USA: Pete Buttigieg arashaka kuba perezida wa mbere wemera ko ari umutinganyi

Umuyobozi w’umugi wa South Bend muri Indiana, Pete Buttigieg wiyemereye ko ari umutinganyi mu 2015, yatangiye kwiyamamariza umwanya wo kuba umukandida uzahagararira ishyaka ry’abademukarate mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020. Pete afite iturufu yo kuzana politiki ihabanye n’iyo umukuru w’igihugu, Donald afite yo avuga ko itakigezweho. Aramutse abaye perezida, ngo yagabanya intwaro mu baturage, […]

Kiliziya ya Notre Dame de Paris yahiye, Macron asubika gahunda ye

Kiliziya ya Notre Dame de Paris iherereye mu mugi wa Paris mu Bufaransa ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba w’uyu wa 15 Mata, ituma Perezida Emmanuel Macron asubika imbwirwaruhame ye. Inzego z’umutekano muri uyu mugi zivuga ko iyi nkongi yaje ari impanuka(nta muntu uri inyuma yayo) ahubwo ishobora kuba yatewe n’ibikorwa byo gusana iyi kiliziya. Iyi […]

Irobo rizwi nka Sophia rizitabira inama mpuzamahanga yita ku ikoranabuhanga i Kigali

Umunyamabanya w’ikigo gitegura inama mpuzamahanga yita ku ikoranabuhnaga muri Afrika,Transform Afurika, yatangaje ko banejejwe no gutangaza ko irobo rimeze nk’umuntu rizwi nka Sophia rizitabira inama iteganyijwe ku wa 14 kugeza ku wa 17 Gicurasi, i Kigali. Sophia ni Robot imeze nk’umuntu neza neza. Ifite ibice by’umubiri bimeze nk’iby’umuntu. Ifite umutwe, amaso abiri,amaboko abiri,amaguru abiri,umunwa n’ibindi […]

Afrika y’ Epfo: Abimukira bagabweho ibitero habura ubiryozwa

Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu, Human Right Watch, kuri uyu wa 15 Mata 2019, wasabye Leta y’Afurika y’Epfo kugeza imbere y’ubushinjacaha abagize uruhare mu bitero byagabwe ku bimukira mu byumweru bitatu byashize. Ibyo bitero bishingiye ku ivangura byasize abimukira bo muri Malawi basaga 300 bakuwe mu byabo, bihitana abimukira 6 abandi benshi barakomereka. Nk’uko […]

Ngoma: Basabwe gutanga amakuru y’ahari imibiri y’abishwe muri jenoside itarashyingurwa mu cyubahiro

Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki ya 14 Mata 2019 mu Karere ka Ngoma habaye umugoroba wo kwibuka Abatutsi 25.000 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Kibungo ruherereye mu Murenge wa Kibungo. Mu butumwa umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yagejeje ku baturage bitabiriye uwo mugoroba wo kwibuka yabasabye gutanga amakuru bakavuga ahari imibiri y’Abatutsi bishwe muri jenoside kugirango nayo […]

Umugore wari mu b’imbere mu myigaragambyo yahiritse Omar Bashir arahigwa bukware

Umugore wari mu b’imbere mu myigaragambyo yahiritse ubutegetsi bwa Omar El Bashir, Alaa Salah arashakiswa bikomeye n’abari bashyigikiye uyu muperezida. Mu gihe cy’imyigaragambyo karundura, Salah yagaragaye ari hejuru y’imodoka mu Mujyi wa Khartoum ari nako avuga ubutumwa bukubita ahababaza ubutegetsi bwa Bashir by’umwihariko ku ibura rya demukarasi n’imiyoborere myiza mu gihugu cye. Nyuma y’iyi myigaragambyo, […]

Amb. Eugene Gasana mu bukangurambaga bwa RNC kuva mu 2016

Ambasaderi Eugene Gasana, wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni mbere yo kwanga kugaruka mu gihugu asimbuwe kuri uyu mwanya mu 2016, ngo yaba yaratangiye gukorera RNC kuva icyo gihe aho agenda akora ingendo zitandukanye hirya no hino ku Isi mu bukangurambuga bwa RNC akoresheje ibyangombwa bya Uganda nyuma yo kubeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri […]

Kwibuka no kunamira abacu bazize Jenoside ni inshingano dufite twese nk'Abanyarwanda- Hon. Mukabalisa

Perezida w’Inteko Nshingamategeko, umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatile avuga ko kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari ugusubiza abambuwe agaciro kabo ubwo bicwaga, bityo ko ntawe ukwiye kubiharirwa ahubwo ko ari iby’Abanyarwanda bose. Yabitangarije i Nyamata mu Karere ka Bugesera, ahabereye umuhango wo Kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biciwe muri aka Karere. Akavuga ko n’ubwo hari […]

Nyamasheke: Abarokotse Jenoside bashimiye umupasiteri wabarokoye

Kwibuka abari  abashumba b’amaparuwasi, n’abandi bayoboke  b’itorero ADEPR ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke  bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi  byaranzwe no gushimira  by’umwihariko RĂ©v.pasiteri  Nzabagurira Fabien, umushumba wa paruwasi ya Buhinga warokoye abagera ku 10 barimo abo mu muryango w’umushumba wari umwungirije, bayoboranaga muri Paruwasi ya Korwe, mu murenge wa  Kanjongo w’ubum RĂ©v.pasiteri  Murekezi Thomas. Nk’uko […]

Burundi: Umuturage wari uvuye gusura umugore we mu bitaro yagizwe intere n’Imbonerakure

Umuturage witwa Gatera Ernest wo mu gace ka Kavugangoma, Komini Mwakiro, Intara ya Muyinga, arembye bikomeye nyuma yo gukubitwa akagirwa intere n’Imbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi. Gatera Ernest yakubiswe ku wa Gatanu tariki ya 12 Mata 2019,  ubwo yari avuye ku kigo nderabuzima cya Rugabano, gusura umugore we wari ku […]

Iburasirazuba: Abayobozi basabwe kwirinda kuvangura abo bayobora bakababonamo ubunyarwanda

Mu muhango wo kwibuka abari abakozi n’abayobozi ba perefegitura n’amasuperefegitura, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yasabye abayobozi n’abakozi kwirinda ivangura abo bayobora bakababonamo ubunyarwanda aho kubabonamo amoko . Guverineri Mufulukye Fred yabwiye abayobozi ko bakwiye gutandukana n’abayobozi ba mbere ya jenoside baranzwe n’amacakubiri bakica abo bakoranaga ndetse n’abaturage bari bashinzwe kuyobora. Yagize ati: “Hari generation yaranzwe n’ivangura iza […]

U Bufaransa bwafatiriye imitungo y’abantu bane begereye ubutegetsi mu Burundi

U Bufaransa bwatangaje ko bwafatiriye imitungo y’abayobozi bane b’u Burundi bushinja kubangamira demokarasi cyangwa uruhare mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi byakozwe mu 2015 nyuma y’aho Perezida Nkurunziza atangarije ko aziyamamariza iyi manda yenda gusoza nk’uko iteka ryagiye ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 14 Mata mu Igazeti ya Leta rivuga. Abantu imitungo yabo iri mu Bufaransa […]

Sudani: Abari bagize Guverinoma ya Omar Al-Bashir batawe muri yombi

Abari bagize guverinoma ya Perezida Omar Al-Bashir uherutse guhirikwa ku gitutu cy’abigaragambya muri Sudani, batawe muri yombi n’Akanama k’inzibacyuho ka gisirikare kayoboye igihugu Aka kanama kanasezeranyije ko nta uzongera gutatanya abigaragambya. Umuvugizi w’aka kanama yasabye abo ku ruhande rutavuga rumwe na Leta guhitamo Minisitiri w’intebe kandi ko bazubahiriza ibyifuzo byabo. Kuva mu kwa 12 umwaka […]

Karongi: Baragaya abiyitaga abakozi b'Imana bijanditse muri Jenoside

Ubuyobozi n’abakristo b’itorero ADEPR  mu karere ka  Karongi  bagaya byimazeyo abiyitaga abakozi b’Imana bijanditse muri Jenoside yakorewe abatutsi bakica abo basenganaga n’ababayoboraga muri uwo murimo. Babigaragaje mu muhango wo kwibuka abari abapasiteri, abadiyakoni n’abandi bakristo b’iri torero bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi, abamaze kumenyekana ubu bakaba ari 703, amazina yabo yanditse ku kimenyetso cy’amateka ya […]

Ubuhamya bwa Munyanshoza Dieudonné wajombywe icumu mu rubavu anajugunywa muri Nyabarongo

Munyanshoza DieudonnĂ© warokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, atanga ubuhamya bw’ibihe bigoye yanyuzemo muri jenoside, avuga ko yamugizeho ingaruka mu buryo butandukanye burimo kuba yarabuze bamwe bo mu muryango we, kutiga kandi yari afite ubwenge n’ibindi bikomere bitandukanye. Ni umugabo, arubatse, afite abana n’umugore, akaba atuye mu Kagari ka Rutonde, Umurenge wa Shyorongi, […]

Libya: Loni iratabariza abimukira n’impunzi bafunze mu gihe imirwano ikomeje gufata intera

Amashami y’Umuryango w’Abibumbye ashinzwe ubutabazi aratabariza ibihumbi by’impunzi n’abimukira bafungiwe mu magereza yo muri Libiya ari hafi y’ahabera imirwano, aho ubuzima bwabo busa n’uburi mu kaga. Mu gihe umutekano mu murwa mukuru Tripoli ukomeje kugenda wangirika kubera imirwano irimo kubera mu nkengero zawo isatira mu mujyi rwagati, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, riratangaza […]

Uyu munsi iyo umenya ibyaguhesha amahoro!

Musomyi wa Bwiza.com urahiriwe ku bw’iyi nkuru igusaba kumenya ibyaguhesha amahoro cyane cyane muri kino gihe wugarijwe n’ibibazo ukaba warabuze epfo na ruguru. Ibibazo urimo byaguteye intimba, agahinda n’amarira adakama bityo ukaba ufite kwiheba kurenze. Reka nkubwire n’ushake urire kuko muri kamere muntu ibyo bibaho, na Yesu ubwe mu mateka ye Bibliya itwereka ko nawe […]

Musanze: Inka z’abayobozi bakomeye ziragirwa mu birayi by’abaturage uvuze agakubitwa

Abaturage bo mu Murenge wa Cyuve barataka ihohoterwa bakorerwa n’abashumba biyita ab’abayobozi bakomeye baragira inka mu birayi byabo, bagira icyo bavuga bagakubitwa. Bamwe muri aba baturage babwiye RBA dukesha iyi nkuru bavuze ko aba bashumba bavuga ko ibyo bakora nta kibazo kirimo kuko ngo abo ba Afande bahemba abadaso icumi ku munsi naho ‘home guards’bagahemba […]

Namaze amasaha abiri nseka- Mushiki wa Diamond amaze kubona indirimbo ya se

Mushiki w’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, Queen Darleen avuga ko yamaze amasaha abiri arimo guseka nyuma yo kubona indirimbo se, Mzee Juma, yaririmbyemo. Juma yakoranye indirimbo n’abahanzi bo muri Tanzania, Sungura Madini na  Blod Gaza, bise “Umenikamata”, Darleen avuga ko iteye ibitwenge. Queen Darleen avuga ko amaze kuyibona, yasetse cyane kugera ubwo umutwe umurya, […]

Kunanirwa kwihangana ni ko gutsindwa intambara- Gandhi

Nk’uko twabibizeje gukomeza tubagezaho amagambo atagira uko asa yavuze n’impirimbanyi y’amahoro wagejeje u Buhundi ku ubwigenge bigobotora ingoma y’ubukoloni y’Abongereza , intambara Gandhi yarwanye ntiyigeze irangwamo ibikorwa by’urugomo nko kumena amaraso ahubwo yahamagariraga abene gihugu kutumvira no kutubaha ubutegetsi bw’ubukoloni. Ubu buryo bwatumye bagera ku ntsinzi kandi ibihugu bitari bike ku isi byigana ubu buryo […]

Umusirikare wa FARDC ushinjwa kwica umunyeshuri yakatiwe igihano cy’urupfu

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yakatiwe igihano cy’urupfu n’urukiko rwa gisirikare, ashinjwa kwica umunyeshuri wigaga muri Kaminuza. Uyu musirikare yakatiwe n’urukiko ku wa Gatanu tariki ya 12 Mata 2019, n’urukiko rwa gisirikare rwa Butembo muri Teritwari ya Beni, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umunyeshuri wo muri kaminuza ya Butembo, mu Ntara […]