Perezida wa Niger yikomye abarimo Macron na Talon yizeza kuzihorera

Kuri uyu wa Kane, itariki 29 Mutarama 2026, Perezida wa Niger, Abdourahamane Tiani, yashinje abaperezida b’u Bufaransa, Benin na Cote d’Ivoire kuba barateye inkunga igitero cyagabwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Niamey, nubwo nta bimenyetso yatanze. Urusaku rw’amasasu n’ibisasu bya rutura byumvikanye mu nkengero z’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Niger, i Niamey, mbere gato ya saa […]

Perezida Faure Gnassingbé wa Togo ari i Kigali

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Perezida Faure Essozimna GnassingbĂ© wa Togo yageze i Kigali mu ruzinduko rw’akazi. Ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, Perezida GnassingbĂ© yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe. Perezida GnassingbĂ©, usanzwe unahagarariye itsinda ry’abunzi ba Afurika Yunze Ubumwe ku kibazo cya DRC, yageze mu mbere gato y’uko […]

Tshisekedi yakiriye abunzi bashyizweho na AU

Ku gicamunsi cyo kuwa Kane, Perezida FĂ©lix Tshisekedi yakiriye mu ngoro ye intumwa z’akanama k’abunzi ba Afurika Yunze Ubumwe (AU), mu rwego rwa gahunda zikomeje za dipolomasi zo guteza imbere amahoro muri DRC no mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Ibiganiro byibanze ku bikorwa by’abunzi bigamije guhagarika amakimbirane, cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu. Madamu Sahle-Work Zewde wahoze […]

U Burundi bweretse amahanga ko budateganya gufungura umupaka wa Gatumba

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, kuri uyu wa Kane n’abahagarariye ibihugu byabo muri iki gihugu, ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga n’akarere yemewe mu Burundi, baganira ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC n’ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo mu Burundi. “Umupaka uzongera gufungura igihe ibisabwa byose byujujwe,” iki ni igisubizo Minisitiri Bizimana yahaye umudipolomate, kuri uyu wa […]

Uvira: Haravugwa gukozanyaho hagati ya AFC/M23 na FARDC mu Kibaya cya Rusizi

Kuri uyu wa Kane habaye gukozanyaho by’akanya gato hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 na FARDC, ishyigikiwe na Wazalendo, mu kibaya cya Ruzizi, cyane cyane i Kanga, Rugeje, na Itisha, muri Gurupoma ya Kigoma muri Teritwari ya Uvira. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ubutegetsi abitangaza, ngo byibuze abasivili batatu biciwe muri iyi mirwano. Amakuru akomeza […]

Qatar yongeye guhamagaza RDC na AFC/M23 ku meza y’ibiganiro

Nyuma y’amezi arenga abiri ashize ibiganiro by’amahoro by’i Doha bigamije guhagarika amakimbirane akoreshwamo intwaro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bihagaze, bigiye gusubukurwa. Biravugwa ko Qatar, nk’umuhuza muri iki kibazo, yongeye gutangiza ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo n’Ihuriro rya AFC / M23, ihamagarira impande zombi gusubira ku meza y’ibiganiro i Doha. Impande […]

Niger: Haravugwa imirwano ikaze hafi y’Ikibuga cy’indege cya Niamey

Urusaku rw’amasasu menshi n’ibiturika byumvikanye nyuma ya saa sita z’ijoro  kuri uyu wa Kane hafi y’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Niger ku murwa mukuru, Niamey, rwateye ubwoba abaturage kandi bihungabanya ituze ry’umujyi. Amashusho yafashwe n’abenegihugu yerekanaga amasasu anyuranamo mu kirere aherekejwe n’iturika ry’urusaku nk’urw’inkuba. Andi mashusho arimo kuzenguruka kuri internet yafashwe yerekanye ibibatsi by’umuriro bizamuka muri […]

Harasozwa icyumweru cyahariwe uburyo bw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha mu magororero

Icyumweru cyahariwe uburyo bw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea Barganing) bukorerwa mu magororero, cyatangiye kuva ku itariki 26 kirasozwa kuri uyu wa 29 Mutarama 2026.  Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye bw’Urukiko rw’Ikirenga, Ubushinjacyaha, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, Ubuyobozi bw’Uturere na Legal Aid Forum Rwanda cyabereye mu magororero 11 yo hirya no hino mu Gihugu. Muri […]

Huye: Umugabo w’imyaka 21 akurikiranweho kwica umugore babanaga

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 21 ukekwaho kuba ku itariki ya 22/01/2026 ahagana saa tatu z’ijoro yarishe  umugore babanaga w’imyaka 20 ubwo bari mu rugo mu Mudugudu wa Kadurumba, Akagari ka Munazi, Umurenge wa Save, mu Karere ka Gisagara.   Mu ibazwa rye, ukekwa yavuze ko yamukubise ingumi mu gahanga akamukubita […]

Cibitoke: Imirambo y’abantu 3 yasanzwe ku Ruzi rwa Rusizi

Imirambo y’umugabo, umugore, n’umwana yavumbuwe ku nkombe z’Uruzi rwa Rusizi, kuwa Kabiri mu gitondo, hafi y’umupaka uhuza u Burundi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mu gace ka Gatoki, Umudugudu na Zone Rukana, Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’igihugu. Abayobozi bakeka ko ari igikorwa cyo kugerageza kwambuka bitemewe cyagenze nabi. Amakuru […]

France: Uwari senateri arashinjwa guha ibiyobyabwenge umudepitekazi

Uwahoze ari senateri JoĂ«l Guerriau w’imyaka 68, yemeye ko yahaye depite Sandrine Josso ikinyobwa kirimo ikiyobyabwenge cya MDMA ariko akavuga ko ari impanuka.   Uyu mudepitekazi wo mu Bufaransa yavuze ko yifuza ko “ukuri” kujya ahagaragara mu rubanza rw’uwahoze ari senateri ushinjwa kumunywesha ibiyobyabwenge agamije kumusambanya. Asobanura ko ari ibintu byamuteye ubwoba bw’uko ashobora gufatwa […]

Abanyarwanda barimo abarwanyi 15 ba FDLR batashye bava muri RDC

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 27 Mutarama 2026, MONUSCO, ibinyujije muri gahunda yo kwambura intwaro intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (DDRS), yasubije mu gihugu cyabo abaturage 34 b’Abanyarwanda, barimo 15 bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR hamwe n’abantu 19 bo mu miryango yabo. Iyi ni inshuro ya gatatu habaye gutaha […]

Korea y’Epfo: Uwahoze ari “first lady” yoherejwe muri gereza

Kuri uyu wa Gatatu, urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwategetse ko uwahoze ari umudamu wa mbere mu gihugu, Kim Keon Hee, ahabwa igifungo cy’umwaka umwe n’amezi umunani, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwakira ruswa yatanzwe n’abayobozi b’Itorero Unification Church kugira ngo na we azabafashe mu rwego rwa politiki. Umucamanza Woo In-sung wo mu Rukiko rw’Ibanze […]

Perezida Kagame yakiriye Prof. Dong-Sup Yoon uyobora Kaminuza ya Yonsei

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Mutarama, Perezida Kagame yakiriye, muri Village Urugwiro, Prof. Dong-Sup Yoon, Perezida wa Kaminuza ya Yonsei, na Dr. Won-Yong Lee, Visi Perezida Nshingwabikorwa ushinzwe Ubushakashatsi, hamwe n’intumwa bayoboye. Ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati ya Kaminuza ya Yonsei n’u Rwanda binyuze mu kungurana ibitekerezo, ubushakashatsi, no […]

U Rwanda na Jamaica byasinye amasezerano y’ubufatanye mu by’imari n’imigabane

Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda (RSE) ryashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (MoU) n’Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Jamaica (JSE), ashyiraho ubufatanye bufatika mu guteza imbere isoko, kubaka ubushobozi, no guhanga udushya, hibandwa ku hari amahirwe yo gushora imari.   Iki gikorwa cyitabiriwe n’abarimo Andrew Michael Holness, Minisitiri w’Intebe wa Jamaica, Hon. Fayval Williams, Depite akaba na […]

Amafoto: Abanyarwanda batuye Denmark bahuriye mu birori byo kwizihiza umwaka mushya

Abanyarwanda batuye muri Denmark baturutse imihanda yose, kuwa 24 Mutarama bahuriye mu mujyi witwa Viborg, mu birori bisoza umwaka, barasangira ndetse baranidagadura. Ni igikorwa bishimira cyane, kuko akenshi baba banakumburanye, dore ko badahura kenshi, keretse iyo habaye ibikorwa bibahuza; nk’umunsi w’abari n’abategarugori, kwibuka, umunsi wo kwibohora, Umuganura n’ibindi. Umwe muri aba Banyarwanda wavuganye na BWIZA […]

Burundi: Abasirikare bagize ngo bongejwe hashize akanya bayoberwa aho amafaranga agiye

Bamwe mu basirikare b’u Burundi barasaba umucyo nyuma y’ibintu byabaye, kuri uyu wa Mbere, kuri konti zabo ubwo bajyaga gufata imishahara, aho ngo habaye ibintu bitangaje bakabona bongejwe umushahara hashira akanya gato bakayoberwa aho amaffaranga agiye nk’uko umwe muri bo yabitangaje. Umwe mu basirikare wagejeje iki kibazo ku ishyirahamwe FOCODE riharanira uburenganzira bwa muntu, yavuze […]

ICC iremeza ko Duterte wahoze ayobora Philippine afite ubushobozi bwo kuburana

Abacamanza bo mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) bemeje ko Rodrigo Duterte wahoze ari Perezida wa Philippine afite ubushobozi bwo kwitabira iburanisha ry’ibanzirizasuzuma ku byaha ashinjwa byibasiye inyokomuntu. Ku itariki ya 23 Gashyantare, ICC izasuzuma niba dosiye y’ubushinjacyaha burega Duterte ikomeye ku buryo yakoherezwa mu rubanza. Abunganira Duterte mbere bavuze ko uyu mugabo w’imyaka 80 adafite […]

Igisirikare ntigikubita abagore, turashaka umugabo we w’ikigwari – Gen. Muhoozi

Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahakanye ibivugwa n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, uvuga ko abasirikare bateye umugore we mu gitero cyagabwe mu rugo rwabo ari ninjoro. Bobi Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yavuze ko abasirikare binjiye, mu ijoro ryo ku wa […]

Brig. Gen. Godfrey Gasana yahererekanyije inshingano na Col. Gatsinzi

Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Brigadier General Godfrey Gasana na Col Dan Gatsinzi baherutse guhabwa inshingano nshya.   Brig. Gen. Godfrey Gasana wagizwe umupilote wihariye wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyikirije ku mugaragaro Col Dan Gatsinzi inshingano z’Umugaba Wungirije w’Ingabo […]

Ubuyobozi bwa Uganda bwirukanye abanyamakuru 3 b’Abafaransa

Muri uku kwezi kwa Mutarama, abategetsi ba Uganda birukanye abanyamakuru batatu b’Abafaransa muri iki gihugu nyuma y’igenzura rikomeye cyane ku bijyanye n’amatora ya perezida aho Yoweri Museveni wari usanzweho yatsindiye manda ya karindwi yikurikiranya.   Abagizweho ingaruka n’iki cyemezo ni Bastien Renouil, umunyamakuru ukorera France 24 muri Afurika y’Iburasirazuba, wageze muri Uganda ku ya itariki […]

Rutshuru: Hadutse imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo ku birindiro bya AFC/M23

Imirwano ikomeye yubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, mu birometero bicye uvuye Kinyankuku, hagati y’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP n’abarwanyi ba AFC/M23, muri Gurupoma ya Bukombo, Teritwari ya Rutshuru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post aravuga ko imirwano yadutse nyuma y’igitero cya CMC ku barwanyi ba […]

Sudani y’Epfo: SSPDF yasabye abakozi ba Loni kuva ahantu ishaka gutera iburira abasivili bazahasangwa

Kuri iki Cyumweru, itariki 25 Mutarama, Igisirikare cya Sudani y’Epfo cyasabye ko abaturage, imiryango itabara imbabare, ndetse n’abakozi ba Loni kuva mu turere tugenzurwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Leta ya Jonglei mbere y’igitero gikomeye cya gisirikare. Mu magambo ye, Umuvugizi w’Igisirikare cya Sudani (SSPDF), Maj. Gen. Lul Ruai Koang yagize ati: “Imiryango itegamiye kuri leta […]

Uganda: Imbuga nkoranyambaga zakomorewe nyuma y’amatora

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko imbuga nkoranyambaga zongeye gukomorerwa nyuma yo guhagarikwa kubera amatora rusange yari arimo guhangana cyane mu ntangiriro za Mutarama. Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 26 Mutarama, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), General Muhoozi Kainerubaga, yatangaje ikurwaho ry’itegeko ryari ryarahagaritse imbuga nkoranyambaga, ashimira Abagande ku nkunga n’ubufatanye bwabo mu gihe […]

Mexico: Abantu bitwaje intwaro bateye ku kibuga cy’umupira bica 11

Itsinda ry’abagabo bitwaje intwaro ryarashe ku kibuga cy’umupira w’amaguru muri Leta ya Guanajuato yo muri Mexico rwagati, bahitana byibuze abantu 11 abandi 12 barakomereka. Umuyobozi w’Akarere ka Salamanca, Cesar Prieto, avuga ko mu baguye muri icyo gitero, harimo umugore n’umwana nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Yongeyeho ati: “Ibi byago biriyongera ku rugomo duhura […]

Haut-Katanga: Ishyamba si ryeru hagati ya sosiyete sivile na guverineri

Mu Ntara ya Haut-Katanga, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imiryango myinshi itegamiye kuri leta iramagana ubuyobozi bwa guverineri w’agateganyo, Martin Kazembe Shula, bashinja ko bwashyize imbere amacenga ya politiki kuruta ibyo intara ishyira imbere. Mu gihe mu ntara ibikorwa bisa nk’aho byahagaze, aho kubaka byahagaritswe, imishinga y’iterambere irahagarikwa, ndetse n’imirimo ifitiye igihugu akamaro, biravugwa […]

Jeannette Kagame yitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi 78 basoje amasomo y’ubuvuzi muri UGHE

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye muri Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange (UGHE) campus ya Butaro, mu Karere ka Burera, umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku  banyeshuri  30 basoje amasomo y’ubuvuzi b’aba ‘Doctors’ na 48 basoje ku rwego Master of Science in Global Health Delivery. Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Nsengiyumva, ni we […]

Igitero cya drones za FARDC kuri centre ya Minzenze cyahitanye abaturage benshi

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirashinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukomeza kwibasira abaturage b’abasivili no gukomeza kudaha agaciro ubuzima bw’ikiremwamuntu. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri iki Cyumweru, Umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka yongeye gutanga abagabo ku Muryango Mpuzamahanga. Ati: “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje ubudahwema gukurikiza politiki y’urugomo buhumyi rukorerwa abaturage b’abasivili, gusenya imitungo yabo mu […]

Minnesota: Abashinzwe abinjira n’abasohoka bishe undi muntu bamurashe

Abashinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barashe umuntu muri Minneapolis, abayobozi baho bagaragaje ko ari uwitwa Alex Pretti w’imyaka 37, umuturage wa Amerika. Abayobozi ba Leta ya Minnesota n’abayobozi ku rwego rw’igihugu barimo gutanga inkuru zivuguruzanya ku bihe byabanjirije iyicwa rya Pretti, ibi bikaba bibaye mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu undi muntu […]

Umusore uba muri Amerika afunzwe ashinjwa kwica mugenzi we

Uwitwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi we, nyuma yo kumugongera mu mujyi wa Kigali, aho bivugwa ko byatewe n’ubushyamirane bwo gupfa umukobwa. Amakuru y’ifungwa ry’uyu musore, yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry wavuze ko […]

Gisagara: Arashinjwa guha bagenzi be inzoga yahumanyije

Mu Isantere y’ubucuruzi ya Rebero mu kagari ka Gakoma umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, haravugwa umugabo witwa Iraguha Eric uherutse guha inzoga y’icyuma abagabo 4 yabanje gusukamo Supaguru, ibyo abahatuye n’abanyweye kuri iyi nzoga bavuga ko ari igikorwa kigayitse cyo gushaka  guhitana ubuzima bw’abantu. Bamwe mu banyoye iyi supaguru baganiriye n’umunyamakuru wa B Plus TV […]

Tshisekedi yagiye kubonana na Macron nyuma yo kuva i Davoos

Nyuma yo kuva i Davos mu Busuwisi, aho yari yitabiriye inama ya WEF (World Economic Forum), ku wa Gatatu, itariki ya 21 Mutarama, akagirira uruzinduko rugufi i Buruseli, FĂ©lix Tshisekedi yagombaga kuri yu wa Gatanu gusangira ifunguro rya saa sita na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, i Paris. Nk’uko amakuru agera kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, […]

Uganda: Winnie Byanyima aratabariza umugabo we

Winnie Byanyima, umugore w’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Kizza Besigye, aravuga ko umugabo we amerewe nabi cyane kubera uburwayi, aho yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters, ko afite ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, ububabare bwo mu gifu, umwuma ndetse no kudashobora kugenda. Besigye w’imyaka 69 y’amavuko amaze umwaka urenga afunzwe nyuma yo gufatirwa mu gihugu cy’abaturanyi cya […]

Brig. Gen. Gashugi wa SOF yagaragaye yerekwa ubwato bw’intambara i Doha

Intumwa za Minisiteri y’ingabo y’u Rwanda ziyobowe na Brig. General Stanislas Gashugi, Umuyobozi w’Ingabo Zidasanzwe za RDF (SOF), zitabiriye imurikagurisha n’inama ku bijyanye n’ubwirinzi bwo mu mazi (Doha International Maritime Defence Exhibition and Conference) muri Qatar. Imurikagurisha rya DIMDEX Qatar 2026 ryateguwe ku nkunga ya Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, Emir wa Qatar kandi ryakirwa […]

Umugaba Mukuru wa EASF yasuye minisiteri y’ingabo

Kuri uyu wa Kane, itariki 22 Mutarama 2026, intumwa z’Umuryango w’Ingabo zihora ziteguye gutabara mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF), ziyobowe na Brig Gen Getachew Ali, Umugaba Mukuru w’Ingabo za EASF, zasuye icyicaro gikuru cya Minisiteri y’Ingabo giherereye Kimihurura. Izo ntumwa zakiriwe na Brig Gen Godfrey Gasana, Umugaba wungirije w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu Kirere, […]

Amerika yavuye ku mugaragaro mu Ishami rya Loni ryita ku Buzima

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuye ku mugaragaro mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), nyuma y’umwaka umwe Perezida Donald Trump atangaje ko ahagaritse ibyo Amerika imaze imyaka 78 yariyemeje gukorera uru rwego. Umwaka ushize, Trump yari yabimenyesheje iki kigo cyita ku buzima cy’Umuryango w’Abibumbye ubwo yashyiraga umukono ku iteka ku munsi wa mbere […]

Ituri: Capt. Buba wa FARDC yakatiwe imyaka 20 y’igifungo azira kwifotorera ku rugamba

Urukiko rwa Gisirikare muri Ituri kuwa Gatatu rwakatiye Capt. Buba Ambwa Jean Denis, umuyobozi wa batayo w’agateganyo w’ingabo zirwanira mu mazi ku Kiyaga cya Albert, igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kutubahiriza amabwiriza ya gisirikare, yifotoreza n’ingabo yari ayoboye, hagati mu gikorwa cyo kurwanya inyeshyamba z’umutwe wa CRP wa Thomas Lubanga. Ku itariki […]

Ndayishimiye yagaragaye ari mu mwuka mu mwiherero w’amasengesho

Umwiherero w’amasengesho w’ishyaka riri ku butegetsi, mbere ya kongere izatorerwamo abayobozi bashya ku itariki ya 25 Mutarama, watangiye kuri uyu wa Kane, itariki ya 22 Mutarama, utangizwa n’amasengesho yabereye mu murwa mukuru wa politiki w’u Burundi, Gitega. Iyi minsi itatu yo gusabana no gusenga, yatangijwe na misa yabereye kuri kiliziya ya Saint François d’Assise ya […]

Uganda: Igipolisi cyemeje ko cyataye muri yombi Depite Kivumbi

Kuri uyu wa Kane, Igipolisi cya Uganda cyavuze ko cyafunze umudepite n’umuyobozi mukuru w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu kubera uruhare akekwaho kugira mu rugomo rushingiye ku matora rwahitanye nibura abantu barindwi. Uyu mudepite, Muwanga Kivumbi, ni visi perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rivuga ko riharanira ubumwe bw’igihugu (NUP) riyobowe n’umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, […]

Canada: Babiri begereye Tshisekedi bagiye kujyanwa mu nkiko

Umuryango utegamiye kuri leta, Urgence DRC, ku bufatanye n’imiryango makumyabiri iharanira uburenganzira bwa muntu n’imiryango icumi y’abahohotewe, watangaje ko ugiye kuregera abayobozi ba Canada, abaturage ba yo bakomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Lisette Kabanga na Jean-Claude Bukasa, kubera uruhare rwabo mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara risobanura ko aba […]

Ababiligi batunguwe no kwisanga inyuma y’u Rwanda mu kugira imihanda myiza

Ku rutonde rw’imihanda myiza ku Isi, u Bubiligi buri ku mwanya wa 60, inyuma y’ibihugu birimo Turkiya, u Rwanda, ndetse na Uzubekistan. Ni mu gihe abaturanyi b’u Bubiligi b’Abanyaburayi, bose bari mu myanya myiza. Imihanda y’u Bubiligi ni umuyoboro wa kilometero 207.029 km. Ni umuyoboro wa kabiri munini mu Burayi, inyuma y’u Buholandi, kandi by’umwihariko […]

Abasirikare 8 ba Nigeria biciwe mu gitero cya Boko Haram muri Borno

Abashinzwe umutekano muri Nigeria baravuga ko byibuze abasirikare umunani ba leta bishwe abandi 50 barakomereka ubwo intagondwa za kislamu za Boko Haram zagabaga igitero ku mutwe wa gisirikare muri Leta ya Borno. Biravugwa ko aba barwanyi bahageze kuri moto no mu modoka z’imitamenwa muri icyo gitero cyabaye ku wa Mbere. Amakuru akomeza avuga ko inyeshyamba […]

Abagera ku gihumbi bamaze guhunga Uvira kuva FARDC na Wazalendo bahagaruka

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), kugaruka kw’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, hamwe n’Ingabo za Congo (FARDC), mu Mujyi wa Uvira byatumye abantu babarirwa mu gihumbi bahunga. Amakuru atangazwa na RFI ndetse aherutse gushimangirwa na HRW, aravuga ko abahunga cyane cyane ari Abanyamulenge cyangwa Abatutsi bo muri Kongo. Abandi bahise batangira guhunga ni abantu […]

Imirimo yo kubaka inzu y’ababyeyi mu Bitaro bya Nyamata igeze kuri 80%

Kuri uyu wa Gatatu, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Yvan Butera, n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig. Gen. CĂ©lestin Kanyamahanga, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’U Rwanda Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA) na Visi Meya Yvette Imanishimwe basuye ahubakwa inzu y’ababyeyi mu Bitaro bya Nyamata bareba aho imirimo yo kuyubaka igeze. Iyi nzu y’ababyeyi (Materinity) iri […]

Ingabo z’u Burundi na zo zasubiye mu Mujyi wa Uvira

Imitwe myinshi y’Ingabo z’u Burundi na yo yinjiye mu Mujyi wa Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zinyuze ku mupaka wa Kavinvira, aho zisanze Ingabo za Congo (FARDC) n’inyeshyamba za Wazalendo bakorana, nyuma y’iminsi AFC/M23 ivuye muri yu mujyi. Amakuru aturuka muri sosiyete sivile yahoo, avuga ko izi Ngabo z’u Burundi, mu […]

HRW iravuga ko kuva muri Uvira kwa AFC/M23 byasize abaturage mu menyo y’Abawazalendo

Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu, HRW, uravuga ko kuva kwa AFC/M23 bitunguranye mu Mujyi wa Uvira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku itariki ya 17 Mutarama 2026, byasize abaturage mu kaga gakomeye biturutse ku mitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo. Ku gicamunsi cyo ku itariki ya 18 Mutarama, Ingabo za Repubulika ya Demokarasi […]

U Rwanda/Maroc: Hatangijwe komite igiye gushyira ubufatanye bwa gisirikare ku rundi rwego

Intumwa zaturutse muri Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda n’Igisirikare cy’u Rwanda ziyobowe na Brig. Gen. Patrick Karuretwa, umuyobozi mukuru ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga mu bya gisirikare, ziri i Rabat, mu Bwami bwa Maroc, kuva ku itariki ya 18 kugeza ku ya 22 Mutarama 2026, aho bitabiriye inama yo gutangiza Komite Ihuriweho y’Ubufatanye bwa Gisirikare (JMCC) hagati y’u […]

Ushinjwa kwica uwari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yakatiwe gufungwa burundu

Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwo mu Buyapani rwakatiye umugabo wari ukurikiranweho kurasa akica uwahoze ari minisitiri w’intebe, Shinzo Abe, igifungo cya burundu, nyuma y’imyaka irenga itatu ubwo bwicanyi bubaye.   Muri Nyakanga 2022, Tetsuya Yamagami w’imyaka 45 yari yemeye icyaha cyo kwica Abe akoresheje imbunda yakorewe mu rugo n’intoki mu Mujyi wa Nara wo […]

Undi muvandimwe wa Corneille Nangaa arafunzwe

Umuvandimwe wa Corneille Nangaa, Uyobora AFC/M23, witwa Didier, ni umwe mu bantu bashya bo mu muryango we bakurikiranwe n’ubutabera bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Umuryango wa Corneille Nangaa ku Cyumweru watangaje ko Didier Nangaa ufite ikigo General Mining Corporation (GMC) gicukura amabuye y’agaciro amaze icyumweru afungiye mu biro by’urwego rw’iperereza mu ntara ya Haut-UĂ©lĂ©. […]

Igitero cy’u Burusiya i Kyiv cyasize benshi mu icuraburindi

Umuyobozi w’akarere Klitschko Igitero cy’Ingabo z’u Burusiya cyasize inyubako 5,635 zose zo guturamo muri Kyiv nta buryo bwo kuzishyushya nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere, Klitschko, kuri telegram. Umuyobozi wa Kyiv yongeyeho ko serivisi z’akarere n’abashinzwe ingufu barimo gukora ibishoboka ngo bagarure ubushyuhe, amazi, n’amashanyarazi mu ngo z’umujyi. Isosiyete y’ingufu, DTEK, yavuze ko abaturage ba Kyiv barenga […]

Lubero: Inyeshyamba za Wazalendo zatwitse ibirindiro bya FARDC

Ibirindiro by’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) byatwitswe, muri iri joro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri i Misevere, umudugudu uherereye hafi ya Musienene, hafi y’ishuri ribanza rya Musienene, umurwa mukuru wa Sheferi ya Baswagha (Teritwari ya Lubero), mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko sosiyete sivile i Musienene ibivuga, inkongi […]

Masisi: Wazalendo yakubiswe iz’akabwana nyuma yo kugerageza kwinjira i Bukama

Mu ijoro ryo kuwa Mbere, rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Mutarama, mu gace ka Bukama, muri Gurupoma ya Bashali Mukoto, Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, habaye imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo, nyuma y’igitero cyagabwe ahitwa Pilote. Amakuru aturuka aha, aravuga ko inyeshyamba za Wazalendo zacengeye muri Bukama ziturutse ahitwa Nyitabiroha, bituma […]

Ingabo za RDF zatangiye akazi kazijyanye muri Jamaica

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye n’abahanga mu bwubatsi bo mu Ngabo za Jamaica (JDF), batangije ku mugaragaro ibikorwa byo kongera kubaka muri Montego Bay, muri Paruwasi ya St James. Ibikorwa byatangijwe no kongera kubaka amazu y’abaturage baho yangijwe n’inkubi ikabije y’umuyaga yiswe Melissa, biba intangiriro y’inkunga ifatika y’ubutabazi n’ubwubatsi ku […]

Togo: Lt. Col. Damiba wayoboye Burkina Faso yatawe muri yombi

Nk’uko amakuru aturuka hafi y’Igisirikare cya Togo abitangaza, ku wa Gatanu, itariki ya 16 Mutarama, nibwo Lt. Col. Damiba yakuwe muri villa ye mu gace ka “LomĂ© 2” ajyanwa mu rukiko rw’ubujurire. Aha, umucamanza yemeye gushyira mu bikorwa ubusabe bwari bwatanzwe na Burkina Faso bwo gufata Damiba. Icyemezo kikimara gutangwa, bimwe mu bintu bye bwite […]

RDC: Umunyapolitiki Seth Kikuni yahunze igihugu mu ibanga rikomeye

Nyuma yo kurambirwa gutotezwa bya hato na hato, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Seth Kikuni, yavuye mu gihugu mu gikorwa bivugwa ko cyateguranywe ubuhanga ndetse n’ubutwari. Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Mutarama, ritangira rigaruka ku nshuro yatawe muri yombi kuva muri Nzeri 2024, ubwo yafatwaga n’urwego […]

Walikale: Drone ya FARDC yateye ibirindiro bya AFC/M23 ku musozi wa Kasopo

Kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Mutarama 2026, ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 ku musozi wa Kasopo, hagati ya Gurupoma za Kisimba na Ikobo, muri Teritwari ya Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru, byagabweho ibitero by’indege na FARDC mu gitondo cya kare. Amakuru aturuka muri Rusamambu, nko mu birometero 4 uvuye aho igitero cyagabwe, drone y’Ingabo […]

Abaturage b’u Bushinwa bakomeje kugabanyuka mu mwaka wa 4 wikurikiranya – Raporo

Nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara n’ibiro by’igihugu bishinzwe ibarurishamibare, i Beijing, kuri uyu wa Mbere ibigaragaza, umubare w’abatuye u Bushinwa wagabanutse ku nshuro ya kane yikurikiranya mu 2025 nyuma yuko umubare w’abana bavuka muri iki gihugu ugabanutse kugera ku rwego rwo hasi kuva ibarura ryatangira mu myaka 80 ishize. Mu mwaka ushize, abana miliyoni 7.92 ni […]

Tshisekedi yasesekaye i Davos aho yitabiriye inama ya WEF

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yamaze kugera i Davos mu Busuwisi, aho ari umwe mu bayobozi biyitabiriye inama ngarukamwaka ya 56 y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), iteganijwe guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 19-23 Mutarama 2026. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ni “Umwuka w’ibiganiro.” Ibinyamakuru bya Congo bivuga ko kwitabira kw’Umukuru w’igihugu […]

Pakistan: Inkongi y’umuriro mu isoko yahitanye nibura 11

Mu mpera z’iki cyumweru gishize inkongi y’umuriro ikabije yadutse mu isoko rya kijyambere ryo mu mujyi munini wa Pakisitani, Karachi,  yibasiye inzu z’ubucuruzi, ihitana byibuze abantu 11. Kuri uyu wa Mbere, ubushakashatsi bwatangiye gushakisha abantu barenga 60 baburiwe irengero mu gihe abashinzwe gutabara bakuye imirambo myinshi mu nyubako mu ijoro ryakeye. Inkongi y’umuriro mu nyubako […]

Uvira: Nyuma yo kugenda kwa AFC/M23 Abatutsi batangiye kumeneshwa

Inzu z’Abatutsi mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, zagabweho ibitero n’abaturage, bayobowe n’abarwanyi ba Wazalendo basubiye muri uyu mujyi basahura buri kintu cyane cyane mu nzu z’Abatutsi. Muri iyo videwo ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga hagaragaramo abantu bari gusahura mu rugo rumwe, abandi bavuza induru bati: “Ntihagire ikintu na kimwe musiga muri […]