Abakozi ba Loni mu Burundi barashinjwa kubogamira ku ruhande rwâabarwanya Leta
Ibi ni ibyatangajwe na Gaston Sindimwo, icyegera cya kabiri cyâumukuru wâigihugu, aho yasabye ko abakozi ba Loni mu Burundi bikwiye ko bahindurwa, abashinja kubogama. Aganira na BBC, yatangaje ko ibi abivuze mu izina rye bwite ko atabivugiye Leta, ariko agasaba ko byashakirwa umuti. Avuga ko aba bakozi ba Loni bikwiye ko bahindurwa. Abashinja kuganira nâuruhande […]
Afurika yâEpfo : Abanyeshuri bagaragaje umushinga wâicyogajuru cya mbere muri Afurika cya gisiville
Icyogajuru cya mbere kizagaragara muri 2017, kiri gukorwa nâabakobwa 14 bo muri Afurika y’epho. Bagize igitekerezo cyo gukora icyogajuru kizajya gikurikirana amakuru agendanye nâibikorwa byâubuhinzi ku mugabane wa Afurika ibyo bizafasha abaturage bo muri Afurika guhangana nâimihindagurikire yâikirere nâibiza bya hato na hato. Igitekeezo nyirizina cyo gukora iki cyogajuru ( satellites) cyazanywe nâUmushinga wo muri […]
Ruhago: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku rutonde rwa FIFA
Ku rutonde ngarukakwezi rwâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru ku isi (FIFA), ikipe yâigihugu âAmavubiâ yazamutseho imyanya 7 rusubira ku mwanya wa 93. Muri Afurika rukaza ku mwanya wa 24. Urutonde rwashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Werurwe 2017. U Rwanda rwisubije uyu mwanya wa 93 ruvuye ku 100 . Mu kwezi gushize nibwo rwari […]
Brig Gen Semugeshi wahoze muri FDLR yagejejwe mu Rwanda
Ingabo zâumuryango wâAbibumbye agashami gashinzwe kugarura amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) zagejeje mu Rwanda uwahoze ari umurwanyi wâingabo za FDRL, Brig Gen Semugeshi CĂ´mes wari umaze igihe ashakwa nâ Ingabo za Congo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugabo yamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa kane ku bufatanye nâingabo za Monusco, akaba yahise anashyikirizwa […]
Nkunda cyane umugore wanjye ariko sinareka no gusambana nâabandi ku ruhande
Mfite imyaka 37 umugore wanjye akagira 34. Imyaka 8 irashize tubana, twabyaranye abana babiri, umwe afite imyaka 4 undi afite umwaka umwe nâigice. Mfite inzu nziza nâakazi, nubwo wenda kantesha umutwe ariko niko nkesha ibyo mfite byose. Si ndi umwizerwa imbere yâumugore wanjye ariko ndamukunda kuko ni byose kuri njye. Twagiranye gahunda nyinshi [undi mugore], […]
RDC:Abahutu bakomeje guhohoterwa banakurwa mu byabo
Umuyobozi wâIngabo zâUmuryango wâAbibumbye ziri mu butumwa bwâAmahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(MONUSCO),Gen. Bernard Commins yemeje ko imutwe yâinyashyamba yahaye itariki ntarengwa (ultimatum)abo mu bwoko bw âAbahutu ibasaba kuva mu byabo i Lubero. Ibi Gen.Bernard Commins akaba yarabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe,2017 mu nama yâUmuryamgo wâAbibumbye iba buri Cyumweru ubwo […]
Imbonerakure zitera ubwoba abarwanya Leta ya Nkurunziza zibasaba kujya mu Rwanda
Abaturage batuye mu Turere dutandukanye mu Ntara ya Rutana mu gihugu cyâu Burundi baravuga ko batewe ubwoba nâibikorwa bikorwa nâurubyiruko rwâIshyaka riri ku Butegetsi (Imbonerakure) aho ngo zinaririmba indirimo zitera ubwoba abatavuga rumwe nâubutegetsi aho babasaba ko byababera byiza bagiye mu Rwanda. Bamwe mu baturage baganiriye nâIkinyamakuru Iwacu bavuze ko Imbonerakure zibabuza gusinzira ndetse ko […]
Kayonza: Haracyavugwa amafaranga yâikiziriko ku ihene zâubudehe
Mu murenge wa Kabarondo akagari ka Gasharu, abahabwa ihene zâubudehe basabwa gutanga ibihumbi bibiri byâikiziriko. Mu mudugudu umwe wâaka kagari ka Gasharu, gahunda yâubudehe yemereye abaturage ihene 11, maze umukuru wâumudugudu ajya mu isoko kuzishaka. Azigejeje mu baturage buri wese akabanza gutanga 2000 byâikiziriko. Abaturage kandi bashinja uyu muyobozi Nshunguyinka Vianney, gutanga ihene uko abyumva, […]
Makerere : Umunyeshuri yagambaniye ababyeyi be kugirango abone amafaranga
Umunyeshuri wâumukobwa witwa Mouline Bamwine wiga muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda, aravugwaho amakuru yo kuvugana nâabantu batazwi akabasaba ko bamushimuta kugira ngo iwabo batange amafaranga yo kumushakisha nibamara kuyabona bayagabane. Uyu mukobwa wendaga kurangiza amasomo muri iyi kaminuza yaburiwe irengero kuwa mbere tariki ya 6 Werurwe 2017, aho ngo yari yavuganye nâabamushimuse amafaranga bagomba […]
Bugesera: Buri kwezi bishyuzwa amazi kandi bakoresha Cyohoha
Abatuye akagari ka Gihembe, Umurenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera bavuga ko bakishyuzwa amazi buri kwezi, kandi bayaheruka mu 2014. Aba ni abafashe ifatabuguzi ryâamazi ya WASAC ubwo yabegerezaga impombo, ariko bagaheruka amazi ubwo, bakitungirwa na Cyohoha. Baganira na TV One, aba baturage bavuga ko amazi bigeze kuyahabwa koko, abishoboye bagasaba amavomero mu ngo […]
USA: Perezida Donald Trump yongeye kwibasira Barack Obama
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika,Donald Trump yongeye kwibasira uwo yasimbuye, Barack Obama ku rubuga rwa Twitter amushinja kurekura imfungwa 122 zari zifungiye muri Gereza ya Guantanamo ubu bakaba ngo barasubiye kurwana. Trump ntavuga aho yakuye ayo makuru, nubwo izo mfungwa zivugwa muri raporo y’Ibiro by’iperereza igaragaza ko mu mfungwa 693 barekuwe muri gereza […]
RRA yihakanye banki zica abasoreshwa amafaranga yâumurengera bita aya serivisi
Ikigo gishinzwe imisoro nâamahoro mu Rwanda kivuga ko kitazi aho amabanki akomora amabwiriza yo guca amafaranga abasoreshwa bishyura ku makonti yacyo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Hashize amezi atari make, abasoreshwa binubira amafaranga bacibwa iyo bagiye gushyira umusoro ku makonti ya RRA. Aya mafaranga ari hagati ya 500 na 3000 bitewe na Banki umusoreshwa agana. Aya mafaranga akorerwa […]
Dr Joseph Nkusi wazanywe mu Rwanda avuye muri Norvege agiye gutangira kuburana
Dr. Joseph Nkusi, Umunyarwanda woherejwe avuye muri Norvege wakunze kunenga leta yâu Rwanda abinyujije kuri blog akaba ashinjwa kuba yaragiye avuga amagambo yo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Mbere wâicyumweru gitaha aragezwa imbere yâurukiko mu Mujyi wa Kigali atangire kwiregura ku byaha akurikiranweho byâingengabitekerezo ya jenoside, ironda, no gushishikariza abantu imyivumbagatanyo […]
Leta yâu Rwanda ishimwa ku mwihariko wayo wo kurwanya ihohoterwa rikorerwa impunzi
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) rifatanyije na Minisiteri yâimicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR), ubwo bashyiraga ahagaragara raporo ya 2016, igaragaza ibikorwa bikorerwa mu nkambi zâimpunzi, Leta yâu Rwanda yashimiwe uburyo yita ku mpunzi inarwanya ihohoterwa rizikorerwa. Umuhango wo kumurika iyi raporo ikubiye mu gitabo cyâamapaji 106, wabereye muri Kigali Convention Center, ku […]
Minijust ntabwo yemera ibyavuye mu bushakashatsi ku bunzi
Minisiteri yâUbutabera mu Rwanda ntiyemeranya nâubushakashatsi bwakozwe nâihuriro ryâabafasha mu byâamategeko, âLegal Aid Forumâ ku bijyanye nâuburyo abanyarwanda bafata inzego zâubutabera na serivisi zibaha aho bugaragaza ko 61.5% byâabanyarwanda batanyurwa nâuburyo Abunzi bakemura amakimbirane cyane cyane ngo bikaba bishingiye kuri ruswa ikunze kuvugwa muri uru rwego. Leta igiye gusuzuma ibyavuye muri ubu bushakashatsi kuko ngo […]
Crystal Bassette wabaye umusitari muri filimi zâubusambanyi arashaka kuba pasiteri
Umugore witwa Crystal Bassette ukomoka mu mujyi wa New York aratangaza uburyo yakinnye filimi zâurukozasoni (Pornographic films) nyuma akaza kubivamo akiyubakira urusengero kugeza ubu akaba ashaka no kuba umupasiteri. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugore wâimyaka 33 yâamavuko avuga ko yakoze uyu mwuga wo kwicuruza agamije gushakira imibereho umwana umwe wâumuhungu yari afite, Justin kuri ubu ufite […]
Afurika yâEpfo yamaze gusubirana ibaruwa yari yandikiye Loni isaba kwitandukanya na ICC
Igihugu cya Afurika yâEpfo cyamaze gusubirana ibaruwa yacyo cyari cyashyikirije Umuryango wâAbibumbye kivuga ko kigiye kwitandukanya nâUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) nubwo ngo intambara kuri iki kibazo ngo ikomeje. Ibi bikaba byabaye nyuma yâaho mu kwezi gushize Urukiko Rukuru rwa Afurika yâEpfo rwafashe icyemezo cyâuko iyi baruwa yoherejwe nâibiro bikuru byâumukuru wâigihugu itubahirije itegeko nshinga kandi […]
Perezida Nkurunziza yashyizeho umuvugizi we mushya
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Pierre Nkurunziza kuri uyu wa 8 Werurwe 2017, nibwo yashyizeho umuvugizi we mushya ndetse nâicyegera. Jean Claude KARERWA, wahagarariye Perezida Nkurunziza mu biganiro byabereye muri Tanzania niwe wagizwe umuvugizi mukuru we, Alain Diomede NZEYIMANA niwe uzajya yunganira Jean Claude. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi bibaye mu gihe Perezida Nkurunziza amaze imyaka ibiri […]