Dr Munyakazi Leopold yahanaguweho icyaha cya jenoside
Urugereko ruburanisha imanza mpuzamahanga rwa Nyanza rwakuyeho igifungo cya burundu cyari Cyarahamijwe Dr Leopold Munyakazi waregwaga ibyaha birimo jenoside, ariko ahamwa no kuyihakana. Urukiko rwa Nyanza rwasanze Munyakazi adahamwa n’ibyaha 3 muri 4 yari yarahamijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Muhanga. Uyu mugabo w’imyaka 67 yahanaguweho ibyaha byose birebana n’uruhare muri jenoside. Gusa, urukiko rwasanze Munyakazi ahamwa […]
Perezida Trump yifuje kongera guhura na Putin Abademokarate bamutera utwatsi
Mu gihe ukuri kutarajya ahabona ngo byemezwe neza niba koko u Burisiya bwarafashije Perezida Trump gutsinda amatora, kuri ubu yifuje kongera guhura na Vladimir Putin, Abademokarate barabyamagana. Perezida Trump na Putin babonaniye muri Finland muri iki cyumweru, Trump ngo akaba yashakaga ko bazongera guhura imbonankubone bakagirana ibiganiro mu mpera z’uyu mwaka. Nk’uko BBC ibitangaza, Senateri […]
Muhanga: Ubutabera bukurikiranye umugabo wishe mugenzi we basangiraga mu kabari
Ubutabera mu Karere ka Muhanga bukurikiranye umugabo ushinjwa icyaha cy’ubwicanyi yakoreye mugenzi we basangiraga mu kabari bakaza kurwana bikarangira amwishe. Kuwa 12 Nyakanga 2018 nibwo Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bwaregeye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga dosiye iregwamo uwitwa Ngabonziza Laurent utuye mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi. Ngabonziza ashinjwa kuba ku itariki […]
Umusomyi: Ese umukobwa watakaje ubusugi hari icyo yakora bukagaruka?
Mu gihe usanga abantu benshi bibaza ibibazo byinshi birebana n’ubuzima bwabo, cyane cyane uburebana n’ubw’imyororokere, usanga benshi badasobanukirwa. Umusomyi wa Bwiza.com, ikibazo yabajije nyuma y’indi nkuru yari amaze gusoma kuri iki kinyamakuru, yagize ati “Ese umukobwa yaratakaje ubusugi hari icyo yakora bukagaruka? Ese ubusugi ni iki? Twifashishije imbuga zitandukanye, ‘ijambo’ ubusugi’ ntirifite igisobanuro mpuzamahanga kuko […]
Burundi: Guverinoma iravuga ko igiye kurega u Rwanda gutandukanya imiryango
Guverinoma y’u Burundi iravuga ko u Rwanda rugomba gutanga ibisubizo ku byaha byo gutandukanya abana n’ababyeyi babo, n’abagore bagatandukanywa n’abagabo babo. Ibi bikaba ari ibyatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Philippe Nzobonariba avuga ku bibazo by’Abarundi baherutse kwirukanwa mu Rwanda bahabaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko barimo abari barashakanye n’Abanyarwanda. Ubuyobozi bw’Intara ya Kirundo mu majyaruguru y’u Burundi […]
Min. Busingye arasaba abahesha b’inkiko kwitandukanya n’abakomisiyoneri bagambanira imitungo y’abantu
“ Abiyita abakomisiyoneri ni udutsiko tw’abagambanyi bahemberwa kugambanira imitungo y’abantu kugira ngo iteshwe agaciro. Aba nabo mukwiye kwitandukanya nabo kuko umwuga wabo ntaho uhurira n’uwanyu mwarahiriye. ”, ubu ni bumwe mu butumwa minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye yageneye abahesha b’inkiko ubwo kuri uyu wa gatanu, itariki 20 Nyakanga yatangizaga ku mugaragaro Inama Rusange y’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko […]
Umusore w’imyaka 23 yambitse impeta umukunzi we w’imyaka 78
Umusore w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka mu gihugu cya Nigeria, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we w’imyaka 78 y’amavuko, iby’uru rukundo rwabo bikaba byavugishije abatagira ingano ku mbuga nkoranyambaga. N’ubwo amazina y’aba bombi atatangajwe, amakuru avuga ko uyu musore yari asanzwe afite abandi bagore, ariko ngo kubera agasuzuguro bamugaragarizaga, afata icyemezo cyo gushaka undi, akaba yahisemo uyu […]
Rusizi: Umugore yishe mugenzi we amutemye
Umugore witwa Nyiraminani Jaqueline w’imyaka 31 y’amavuko yishe mugenzi we witwaga Yozabela Nazaleta Dastani ukomoka muri Tanzania w’imyaka 57, amutemesheje umupanga. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kamurera umurenge wa Kamembe, ubu bwicanyi bwabereyemo, Kamanzi Callixte, yabwiye Bwiza.com ko bwabereye mu mudugudu wa Cyapa muri aka kagari mu gitondo cyo ku wa 19 Nyakanga 2018. Nyiraminani asanzwe […]
Ruth yakatiwe igihano cy'urupfu nyuma yo kwica umukunzi we -Amafoto
Umunyakenyakazi Ruth Kamande wari umaze imyaka 2 afunzwe yakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umukunzi we Mohammed Farid amucyebesheje icyuma muri 2016. Urukiko rukuru rwa Milimani rwamukatiye igihano cy’urupfu nyuma yuko umucamanza Jessie Lesiit Alhamisi, yemejeko Ruth yicishije umukunzi we Mohammed Farid icyuma nyuma yo kubigerageza inshuro 20 zose agambiriye kumukomeretsa no […]
Irebere amafoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga y’umusore ufite ubumuga bw’uruhu
Umusore ukiri muto ufite ubumuga bw’uruhu wo muri Afurika y’Epfo, akomeje kuvugisha abatari bacye ku mbuga nkoranyambaga kubera amafoto amugaragaza mu mpano zidasanzwe. Mu gihe usanga abantu benshi bafite ubu bumuga basa n’abari mu kato ndetse n’ubwigunge, uyu musore witwa Simba Gozo we avuga ko intego ye ari ukugera kure mu kumenyekana binyuze mu kumurika […]
Nyaruguru: Abasigajwe inyuma n’amateka bahangayikishijwe nuko umwuga w’ububumbyi uri mu marembera
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Nyaruguru bari batunzwe n’umwuga w’ububumbyi bahangayikishijwe nuko umwuga barazwe n’ababyeyi ukababatunga ubu uri mu marembera, kuko bimwe mu bikoresho bibumbye byifashishwaga mu ngo ubu bitakigezweho. Mukasekeru Triphine ni umubyeyi w’abana batanu ari mu kigero cy’imyaka 50 avuga ko umwuga w’ububumbyi mu bice by’icyaro uri marembera kuko […]
Green Party irasaba leta kuzaha abakandida depite uburenganzira bungana mu kwiyamamaza
Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda rirasaba leta kubahiriza amategeko abakandida mu matora y’abadepite bakazahabwa uburenganzira bungana bwo kwiyamamaza ntibizabagendekere nk’uko byagenze ubushize mu matora y’umukuru w’igihugu ahantu hatandukanye nka za Nyagatare aho ngo bagiye bitambikwa bakabuzwa kwiyamamaza. Ibi Umuyobozi w’iri shyaka, Dr Frank Habineza yabitangarije kuri uyu wa Kane, itariki 19 Nyakanga ku cyicaro […]
ACP Baroza wahunze akekwaho uruhare mu iyicwa rya Kaweesi yavuze byinshi byaranze umunsi yiciweho
ACP Jonathan Baroza, umaze iminsi yarabuze akaba umwe mu bantu bahoze bari hafi uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kaihura, kuri uyu wa Gatanu yahaye Chimpreports ikiganiro kirambuye atangamo ibisobanuro ku byaha akekwaho byo kugira uruhare mu rupfu rw’uwari umuvugizi w’igipolisi, AIGP Andrew Felix Kaweesi wishwe muri Werurwe 2017. Mu gitondo cyo kuri […]