Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Kaminuza Mpuzamahanga y'Ubuzima ya Butaro

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Mutarama 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuzima ya Butaro, UGHE (University of Global Health Equity), iherereye mu karere ka Burera, Intara y’Amajyaruguru. Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro iyi kaminuza, Perezida Kagame yashimiye abagize uruhare mu kuyubaka barimo Umuryango ‘Partners in Health […]

CNLG iramagana ubutumwa bw'ivangura n'amacakubiri bukomeje kugaragara kubera irushanwa rya Miss Rwanda 2019

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye abantu bakomeje kunyuza ubutumwa bw’amacakubiri n’ivangura ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’ubukomeje kugaragara bufite aho buhuriye n’irushanwa rya Miss Rwanda 2019 iyi komisiyo yemeza ko ari icyaha kandi gihanwa n’amategeko y’u Rwanda nk’uko bigaragara mu itangazo yashyize aharagara kuri uyu wa Gatanu, itariki 25 Mutarama. Iri tangazo riragira riti […]

Undi munyamahanga wakoreraga MTN yirukanwe ku butaka bwa Uganda

Igipolisi cya Uganda kuri uyu wa Kane cyatangaje iyirukanwa ry’undi munyamahanga wakoreraga MTN nyuma y’iyirukanwa ry’abandi babiri barimo Umunyarwanda birukanwe mu ntangiriro z’iki cyumweru bashinjwa guhungabanya umutekano w’iki gihugu. Uwirukanwe wari umuyobozi ushinzwe ibijyanye na Mobile Money, ni Umutaliyanikazi, Elsa Mussolini, bivugwa ko nawe yirukanwe kuwa Gatatu nk’uko Umuvugizi w’Igipolisi, Fred Enanga yabitangarije AFP. Yagize […]

Gasabo: Ubushinjacyaha bukurikiranye ukekwaho kujugunya uruhinja mu musarani

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye  Urukiko dosiye y’uwitwa Jeannette Uwera ukekwaho kubyara umwana akamujugunya mu musarani ari muzima. Uwera Jeannette yari umukozi wo mu rugo mu Kagari ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata, Akarere ka Gasabo ho mu  Mujyi wa Kigali.Yaje gutwita ariko abihisha  ba nyir’ urugo . Ku itariki ya 07 Mutarama 2019 […]

Kigali: Ikigo ‘BTC’ kigisha Camera n’iby’itangazamakuru cyatanze poromosiyo y’ibyumweru 3 by’ubuntu

Ikigo BTC (Belgine Training Center) gihugura kikanigisha itangazamakuru, kiratangaza ko ubu cyatanze Poromosiyo ku rubyiruko yo guhugurwa mu gihe cy’ibyumweru bitatu ntacyo rwishyura. Iki kigo gikorera i Nyamirambo, mu Mujyi wa Kigali, gihugura abakigana ibirebana no gukoresha Camera, mu gofotora no gufata amashusho ndetse kikanahugura abifuza kwinjira mu mwuga w’Itangazamakuru. Umuyobozi mukuru wa BTC, Bizimana […]

Zimbabwe: Hahishuwe ko kwa Mugabe hibwe hafi miliyoni y’Amadolari aho kuba 150,000$

Uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe yibwe mu rugo we hafi miliyoni y’amadolari ubwo abajura binjiraga mu rugo rwe ruherereye ahitwa Zvimba hagati y’ukuboza n’intangiriro z’uyu mwaka bitandukanye n’amakuru yari yatangajwe mbere. Amakuru ya mbere yavaga mu rukiko yavugaga ko mu rugo rwa Robert Mugabe hibwe 150,000 by’Amadolari ariko amakuru mashya yavuye mu rukiko […]

Kenya: Banki irashinjwa kugira uruhare mu gitero cy'iterabwoba cyahitanye 21

Umuyobozi w’Ishami rya Banki ya Diamond Trust  muri Kenya, Sophia Njoki Mbogo arashinjwa kugira uruhare mu ihererekanwa ry’amafaranga bikekwa ko yifashishijwe n’abagabye igitero cy’iterabwoba kigahitana abantu 21. Mbogo usanzwe ayobora ishami ry’iyi banki ryitwa Eastleigh ubwo yari mu rukiko kuwa Kane w’iki cyumweru yavuze ko mu gutanga amafaranga hatakoreshejwe uburyo bwa M-Pesa ko ahubwo ari […]

Nyina wa Radio yareze Weasel mu nzego z’iperereza

Nyina wa nyakwigendera Moses Ssekibogo uzwi nka Radio, Kasubo Jane yareze mu nzego z’iperereza (CID) umuhanzi Weasel ndetse n’abandi bagenzi be barindwi abashinja gucuruza ibihangano bya Radio mu buryo butemewe. Kasubo yavuze ko ibihangano by’umuhungu we byongera bigatunganywa,bikagurishwa bushya mu gihe umuryango we utabizi. Umuvugizi wa CID,  SP Henry Ssekatte  yavuze ko aba bahanzi bakwiye […]

Paris: Maingain, Gakunzi na France 3 batangiye kuburana ku birego bibashinja guharabika Nkurunziza

Umunyamategeko w’icyamamare w’Umubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi w’Umurundi, David Gakunzi, ndetse na Televiziyo France 3 kuri uyu wa Kane, itariki 24 Mutarama 2019 bagejejwe imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Paris kubera icyaha cyo gusebanya bakurikiranweho nyuma y’inkuru bakoze ku Burundi yatambutse kuwa 13 Mutarama 2016 kuri France 3, aho bagomba gusubiza ibirego bibashinja guharabika Perezida […]

Urwego rw’Umuvunyi ruremeza ko hakiri imbogamizi zishingiye ku itegeko rigenga ubutaka

Ubwo rwitabaga Komisiyo ya Sena ishinzwe politiki n’imiyoborere myiza, Urwego rw’Umuvunyi rwagaragaje ko hakiri imbogamizi zishingiye ku Itegeko rigenga ubutaka harimo ukunyuranya kw’ingingo z’amategeko gusa rwemeza ko ruzakomeza gusesengura imanza rwashyikirijwe zerekeye ubutaka hakurikijwe Amategeko. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Mutarama 2019, nibwo Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere myiza bahuye n’abayobozi b’Urwego […]

APR FC igiye gucakirana na AS Kigali idafite Kapiteni wayo n’umuzamu ubanza mu kibuga

Ubwo ikipe ya APR FC izaba icakirana na AS Kigali mu mukino ufungura irushanwa ngarukamwaka ry’igikombe cy’Intwari 2019, ntabwo izaba ifite kapiteni wayo, Mugiraneza Jean Baptiste n’umuzamu wayo ubanza mu kibuga, Kimenyi Yves. Umukino ufungura iri rushanwa uraba kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 26 Mutarama 2019,  APR FC na AS Kigali zikazakinira kuri sitade […]

Kampala: Abapolisi bakozanyijeho n’umusekirite umuntu umwe ahasiga ubuzima undi arakomereka

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 24 Mutarama, abapolisi bo kuri  Station nkuru ya polisi ya Kampala mu gihugu cya Uganda bakozanyijeho n’umusekirite ukorera ikigo cy’umutekano kigenga cyitwa SWAT Security Company hakoreshejwe imbunda, umuntu umwe ahasiga ubuzima, ndetse umunyeshuri umwe wiga muri kaminuza arahakomerekera. “ Guhererekanya amasasu byaje nyuma y’aho abapolisi bumvise amasasu […]

Igisubizo gikakaye cya Mourinho ku mukinnyi urusha undi ubuhanga hagati ya Crsitiano na Messi

Uwahoze ari umutoza wa Manchester United, Jose Mourinho yagize icyo avuga ku mukinnyi abonaho ubuhanga hagati ya Cristiano Ronaldo na Lionel Messi. Mu kiganiro n’ikinyamakuru ‘Soccer Laduma’ Mouriho ntiyashatse kwerura ngo agire uwo avuga ko arusha undi. Ati “ Messi ahanganye na Cristiano, ni impaka z’igihe kirekire. Ntekereza ko atari ibintu byiza kubagereranya.” Uyu Munyapolotigari […]

Huye: Abumvise amasasu menshi bafite amakenga ku mubare w’abagororwa barashwe

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira iryo ku wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, nibwo inkuru yamenyekanye ko muri gereza ya Huye abagororwa bagerageje gutoroka bararaswa, ibinyamakuru bimwe byagiye bitangaza ko ari batatu barashwe ibindi bikemeza batanu, abaturage bo bakaba bagaragaza amakenga y’iyi mibare mu gihe bavuga ko humvikanye amasasu menshi. Urwego rushinzwe […]

Misiri: Abagore bakorewe ikinini kizajya kibongerera ubushake bwo gutera akabariro

Igihugu cya Misiri cyemeje igurishwa rya Viagra y’abagore mu rwego rwo kugabanya gusenyuka kw’ingo gukomeje kuba hejuru muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryaho. Minisitiri w’ubuzima wa Misiri akaba yatanze uburenganzira bwo gukoresha iki kinini nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje impamvu nyamukuru yo gutandukana kw’abashakanye mu Misiri ahanini bitewe no kutishimirana hagati […]

Hamenyekanye icyateye Perezida Tshisekedi guhagarika ijambo ryo kurahira atarirangije

Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yari yateye benshi impungenge ubwo yahagarikiraga hagati indahiro ye, akaba asobanura ko byatewe n’umunaniro yari afite. Umuhango wo kurahira kwe nk’umukuru w’igihugu wabaye ku wa Kane tariki ya 24 Mutarama 2019, witabirwa n’imbara y’abantu i Kinshasa. Tshisekedi yafashwe n’uburwayi bw’akanya gato, avuga ko yari afite […]

Nyaruguru/ Kivu: Abana baracyigira hanze

Ubwo itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga amategeko ryasuraga umurenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru, ryatunguwe no kubona abana bigira hanze. Ku kigo cy’amashuri abanza cya Kimina (EAR) giherereye muri uyu murenge wa Kivu, abadepite basanze abana bagera kuri 90 bo mu mwaka wa mbere ubu bigira hanze kuva uyu mwaka watangira. Kubera kwitegura abashyitsi […]

Ku nshuro ya Mbere RDC ibonye Perezida utari Yozefu ntabe na Desiré

Mu mateka ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imaze kugira abaperezida batanu. Bane babanje bari bahuriye ku mazina amwe, iyo atabaga ari DesirĂ© yabaga ari Joseph.   Tshilombo Antoine Tshisekedi Felix, abaye uwa mbere udafite rimwe muei ayo mazina yombi.   Twibukiranye uko bakurikiranye:   JOSEPH Kasavubu yayoboye RDC kuva kuwa 01/07/1960 kugeza kuwa 24/11/1965 […]