Rwanda: Abanduye Covid-19 bashya ni 22, nta wakize

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abarwayi bashya ba Coronavirus 22, mu bipimo 1046 byafashwe. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange ni 176. Abamaze gukira muri rusange ni 87. Abakirwaye ni 89.
Perezida Kagame yitabiriye inama igamije kwihutisha ikorwa ry’inkingo n’imiti bya Covid-19
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu yifatanyije n’abakuru b’ibihugu bitandukanye ndetse n’abayobozi b’imiryango yita Ku buzima itandukanye, mu nama yari igamije kwigira hamwe uko ibihugu byafatanya mu kwihutisha gukora inkingo n’imiti bya covid-19 no kureba uko bizagerwaho ku Isi yose. Iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, yari iyobowe na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel […]
Amerika yahaye u Rwanda indi nkunga irenga miliyari 4 RWF yo guhangana na COVID-19
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Peter Vrooman kuri uyu wa 24 Mata 2020 yatangaje ko iki gihugu cyongeye guha u Rwanda indi kunga irenga miliyari 4 z’Amafaranga y’u Rwanda. Miliyari eshatu zaturutse mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, CDC (Center for Disease Control) zagenewe Ikigo cy’u Rwanda cy’Ubuzima, RBC (Rwanda Biomedical Center). Azafasha mu kongerera […]
Abandura Coronavirus mu bihugu bya EAC bakomeje kwiyongera
Amakuru aturuka muri Minisiteri z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba,kuri uyu wa 24 Mata 2020 aragaragaza ko hari ubwiyongere ku bwandu bwa virusi ya covid-19. Ubusanzwe Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ugizwe ni bihugu bitandatu ari byo;Rwanda,Uganda,Kenya,Tanzania,Burundi na Sudani y’Epfo. Kenya nka kimwe mu bigize uyu muryango kiza ku isonga n’abamaze kwandura Coronavirus basaga 336, muri aba […]
Musanze: Uwambuwe inka n’iyayo ku bwo ‘gusuzugura’ mudugudu yayisubijwe
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, Muremangingo Jerôme atangaza ko umuryango wa Iyamumpaye Emmanuel n’umugore we, Uwamariya Jacqueline batuye mu Mudugudu wa Kamicaca mu Kagari ka Kamwumba Umurenge wa Nyange, bamaze gusubizwa inka wahawe muri Girinka, bari bambuwe bivugwa ko basuzuguye mudugudu. Bwiza.com kuwa 22 Mata yabagejejeho inkuru igira iti “Musanze: Bambuwe […]
Ne Muanda wibasiye Tshisekedi, umufasha we na Joseph Kabila yatawe muri yombi
Mu masaa sita y’uyu wa 24 Mata 2020, Polisi ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yataye muri yombi Zachari Badiengila ( Ne Muanda Nsemi ) ukunzwe kwibasira Perezida Tshisekedi, umufasha we Denise Nyakeru na Joseph Kabila wabaye Umukuru w’Igihugu, nyuma y’urugamba rwatwaye isaha abayoboke bamaze bamurwanirira. Ne Muanda wigeze kuba umudepite yafunzwe akurikiranweho icyaha cyo […]
24/4.1994: Abatutsi benshi biciwe ku musozi wiswe Kaluvariyo
Tariki ya 24 mata 1994 ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi bwarakomeje hirya no hino mu gihugu, hicwa Abatutsi benshi. Abasirikari bagize uruhare rukomeye mu kwihutisha Jenoside mu majyepfo, ku isonga hari abasirikari abarindaga uwahoze ari perezida, Habyarimana Juvenal, bafatanije n’abandi basirikari ndetse n’abajandarume. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi barenza ibihumbi ijana na mirongo itanu […]
Rusizi: Abakozi barasaba kudakomeza gukurwaho imisanzu ihabwa ikipe ya Espoir FC
Nyuma y’aho bumviye itangazo rya perezida w’ikipe ya Espoir FC rivuga ibyo gusesa amasezerano by’igihe gito n’abakinnyi bayo muri ibi bihe shampiyona y’igihugu y’umupira w’amaguru yabaye ihagaze kubera ingamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ngo akazasubukurwa imikino yongeye gutangira, abenshi mu bakozi b’utugari, imirenge n’Akarere bumvikanye basaba ko niba abakinnyi badahembwa na bo batakomeza kubakuraho […]
Umugabo yacyuye indaya agiye gutera akabariro asanga ari umugabo nka we.
Umugabo wo mu gace kitwa Kubwa mu gihugu cya Nigeria, yahuye n’uruva gusenya nyuma yo gutahana indaya iwe mu rugo yayihageza agasanga ni umugabo mugenzi we. Ngo bariya bombi bahurira muri kariya gace k’i Abuja, uwacyuwe nk’indaya yari yambaye imyambaro y’abagore. Urubuga News PHX Feeds rwavuze ko nyamugabo akibona ko uwo yari acyuye ari umugabo […]
Ange Kagame yishimiye ibaruwa umwana w’imyaka 9 yandikiye se, Perezida Kagame

Umukobwa wa Perezida Kagame, Ingabire Ange Kagame yishimiye ibaruwa umwana w’imyaka icyenda y’amavuko witwa Aquilah yandikiye uyu Mukuru w’Igihugu cy’u Rwanda amushimira byinshi yakoze ku butegetsi bwe ndetse agaragaza ko afite icyizere cy’uko icyorezo cya Covid-19 kitazahungabanya iki gihugu kubera we. Ni ibaruwa yanditswe mu rurimi rw’Icyongereza yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Isimbi kuri uyu wa […]
Eto’o wa Rayon Sports na Mbogo wa Kiyovu berekanwe mu basaga 40 bishe amabwiriza ya Guma mu Rugo
Myugariro Habimana Hussein Rayon Sports bita Eto’o na mugenzi we Mboga Ally ukinira Kiyovu Sports berekanwe na Polisi y’Igihugu kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Mata 2020 mu bantu basaga 40 baheruka kwica amabwiriza ya guma mu rugo. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bakinnyi yamenyekanye ku munsi w’ejo, nyuma y’uko Polisi y’igihugu ibasanze banywa […]
WHO irashinja Leta ya Tanzania guha urwaho Coronavirus
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) rirashinja Leta ya Tanzania kurebera no korohereza icyorezo cya Coronavirus bifatwa nk’intandaro ku kwiyongera k’ubwandu kwagaragaye muri iki gihugu. Umuyobozi w’iri shami muri Afurika, Matshidiso Moeti, yavuze ko muri Afurika y’Iburasirazuba hagaragaye kwiyongera k’ubwandu bwa covid-19 mu minsi mike ishize. Yagize ati” Byagiye bigaragara ko bimwe mu bihugu […]
Dr Kizza Besigye yasabye Uganda gukumira abashoferi b’amakamyo yo mu karere ku butaka bwayo
Col Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yabwiye Leta y’iki gihugu ko bishobora kuzayitwara imbaraga nyinshi mu gihe yaba idakumiriye hakiri kare abashoferi batwara amakamyo yo mu karere kwinjira ku butaka bwa Uganda. Besigye yavuze ibi, mu gihe abashoferi b’akamyo atwara ibicuruzwa banduye icyorezo cya Virusi ya Corona bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi […]
Rubavu: Gitifu w’akagari yatawe muri yombi akekwaho kwakira ruswa ya Frw 10,000
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rutangaza ko rwataye muri yombi Umunyambaganga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, Sentwari David akekwaho kwakira ruswa y’amafaranga ibihumbi icumi. Itabwa muri yombi rya Gitifu Sentwari rayabaye ku mugoroba wo kuwa 23 Mata, akaba akurikiranweho icyaha cyo gusaba no kwakira indonke ayihawe n’umuturage wubakaga urupangu rw’inzu […]
YouTube: Videwo 10 zakunzwe cyane zimaze kurebwa inshuro zirenga miliyari 42

Tariki ya 23 Mata 2005, Jawed yashyize kuri YouTube videwo y’amasegonda 19 yitwa Me at the Zoo (Njyewe ku rwororero rw’inyamaswa). Iyi videwo ni yo ya mbere yashyizwe kuri uru rubuga kuva rwafungurwa tariki ya 14 Gashyantare 2005, ikaba imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 90 gusa ariko si yo yarebwe cyane. Videwo 10 zarebwe cyane […]
Covid-19: Mushikiwabo yavuze ko Afurika idakeneye kwitabwaho kurusha u Burayi n’Amerika
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa uzwi nka La Francophonie, Louise Mushikiwabo kuri uyu wa 23 Mata 2020 yavuze ko muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi, Afurika idakeneye kwitabwaho mu buryo bwihariye kurusha u Burayi n’Amerika. Ni mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru bibiri byo mu Bufaransa; Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na France 24, […]