Uburusiya: 41 baguye mu mpanuka y'indege

Mu mugoroba wuyu wa 5 Mata, ni bwo indege yahiriye ku kibuga cyindege cya Sheremetyevo mu Burusiya, kugeza ubu bikaba bimaze kumenyekana ko yatwaye ubuzima bwabantu 41. Ni impanuka yakozwe nindege yo mu bwoko bwa Sukhoi Superjet-100, yakorewe muri iki gihugu. Iyi ndege yari itwaye abantu 78 muri rusange; harimo abagenzi 73 nabakozi 5. Umuvugizi […]

60 ku ijana by’Abanyayuganda bemeza ko igihugu cyabo kigana ahabi

Abaturage batandatu ku icumi bo muri Uganda bemeza ko igihugu cyabo kiri kwerekeza ahabi nk’uko ubushakashatsi bwabyerekanye. Ikusanyabitekerezo ryakozwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa ‘Research World International (RWI), Abanyayuganda bagaragaje ko ari ko babona ahazaza h’iki gihugu kiyobowe na Museveni Kaguta Yoweri mu myaka 33 ishize. RWI ivuga ko yakoze ubu bushakashatsi igendeye ku mibare […]

Mohamed Salah ntazakina umukino uzahuza Liverpool na FC Barcelone

Rutahizamu w’ikipe ya Liverpool, Mohamed Saleh ntabwo azagaragara mu mukino wa ½ wa shampiyona y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (Champions League) ku mugabane w’u Burayi, bitewe n’imvune yagize. Ni umukino uzaba ku wa Kabiri tariki ya 7 Gicurasi 2019, saa tatu z’ijoro (21:00), uyu mukinnyi ukomoka muri Misiri akaba yaravunikiye mu mukino wo ku wa […]

Amakimbirane muri UDEPR : Uwari Umuvugizi waryo yarirukanywe

Rev. Kavamahanga Alphonse wavugwaga mu gushinga itorero UDEPR, biravugwa ko yirukanwemo agahitamo gushaka kugurisha ibyuma bigabyutsa amakimbirane yari asanzwe yarakuruwe nuko yabeshye ko yavuye muri ADEPR ari Pasiteri ndetse afite n’umugore, byavumburwa ko yabeshye agahita yerekwa umuryango. Kavamahanga Alphonse wabanje gushinga umuryango witwa Filadelphia International Ministries (FIM) utari wemewe gukorera mu itorero ADEPR, bimuviramo gutengwa […]

Ibihugu byo mu karere bikomeje kongera ingengo y’imari igenda ku gisirikare

Ibihugu byo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bikomeje kuzamura ingengo y’imari igenda ku gisirikare, aho bivugwa ko ingengo y’imari yabyo yageze kuri miliyari 2,9 z’amadolari ivuye kuri miliyoni 200$ mu rwego rwo gushyira ku rwego rugezweho ibikoresho. Nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara n’Ikigo mpuzamahanga cya Stockholm cy’Ubushakashatsi ku Mahoro (Sipri) ibigaragaza, ngo igihugu cya […]

RDC: Batatu bakomeretse abandi baburirwa irengero mu mirwano yahuje FARDC na ADF

Abantu batatu bakomeretse abandi benshi baburirwa irengero kuri iki Cyumweru, mu mirwano yahuje ingabo za Congo, FARDC, n’inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF mu giturage cya Batonga cyo muri groupement ya Banande-kainama muri Kivu y’Amajyaruguru no muri Sheferi ya Banyali-Tchabi muri Ituri. Nk’uko bitangazwa na Sosiyete sivile yo muri iyi groupement ya Banande-Kainama, ngo igiturage […]

Iyo uri umugisha umugisha urakwizanira kandi ukiranukira Imana abikiwe ubutunzi

Iri ni Ijambo ry’Imana mugezwaho n’Umukozi w’Imana, Rev./Ev. Eustache Nibintije, Umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “Nibintije Evangelical Ministries” yigisha ijambo ry’Imana nkuko Imana yamuhaye uyu muhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro. Mu igitabo cy’ Imigani igice cya cumi […]

Mukuru wanjye yitabye Imana none umugabo we aransaba kumubera umugore ngo musimbure- NKORE IKI?

Ndagisha inama nyuma yo guhura n’ikigeragezo gikomeye cyambayeho nyuma y’aho mukuru wanjye yitabye Imana yari afite abana bato, none umugabo we akaba ansaba ko twabana. Mu mwaka wa 2013 nibwo mukuru wanjye yashakanye n’umugabo we, bari bamaze kubyarana abana babiri, umukuru afite imyaka itanu, umuto ni ibiri. Hashize igihe kitarenze amezi atandatu yitabye Imana. Mu […]

Uko Museveni yigaruriye Kayumba na Bizimungu muri gahunda ye ku Rwanda

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ngo yifuje gukomeza kugenzura u Rwanda kuva kera abinyujije muri Kayumba Nyamwasa na Pasiteri Bizimungu, wabaye Perezida w’u Rwanda nyuma y’intambara na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akaza kuva ku butegetsi mu 2000 yeguye ku mirimo ye nk’uko inkuru dukesha The New Times ivuga. Iyi nkuru itangira ivuga ko umwanya […]

Diamond yahishuye ko uwamurindaga yaryamanye n’umugore wa Harmonize

Umuhanzi Diamond Platnumz aherutse gushyira ku karubanda ko uwahoze ari umurinzi we, Mwarabu Fighter yaryamanye n’umukunzi wa mugenzi we, Harmonize ari we Sarah Michelloti. Ikinyamakuru Ghafla kivuga ko Diamond yashyize ku karubanda aya makuru mu ndirimbo yafatanyije na Fally Ipupa yitwa ‘Inama’. Diamond avuga ko umurinzi we, Mwarabu yirukanwe nyuma yo kuryamana n’umugore wa Harmonize. […]

Amerika iremeza ko iminsi ya Perezida Maduro ku butegetsi muri Venezuela ibaze

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pompeo, kuri iki Cyumweru yatangaje ko Perezida Nicholas Maduro wa Venezuela nta gihe kinini asigaje ku butegetsi nubwo Juan Guaido umurwanya akomeje kugerageza kumukura ku butegetsi ntihagire icyo bitanga. Mu kiganiro na Televiziyo ABC News yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, […]

Tanzania: Mdude Nyangali utavuga rumwe na Leta ya Magufuli yashimuswe n'abatazwi

Polisi yo mu gace ka Songwe mu magepfo ya Tanzaniya yatangaje ko itazi amakuru yo gufatwa kwa Mdude Nyangali, umurwanashyaka w’ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi bivugwa ko yashimuswe n’abantu bataramenyekana. Bwana Nyangali azwi cyane kuko akunze kunenga ku mugaragaro bimwe mu byemezo bya politiki bya Perezida John Pombe Magufuli n’ishyaka rye Chama Cha Mapinduzi(CCM). Ku […]

Perezida Kagame ategerejwe mu Ntara z’Amajyaruguru n’Uburengerazuba

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, guhera kuri uyu wa Kabiri aragenderera uturere dutandatu two mu ntara z’Amajyaruguru n’Uburengerazuba. Biteganyijwe ko azatangirira uruzinduko rwe mu Karere ka Burera na Musanze akazasoreza ku munsi wa kabiri I Nyamasheke na Karongi ariko yabanje guca i Rubavu na Rutsiro. Muri uyu mwaka mu kwezi kwa Gashyantare nibwo Perezida wa […]

Nari gusoma Nick Canon iyo aza kumpa amahirwe- Miss Anita Fabiola

Miss Anita Fabiola wo muri Uganda, avuga ko iyo aza guhabwa amahirwe n’icyamamare Nick Canon cyo muri Leta Zunze Ubumwe, yari kugisoma. Nick Canon yagaragaye mu gihugu cya Uganda mu cyumweru gishize aho yagiye abonana n’ibyamamare bitandukanye byaho birimo na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu w’imfura wa Perezida Museveni. Miss Fabiola wamaranye n’iki cyamamare igihe […]

Burundi: Umuyobozi muri CNDD- FDD arashinjwa gufata umugore ku ngufu

Umuyobozi mu ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Mu Ntara ya Gitega, Komini Bugendana arashinjwa  gufata abagore n’abakobwa ku ngufu. Ihuriro ry’abagore rikaba risaba ko yava ku buyobozi agakurikiranwa. Ntahonsigaye Deo asanzwe ari umuyobozi wa Zone ariko akaba ari n’umuyobozi ukomeye muri CNDD- FDD, ngo akaba yarafashe ku ngufu umukobwa muri zone ayobora, […]

Capt.Herman Nsengimana ni we wasimbuye Sankara ku buvugizi bwa FLN

Nyuma y’aho Leta y’u Rwanda itangarije ko ifite Nsabimana Callixte uzwi ku izina rya Sankara, wari umuvugizi w’inyeshyamba za MRCD/FLN, kuri ubu zatangaje ko yasimbuwe n’uwitwa Capt. Nsengimana Herman. Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye, bivuga ko itangazo izi nyeshyamba zasohoye ku wa 5 Gicurasi 2019, rigaragaza ko uyu Herman yahise atangira akazi ke k’ubuvugizi, ngo zizeye […]