaze igihe hari umutekano muke kubera […]

Murengerantwari wahoze ayobora BRB yajyanwe mu Mpimba

Dieudonné Murengerantwari wahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru y’u Burundi (BRP), yamaze kugezwa muri gereza ya Bujumbura izwi nka Mpimba. Murengerantwari yagejejwe muri iriya gereza ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 22 Ugushyingo 2023. Ni nyuma y’uko ku wa 7 Ukwakira 2023 yari yatawe muri yombi n’Urwego rushinzwe iperereza mu Burundi (SNR). Ubushinjacyaha […]

Abasirikare ba CAR barenga 500 batojwe na RDF bagiye gukora Graduation

Igisirikare cy’u Rwanda kibarizwa muri Central African Republica, kivuga ko ku nshuro ya mbere hari abasirikare bo muri iki gihugu barenga 500 batoje bakaba bagiye gukora ibirori byo gusoza amasomo y’imyitozo bahawe ngo bazashobore kwirwanaho mu gihe ab’u Rwanda bazaba basoje akazi. Ibi byatangajwe n’umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga, ubwo yasobanuraga uruhare […]

‘Umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro mu Rwanda waragabanutse’ BNR

Amakuru atangwa na Banki Nkuru y ‘u Rwanda (BNR), iravuga ko umuvuduko ku izamuka ry’i biciro waragabanutse ku isoko aho wavuye kuri 15% ukagera kuri 12,7% kandi ngo birashoboka ko bizakomeza kumanuka. BNR ivuga ko uwo muvuduko wagabanutse mu gihembwe cya kabiri 2023, kandi ngo bizakomeza kugera mu mpera z’umwaka no mu ntangiro z’utaha wa […]

Kuba amahanga yemera P. Kagame biri mu byihutishije ubuvuzi Dr Kanimba yaherewe mu Buhinde

Hagati mu mwaka wa 2023, nibwo abantu benshi bamenye uburwayi bw’umudogiteri witwa Kanimba Vicent wamenyekanye mu buvuzi bwo mu Rwanda by’umwihariko mu gufasha abagore bagiye kubyara. Uyu muganga ubwo yafatwaga n’uburwayi bukomeye muri Gashyantare 2020 yagerageje kwivuza mu bushobozi bwe bwose ariko bigeraho burashira ari nabwo benshi batangiye kubimenya ubwo yatabarizwaga binyuze ku muyoboro wa […]

RDF igiye kwipima na TPDF

Ingabo z’u Rwanda zo muri diviziyo ya gatanu zigiye guhurira mu mukino wa gicuti n’iza Tanzania zo muri Brigade ya 202. Uyu mukino uteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 25 Ugushyingo, ukazabera kuri Stade y’i Ngoma. Kwinjira bizaba ari ubuntu. RDF na TPDF basanzwe bafitanye umubano mwiza, ndetse hari amasezerano ya gisirikare impande zombi […]