Rio Ferdinand wahagaritse guconga ruhago, yerekeje mu iteramakofi

Uwakanyujijeho muri ruhago, Rio Ferdinand, yatangaje ku mugaragaro ko nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru, akomereje mu mukino w’iteramakofi nk’uwabigize umwuga. Uyu mugabo w’imyaka 38, yahagaritse gukina umupira w’amaguru mu myaka 2 ishize, ni umwe mu bakinnyi babaye inkingi za mwamba mu ikipe ya Manchester United n’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza, yasezeye muri ruhago muri 2015 ubwo […]

Ni igihe kingana gute umugore yakoreraho imibonano mpuzabitsina nyuma yo kubyara?

Abantu benshi bajya bibaza rimwe bakabanza gutegereza ariko batazi igihe kiza umuntu agomba kumara, cyangwa abandi bo ntibanabyiteho bumva ko nta ngaruka igihe bumva ntaho bababara.Abaganga batangaza ko ubusanzwe umugore umaze kubyara ari byiza gutegereza ibyumweru bitandatu kugirango abone gukora imibonano mpuzabitsina. Niba umaze kubyara , gukora imibonano mpuzabitsina si cyo cya mbere ukwiye gukora.Kuko […]

Rwamagana: Abagore baboha uduseke bavuga uburyo Abayapani bashatse kubajyana iwabo bakanga

Abagore bakora umwuga w’ubukorikori bushingiye ku muco nyarwanda bibumbiye muri koperative ‘Agaseke k’urukundo’ bavuga ko bakora ubukorikori bushingiye ku muco kandi bakabukora ku buryo bugezweho ku buryo agaseke bakora kakunzwe n’abanyamahanga barimo Abayapani bashatse kubajyana mu buyapani gukorerayo ubukorikori bwo kuboha Agaseke ndetse no kwigisha Abayapani baranga. Abayapani ngo bagerarageje gusaba aba bagore kubigisha uko […]

Muhanga: Uwubatse mu buryo bw’akajagari wese azasenyerwa- Meya Uwamariya BĂ©atrice

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buvuga ko butazihanganira na gato umuntu uzubaka mu kajagari ko bibangamira ishyirwamubikorwa ry’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga. Mu nama yagiranye n’abaturage ku wa 19 Nzeri 2017, kuri sitade ya Muhanga, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Uwamariya BĂ©atrice nibwo yavugiye imbere y’imbaga y’abaturage b’aka karere ko uzubaka wese adafite ibyangombwa azaba ashaka kubaka […]

Zidane yasinye amasezerano yo gukomeza gutoza Real Madrid

Zinedine Zidane, Umufaransa utoza ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne yatangaje ko yongereye amasezerano yo gutoza iyi kipe. Iyi nkuru yatangajwe na nyiri ubwite nubwo Real Madrid yo ntacyo irabivugaho. Gusa ikizwi n’uko amasezerano ye yaganaga ku musozo kuko yari yasinye gutoza iyi kipe imyaka ibiri ubwo yayijyaga mo umwaka ushize nkuko […]

Kenya: Urukiko rw’ikirenga rwahishuye icyatumye amatora azasubirwamo

-Kumenyesha Kenyatta ko yatsinze nibyo byatumye amatora asubirwamo-Urukiko rw’ikirenga Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya rwikomye komisiyo ishinzwe gutegura amatora IEBC, ku ngingo yafashe yo kugira impfabusa amatora yarasubije ku butegetsi Uhuru Kenyatta muri manda ya kabiri. Abacamanza bavuze ko amatora yabaye tariki ya 8 Kanama 2017 “atakozwe ku mugaragaro kandi ko atashobora kugenzurwa”. Umuyobozi mukuru wungirije […]

Rusizi: Imvura ivanze n’umuyaga ukabije byangije inzu 267

Imvura ivanze n’umuyaga ukabije byangije inzu 267 z’abaturage,uruganda rutunganya imifuka,abasirikare 5 inkuba irabakubita babiri bahita bajyanwa kwa muganga. Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Rusizi avuga ko imvura nyinshi ivanze n’umuyaga mwinshi irimo n’inkuba nyinshi yangije ibintu byinshi birimo imyaka y’abaturage,inzu zigera kuri 267,uruganda rutunganya imifuka rwari rwuzuye mu murenge wa Mururu n’ibindi,abaturage bakaba basabwe […]

Charli na Nina bagiye kwerekeza muri Canada

Nyuma y’ibihe byiza bagiriye mu ruzinduko baherutsemo muri Uganda, abahanzi bagize itsinda “Charli na Nina” bagiye kwereka mu gihugu cya Canada mu bitaramo. Ubwo batugezagaho indirimbo yabo nshya bise “Zahabu”, Charli na Nina baboneyeho kudutangariza ko iyi ndirimbo ije mu gihe kiza kuko ngo bari bakeneye indirimbo nshya bazifashisha mu bitaramo by’inkurikirane bafite mu mpera […]

U Rwanda rwabaye rubi ariko kuri ubu rwerekana ibyiza umuntu yakora-Perezida Kagame

Mu bikorwa by’inama y’inteko rusange ya Loni ikomeje kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Perezida Kagame yagiye yitabira inama zitandukanye, agaragazamo uko u Rwanda ruhagaze muri iyi minsi kuri politiki mpuzamahanga zitandukanye n’ibindi. Ku munsi w’ejo hashize, ku wa Kabiri tariki ya 19 Nzeri 2017, yitabiriye Inama y’akanama gashinzwe iterambere ry’ubucuruzi n’ishoramari hagati y’Amerika […]

Rayon Sports yabonye umuterankunga mushya uzajya uyiha akayabo

Rayon Sports Fc yabonye umuterankunga mushya uzajya uyiha akayabo ka miliyoni 237 mu myaka ine n’uduhimbazamushyi dutandukanye. Ni nyuma y’amasezerano iyi sosiyete ya Fezabet ikora ibijyanye n’imikino y’amahirwe yagiranye na Rayon Spots ku wa Kabiri tariki ya 19 Nzeri 2017. Aya mafaranga azatangwa mu byiciro bikurikira nkuko bigaragara ku rubuga rwa Rayon Sports. Umwaka wa […]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ikiganiro mu kanama ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga(Council on foreign relations), abazwa uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru, abereka uburyo yayatsinze. Umukuru w’u Rwanda ari muri iki gihugu aho yitabiriye imirimo y’inteko rusange ya Loni iri kuba ku nshuro ya 72, aho i New […]

Kuki impunzi 39 z’Abarundi muri Congo zishwe n'abashinzwe umutekano?

Ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2017, nibwo impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Kamanyola muri Congo zarashwemo urufaya rw’amasasu n’inzego zishinzwe umutekano muri icyo gihugu, 39 muri zo zihasiga ubuzima. Urujijo ruracyari rwose mu makuru atangwa n’inzego zitandukanye, havugwa ko inzego z’umutekano zarashe izo mpunzi na zo zitabara, Leta ya Congo ikavuga ko […]